RFL
Kigali

Ibimenyetso bikwereka ko urwaye kanseri y’udusabo tw’intanga

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:2/06/2018 18:56
6


Kanseri y’udusabo tw’indanga ni indwara idakunze kuvugwa n’abagabo cyangwa abasore bayirwaye kuko bisa n’ibiteye isoni kubivuga ariko nanone ni ibintu bisanzwe bibaho ari nayo mpamvu twahisemo kuvuga bimwe mu bimenyetso bizakwereka ko uyirwaye.



Mu gihugu cy’u Bufaransa iyi kanseri ifatwa n’abantu bagera ku 2000 buri mwaka, bivuze ko ari yo ikunze kugirwa cyane n’abantu b’igitsina gabo kandi ikabazengereza ku buryo bukomeye.

Ahanini usanga bamwe mu baganga bo muri iki gihugu bashishikariza abantu b’igitsinagabo kuva ku myaka 15 kugera kuri 40 kujya bakoresha ibizamini nibura buri mwaka kugira ngo barebe uko ubuzima bwabo buhagaze cyane cyane abantu bafite bamwe mu miryango bagiye barware kanseri.

Kanseri y’udusabo tw’intanga rero yigaragaza mu buryo butandukanye ari nabwo tugiye kuvugaho:

-Kubyimba cyangwa kumva akantu kabyimbye kameze nk’akabuye kadasanzwe muri kamwe mu dusabo tw’intanga ndetse rimwe na rimwe ukumva ubabara muri icyo gice.

-Kumva uremerewe cyane muri ibyo bice ukumva urababara mu nda yo hasi.

-Kuribwa amabere kandi uri umugabo cyangwa se kubyimba igituza ndetse ukababara cyane

-Ku bashatse nta bushake na buke uba ugifite bwo gukora imibonano mpuzabitsina

-Ibi tuvuze haruguru rero ni ibimenyetso mpuruza by’uko waba urwaye kanseri y’udusabo tw’intanga

Aha rero tugiye kurebera hamwe ibimenyetso noneho bigaragaza ko urembye cyane

Iyo kanseri yamaze gukwirakwira rero umuntu abibwirwa no kugira amasazi mu bindi bice by’umubiri. Kubabara cyane mu mugongo wo hasi ndetse no kugira uburibwe bukabije munda buherekejwe n’amasazi;

Gucika intege umubiri wose ugahinda umuriro, kubira ibyuya byinshi ndetse no kugira umunabi. Gukorora rimwe na rimwe ukazana amaraso iyo kanseri yageze mu bihaha. Kuribwa umutwe no gucanganyukirwa n’ibindi.

Mu gihe ubonye bimwe muri ibi bimenyetso rero, ni byiza kwihutira kujya kwa muganga kugira ngo ukorerwe isuzumwa harebwe icyaba gitera ibyo bimenyetso twavuze haruguru cyane ko ushobora no gusanga atari kanseri y’udusabo tw’intanga urwaye kuko ahanini ibimenyetso biba bijya gusa.

Ikindi wazirikana kandi nuko ukwiye kwirinda kuruta kwivuza kuko uko utinda kugaragaza ko ufite ikibazo ni nako indwara ikura.

Src: passeportsant.net






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Gwiza Aime Patrick2 years ago
    Mfite icyo kibazo nazanye akantu kakabuye mumabya mwangira inama y'icyo nakora
  • John2 years ago
    Najye nfite ikibazo cyutubyimba kumabya rumwe narimwe turajya kadushima tukabyara ibibyimba bimini bikongera bikagenda bwacya nubundi bikagaruka kuburyo niyo ndi jyenyine numva nakwishimagura so najye mugire imana yicyo nakora
  • Sylver1 year ago
    Ngewe mfite ikibazo cyuko ibyarimwe ryabyimbye numutsi waryo urabyimba cyane
  • Mugiraneza Joel 8 months ago
    Nukuri turabashimira kumakuru mutugezaho burimunsi kdi yizewe
  • Mugabo erineste 4 months ago
    Muraho neza nanjye nari mfite icyo kibazo nari ngimaranye igihe kirekire ariko nahuye numuganga ampa inyunganiramirire mu Mezi 3 nari maze gukira ubu ntera AKABARIRO neza Kdi mbere byari BYARANZE Kambahe number ze muzamuvugishe +250784721024
  • Renzaho Daniel4 months ago
    Niba Nawe Ufite Bimwe mubibazo byo mubuzima bw'imyororokere IHUTIRE KUTUVUGISHA Tugufashe Dukorera i Kigali nyarugenge Mumugi Tel: +250783578763 (Dore bimwe muri byo: Cancer, imitezi, Mburugu, Infection, Kurangiza vuba, Kubura ubushake,...)





Inyarwanda BACKGROUND