RFL
Kigali

Habonetse umuti ushobora kukuvura Asima (Asthma) mu byumweru bibiri gusa

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:6/11/2017 11:21
15


Asthma ni indwara ifata mu myanya y’ubuhumekero igafunga inzira zifasha umuntu guhumeka neza, yanahumeka akabikora mu buryo bugoranye cyane



Bimwe mu bimenyetso biranga iyi ndwara harimo: gusemeka, kwitsamura bya hato na hato, kubura umwuka wo guhumeka ari nabyo bishobora gutuma umuntu abura ubuzima bwe.

Abahanga mu by’ubuzima bagerageje gushaka icyaba gitera iyi ndwara barakibura ariko bagaragaza bimwe mu bishobora gutuma ivuka ari byo: Guhumeka umwotsi usanzwe, uw’itabi, umukungugu n’ibindi bintu bitumuka cyane, imihindagurikire y’ikirere n’ibindi bitandukanye.

Mu gushaka kumenya byinshi kuri iyi ndwara, twagerageje kwegera Dr. Valentine MUSABE usanzwe uvura akoresheje ubuvuzi bw’abashinwa(TCM) maze atumara impungenge.

Ese indwara ya asima irakira?

Dr.MUSABE yagize ati "Abantu bakwiye kwivanamo imyumvire ivuga ko umuntu warwaye Asima aba azapfana nayo kuko siko biri rwose kuko twebwe nka TCM technology, dufite uburyo dukorana n’abaganga basanzwe, bakagusuzuma neza bakazana ibisubizo noneho twebwe tukagerageza kuvura igitera indwara aho kuvura indwara. Icyo gihe rero dufite uko tuvura umurwayi ku buryo mu byumweru bibiri gusa aba amaze gukira neza agaca ukubiri n’indwara abantu bibwira ko ari karande"

Mu gihe ufite ikibazo mu myanya y’ubuhumekero, ukaba ufite ububabare burengeje iminsi itatu, ni byiza ko ukora ibishoboka byose ukajya kwivuza hakiri kare kugira ngo hasuzumwe ikibazo ufite, indwara nigaragara ukurikiranwe hakiri kare bityo izakire vuba.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 6 years ago
    murakoze inyarwanda, ariko byaba byiza muturangiye nihe twabasanga, cyangwa mukaduha adress zabo
  • Sam6 years ago
    Hello, Murakoze kuri aka kantu ariko turabasaba muduhe phone number z uwo muganga kuko hari abantu benshi bafite iki kibazo. Mwaduha iyo contact kuri 0783842702 cyangwa kuri iyi email twerekanye haruguru. Murakoze.
  • sinzi6 years ago
    Iyi nkuru ninziza ariko ntacyo ifashije abantu, ibuzemo address yabo : bakorera he? Tel yabo ni iyihe ? Mubidushakire
  • Ndagusetse6 years ago
    Ariko se uyu muganga yize he badi?Kereka niba ari uwa gakondo kuko nibo biyita ko bavura indwara zose zibaho.Asthma si Malaria .
  • Theos5 years ago
    Sha iyo n,indwara ihangayikishije ark ivurwa igacyira. Umuntu ufite gahunda ambwire murangire umuvuzi uyireba ikijyana. 0784289678 iba no kuri WhatsApp.
  • Ildephonse4 years ago
    Mwiriwe neza niba haribyo nibyiza,njyewe nagiye ahantu henshi bambwira gutyo nkuko mubivuze mukanya neza ntakize kuko ndabiziko umuntu abishyura murakoze kuko abafite icyo kibazo turibenshi.
  • hakizimana4 years ago
    Ubakeneye yababona ate
  • Muny fa4 years ago
    Mukorerahe? nge irandembeje!!
  • Umurerwa clemence3 years ago
    Mwiriwe neza nonese umuntu yakwivurizahe? Yabona umuti gute ko njyewe njya kwamuganga bakampa ipompo ntibame umuti uyivura burundu kandi nyirwaye vuba ntamyaka 2 irashira
  • Felicien igiraneza3 years ago
    Mwaramutse,je ndi ingozi mu burundi,ndabasabye nukuri mundangire umuti wa asima kuko mushikanje yaramusinzikaje sana.nukuri mudufashe sana numéro yanje ya WhatsApp ni +25772186350
  • EugĂ©nie MUKANDAYISENGA2 years ago
    Muraho neza umuntu wese ufite ikibazo cya Asima yanyandikira kuri 0783413109 nkamurangira umuti nanjye nakoresheje uri naturel kandi nta ngaruka ugira kubuzima bwumuntu murakoze
  • nsabiyaremye jean pierre1 year ago
    mukoerera hehe umuntu yohashika gute
  • Uwimana claire1 year ago
    Mwiriwe neza nge nsomye umutwe winkuru uvuga ngo habonetse umuti wa asthma ndikanga kuko biratangaje njye kuva mvuka narinyirwaye ntamiti ntakoresheje rero mwe ndumva murenze uwanditse iyi nkuru byari kuba byiza ashyizeho contact ze nza adress ze byafasha benshi.
  • Muvunyi Aimable 1 year ago
    Mwiriweho neza nanjye mwampaye number zanyu
  • Uwimana 1 year ago
    Murakoze Kanama zanyu ariko mwaduha address twabashakaho kuriyi number 0786635228





Inyarwanda BACKGROUND