RFL
Kigali

Hasohotse igitabo INTSINZI MU BIGANZA BYAWE kizafasha ugisoma kunguka ibitekerezo byamuteza imbere

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:21/05/2016 19:29
4


INTSINZI MU BIGANZA BYAWE ni igitabo kivuga ku mahame ya ngombwa kugira ngo umuntu we ubwe cyangwa itsinda ry’abantu rigere ku ntsinzi mu byo baba bakora bitandukanye.



Ni igitabo kiri mu rurimi rw’ikinyarwanda. Kiri mu cyiciro cy’ibitabo mu rurimi rw’icyongereza bita Self Help Book. Ni ibitabo biba bigamije gushishikariza ababisoma kurushaho guharanira kugira ibitekerezo byiza,imico n’imigirere ntangarugero  ndetse no guharanira kuba bandebereho mu bikorwa byiza biteza imbere ikiremwamuntu  n’isi muri rusange.

Ni igitabo kigamije kugukangurira kudacika intege , kurushaho kunoza imikorere yawe ndetse ukarushaho kwigirira icyizere no kubana neza n’abandi  kuko ntawashobora kugera kure hashoboka ari nyamwigendaho.

Avuga ku mpamvu yacyanditse Rugaba Yvan Norris yatangarije inyarwanda.com ko yari agamije gutanga umusanzu mu kubaka umuryango nyarwanda atanga inama zafasha abantu kwiteza imbere bahereye mu bushobozi bwabo.

Ati “ Uzabasha kugisoma azasangamo inama zizamufasha kurushaho kugira imico ya ngombwa kugira ngo agere ku ntsinzi .Ibitekerezo birimo bizakangura intekerezo z’umusomyi , yukunguke ibitekerezo bishya byamutezaimbere.”

Yongeyeho ati “ Amahame arimo ni amahame yizewe  kandi yagiye akoreshwa  na benshi mu kugera ku ntsinzi  mu byo bakora bitandukanye.”

Rugaba

Rugaba Yvan Norris wanditse INTSINZI MU BIGANZA BYAWE

Rugaba Yvan yongeyeho ko INTSINZI MU BIGANZA BYAWE kizaba cyanditse mu buryo bw’uruhererekane mu rwego rwo kurushaho  gusobanukirwa neza amahame yose mu buryo bwimbitse.

Iki gitabo kigura 1500 FRW. Cyanditse ku mpapuro 42. Uyu mwanditsi avuga ko yahisemo  kugitunganya mu buryo bworoheje mu rwego rwo kugira ngo  gihenduke maze buri munyarwanda abashe kuba yatunga kopi ye bwite, bityo umuco wo gusoma urusheho gutera imbere mu Banyarwanda cyane cyane mu rubyiruko.

Umwanditsi w’iki gitabo yitwa RUGABA Yvan Norris. Yavutse muri 1989, avukira  mu Karere ka Huye, mu Murenge wa Ngoma, mu Mujyiwa Butare. Ni ingaragu akaba afite impamyabumenyi ya Kaminuza muri Civil Engineering mu ishami ry’ikoranabuhanga n’ubwubatsi.

INTSINZI MU BIGANZA BYAWE kiboneka mu nyubako ya Kigali City Tower, mu igorofa ya 15. Wanabahamagara kuri 0788649546 cyangwa kuri 0788483502.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mukunzi7 years ago
    Wwwoww Ruga Courage;n ibyigiciro kuba dufite urubyiruko Nyarwanda Rukora ibitabo by Ubwenge nkiki ;aho leta yacu idushishikariza gusoma ibitabo wowe ukaba warahageze ugeze kurwego rwo gu providing
  • Ernestizo 7 years ago
    Congratulation Rugaba Yvan Norris courage kbsa mu guteza imbere umuryango nyarwanda.
  • NISHIMIRWE Lucky Innocent7 years ago
    Byiza cyaneee..,cyanee pe,kuko ni byagaciro gufata umwanya wawe ugatekereza ku musomyi kandi intsinzi mu biganza byawe ndumva ari ubufasha mu kwihugura no mukubona ikusanyirizo rya byose mu kumenya itsinzi dufite twe ubwacu.
  • Idrissa7 years ago
    Abantu nkaba barakenewe rwose uyu musore nakomereze aho ibitekerezo bye byiza abisangize abanyarwanda, wasanga ibyo avuga muri iki gitabo bishobora kuba aribyo waburaga kugirango umenye impano ufite muriwowe Imana imuhe umugisha uyu musanzu yiyemeje gutanga uzagirira akmaro imbaga yabanyarwanda nabandi bakunda gusoma ikinyarwanda komerezaho tukurinyuma.





Inyarwanda BACKGROUND