RFL
Kigali

Mageragere: Ahafite amateka yihariye ya Jenoside yakorewe Abatutsi niho akarere ka Nyarugenge katangiriye Icyumweru cyo Kwibuka 23 -AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:7/04/2017 16:22
0


Kuri uyu wa Gatanu tariki 7 Mata 2017 mu Rwanda hose habereye umuhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu rwego rwo gutangiza iki cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 mu karere ka Nyarugenge bo uyu muhango bawukoreye i Mageregere ho muri aka karere ahazwi amateka adasanzwe.



Uyu muhango wabereye i Mageregere waranzwe n’ubwitabire buri hejuru bw’abaturage bo mu karere ka Nyarugenge, umushyitsi mukuru muri uyu muhango akaba yari Hon. Barikana Eugene wari waherekejwe n’abayobozi b’akarere ka Nyarugenge kuva ku muyobozi wako kugeza ku bayobozi b’inzego z’ibanze.

Benshi bagejeje ubutumwa ku baturage bari aho basabye abaturage kwirinda icyatuma u Rwanda rwongera kujya mu icuraburindi, babasaba kubana neza ndetse no gusenyera umugozi umwe biyubakira igihugu. Hon.Eugene Barikana wari umushyitsi mukuru yasabye abaturage bo mu murenge wa Mageragere kugarura umutima bagatanga amakuru y’ahantu imibiri y’abantu bahiciwe iri kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

Ibi Hon. Eugene Barikana yabivuze nyuma yo kumva ubuhamya bw’uwarokokeye muri uyu murenge Kabanda Ildephonse wagarutse ku mubare munini w’abatutsi biciwe mu i santere y'ahahoze ari komini Butamwa, aha Kabanda yavuze ko ubwicanyi bwahabereye ari indengakamere kuko bitewe nuko aho bari bari hakikijwe n’imisozi byoroheye interahamwe kubafata bakabashorera babajyana kubaroha muri Nyabarongo ahaguye byibuza abantu bari hejuru y’ibihumbi icumi.

Uyu mugabo warokokeye aha yagaragaje ko muri urwo rugendo rwo kujya kuroha abantu interahamwe zakoraga hari abicirwaga mu nzira bityo imibiri yabo ikaba nubu itaraboneka kubera ubushake buke bagira bwo gutanga amakuru yaho imibiri yabishwe muri Jenoside yajugunywe. Aha abacitse ku icumu mu karere ka Nyarugenge bongeye gusaba  abatuye muri aka gace kuva ku izima bagatanga amakuru.

REBA AMAFOTO YARANZE UYU MUHANGO:

kwibuka 23kwibuka 23Umuyobozi w'akarere ka Nyarugenge aha ikaze abashyitsikwibuka 23Abadepite bavuye mu karere ka Nyarugenge bari baje kwifatanya n'abatuye muri aka karere kwibukakwibuka 23Abahagarariye inzego zishinzwe umutekano bari bitabiriyekwibuka 23kwibuka 23kwibuka 23Abahagarariye amatorero anyuranye basengeye iki gikorwakwibuka 23kwibuka 23Abaturage b'akarere ka Nyarugenge bari bitwaje ibyapa biriho ubutumwa bujyanye n'insanganyamatsiko y'uyu mwakakwibuka 23Senderi Hit mbere yo kuririmbira abaturage yabanje kubaha ubutumwa abakangurira kwigirira icyizere cyo kubahokwibuka 23kwibuka 23Senderi Hit, umuhanzi wifatanyije n'abaturage b'akarere ka Nyarugenge mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23kwibuka 23Hon Eugene Barikana hagati y'umuyobozi w'akarere ka Nyarugenge n'umyobozi w'akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y'abaturagekwibuka 23Abaturage bari bitabiriye iki gikorwakwibuka 23Ibiro by'umurenge wa Mageragerekwibuka 23Urwibutso rwa Mageragere rushyinguyemo abasanga 1200kwibuka 23Hon.Eugene Barikana ajya gushyira indabyo ku mva z'abazize Jenosidekwibuka 23Umuyobozi w'akarere ka Nyarugenge ashyira indabyo ku mvakwibuka 23kwibuka 23Bavuye kunamira abashyinguye muri uru rwibutsokwibuka 23kwibuka 23Abayobozi banyuranye bacanye urumuri rw'icyizerekwibuka 23Urumuri rw'icyizere hose bari barucanyekwibuka 23Uyu muturage warokokeye muri aka gace niwe watanze ubuhamyakwibuka 23Samusure nk'umuturage wa Nyarugenge yari yitabiriye uyu muhangokwibuka 23kwibuka 23Abaturage ba Nyarugenge bagaragazaga umubabaro muri iki gikorwakwibuka 23kwibuka 23Hon. Barikana Eugene ageza ijambo ku bitabiriye uyu muhango






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND