RFL
Kigali

Hatangijwe imurikagurisha rya Made in Rwanda rigamije kwerekana ubushobozi bw’abanyenganda bo mu Rwanda

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:29/11/2017 20:57
0


Mu gihe hakomejwe gahunda yo gushishikariza abashoramari gushora amafaranga yabo mu nganda zikora ibintu bitandukanye bikorerwa mu gihugu imbere, PSF ifatanije na Made in Rwanda bateguye imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda gusa.



Ukigera ahasanzwe habera imurikagurisha I Gikondo, uhasanga abantu batandukanye bakora ibikoresho, ibiribwa n’ibinyobwa bikorerwa mu Rwanda baje kubimurika no kubigurisha. Ku munsi wa mbere, nta bantu benshi cyane bari bitabiriye iri murikagurisha ariko mu masaha y’umugoroba abantu batangiye kwiyongera.

Eric

Eric Kabera ushinzwe itumanaho muri PSF

Eric Kabera ushinzwe itumanaho n’iyamamazabikorwa muri PSF  yatangaje ko ibibanza biri gutangirwa Ubuntu ku buryo buri muntu ufite ikintu akorera mu Rwanda yashoboye kwitabira. Iri murikagurisha yavuze ko rigamije gutinyura abanyarwanda bakumva ko ibintu byiza batagomba kujya kubishakira Dubai na Amerika kandi abanyenganda bo mu Rwanda nabo bari gushyiraho akabo umunsi ku wundi ngo bakore ibyiza abanyarwanda bakeneye.

EXPO

Divayi n'ibisuguti bikorerwa mu Rwanda

Iyo witegereje ibicuruzwa biri muri iri murikagurisha, usanga ubuhanga n’ubumenyi bushyirwa mu bikorerwa mu Rwanda bwiyongera umunsi ku wundi n’ubwo benshi mu bamurika ibicuruzwa byabo batangaza ko baba bagifite imbogamizi z’amikoro macye cyangwa se bimwe mu byo bakenera ngo bakore ikintiu runaka bitaboneka mu Rwanda.

EXPO

Iyi nzu ni miliyoni 8

EXPO

Ibihumyo bihingwa kijyambere mu Rwanda

EXPO


Iri murikagurisha ryatangiye kuri uyu wa 3 tariki 29/11/2017 rikaba rizarangira tariki 05/12/2017.

Amafoto: Ihorindeba Lewis @Inyarwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND