RFL
Kigali

Huye: Ubuyobozi bwasabye umuryango ubyara abana batangaje kuba barekeye aho ariko n’ubu umugore aratwite

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:30/09/2015 16:42
13


Twagirimana Jean Marie Vianney na Musabyimana Claudine batuye ku Muyogoro mu murenge wa Huye wo mu karere ka Huye, bakaba barabyaye abana bafite isura, imiterere, imico n’imyitwarire bidasanzwe bimenyerewe ku bantu, none bagiriwe inama n’ubuyobozi yo kuba bahagaritse kubyara n’ubwo ubu umugore atwite.



Aba babyeyi babyaye abana babiri, umuhungu afite imyaka irindwi naho umukobwa afite imyaka ibiri, ariko kugeza ubu ntibarabasha kuvuga nk’abantu, ndetse no kugenda bakunda kugendesha amaguru n’amaboko, bakanagaragaza indi mico itamenyerewe ku bantu, harimo nko gukunda kurira ibiti cyane kandi bakiri bato, dore ko ubusanzwe umwana uri mu kigero cy’aba atabasha kurira. Ntibakunda byinshi mu biryo bisanzwe bitekwa n’abantu, kandi bishakira kugenda bunamye aho kugendesha amaguru nk’uko bisanzwe ku bandi bantu.

Nyuma yo kubona ibibazo uyu muryango ufite, Ubuyobozi bw’umurenge wa Huye bwabagiriye inama yo kuba bahagaritse kubyara hakabanza gushakwa inzobere zizi ibijyanye n’ubuzima mu bijyanye n’uturemangingo (genetics), ariko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu murenge wa Huye yabwiye Inyarwanda.com ko uyu mugore n’ubundi aherutse kumubona atwite, akavuga ko ibyo kuboneza urubyaro ubusanzwe byigishwa abaturage ariko kugirango babyumve bikaba bifata igihe.

Uyu munyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Huye, yanabwiye Inyarwanda.com ko uyu muryango ufashwa n’ubuyobozi kimwe n’indi miryango itishoboye, ariko bakaba banababa hafi mu bibazo by’abana babo, kandi yemeza ko mu gihe abana bazaba bamaze gukura bagejeje igihe cyo kwiga, bashobora kuzashakirwa amashuri yihariye y’abafite ubumuga.

N’ubwo umwana mukuru muri aba afite imyaka irindwi ariko, ntagaragaza igikuriro cy’umwana uri muri iki kigero, dore ko yanavukanye ikiro kimwe none ubu akaba afite ibiro icyenda byonyine, ibiro ubusanzwe bigirwa n’umwana uri mu kigero kiri hagati y’umwaka umwe n’umwaka umwe n’igice. Mushiki we muto nawe ku myaka ibiri, ntagaragaza igikuriro cy’umwana uri muri icyo kigero.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Isirikoreye8 years ago
    Eh!!! Mana yanjye
  • Isirikoreye8 years ago
    Eh!!! Mana yanjye
  • Maurice 8 years ago
    Ibi bintu biteye ubwoba nukuri pe ubu c koko Aba bana bazabaho gute?
  • Akingeneye louise8 years ago
    Reta nibafashe natwe tubishoboye twabafasha
  • 8 years ago
    uwomubyiniyihangane
  • guiness de record8 years ago
    Hakorwe ubushakashatsi mpuzamahanga bandikwe mubantu bagaragaje ibintu bidasanzwe kwisi!!
  • inyenzi8 years ago
    africa iracyari inyuma mu dushya, aba bana ndetse n'uyu muryango bashobora kuba ibyamamare even kujya muri gueness de record kuko ntibasanzwe, ikindi kd bakorerwaho ubushakashatsi kuko urumva bafite imiterere nk'iy'abantu twaturutseho.nkanjye wemera evolution(against iremwa)binteye amatsiko yoi kujya kubareba
  • 8 years ago
    Aba bana nibisanzwe ahubwo bavukanye ubumuga kuba hari ingingo zitateranye neza mugihe nyina yarabatwite biba byaravuye kumpamvu nyinshi haba kuba mama wabo anywa inzoga zikaze atwite cg icyo bita ama genes yabo yaharabaye ikibazo ntage mumwanya wayo bavuka .rero nuko leta yabafasha nkabana bamugaye .
  • Fofo8 years ago
    Aba bana bashobora kuba byaraturutse kuba umubyeyi wabo yaba anywa inzoga atwite cg se ari ingingo zabo zitateranye neza mugihe bari babatwite icyo bita ( error of DNA replication ) bityo genes zabo zikagira ikibazo cg se bikaba biva kubabyeyi bombi umwe afite irwara itagaragara (carrier recessive) nundi nawe aruko byahura bakabyara abana bameze kuriya .gusa Leta nibafashe kuko saho honyine bafite abana nkabo .
  • Civet8 years ago
    Oh my God
  • kim koner8 years ago
    biratangaje !!!!
  • Habimana JD8 years ago
    Mana we!! sha imana iborohereze kbs kuko uriya muryango ndabonaribo bambere baba bateye kuriya
  • me8 years ago
    yooo! birababaje kbs





Inyarwanda BACKGROUND