RFL
Kigali

Dore inkomoko yo kugira isereri

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:18/10/2017 17:04
14


Mu buzima busanzwe abantu batari bake bakunze guhura n’ikibazo cyo kugira isereri ariko ntibabyiteho cyane bitewe nuko ari ibintu biba mu gihe gito cyane ubundi bigashira



Abahanga batandukanye mu by’ubuzima bagaragaza ko nubwo ari ibintu biba mu kanya gato ariko burya ngo ni kimwe mu bimenyetso bikwereka ko ufite ikibazo mu matwi imbere kuko basanze mu bantu 100, byibura 15 bashobora kuba bajya bahura n’iki kibazo mu buzima bwabo

Aha wakwibaza uti ese isereri ni iki?

Amakuru dukesha urubuga santé medicine avuga ko isereri ari ibyiyumvo umuntu yumva akanya gato akamera nk’umuntu utaye ubwenge, rimwe na rimwe akaba yanitura hasi kuko aba yumva asa n’uri kuzenguruka, ibi rero ngo biba mu kanya gato cyane bigashira bikagira igihe byongera kugaruka

Abashakashatsi batandukanye bavuga ko iki kibazo kiba ku bantu bose ariko bigatandukanira ku kiba cyabiteye nubwo impamvu nyamukuru bavuga ko igaragarira mu imbere mu matwi

 Ese isereri yaba iterwa n’iki?

 Dr. Sylvie Imbaud-Genieys impuguke mu kuvura indwara zishamikiye ku bwonko zirimo n’isereri avuga ko isereri iterwa na byinshi ariko ko mu gihe uyigize atari byiza guterera agati mu ryinyo ahubwo ni ngombwa ko wihutira kujya kwa muganga kugirango harebwe impamvu ibigutera

Zimwe muri izo mpamvu agaragaza harimo:

Kuba imitsi ijyana amakuru mu bwonko ifite ikibazo

Kuba ubwonko buha umubiri uburinganire bafite ikibazo( cervelet)

Kuba imitsi ishamikiye ku gikanu ari nayo ifite aho ihuriye n’ubwonko igira ikibazo

Kuba warigeze kurwara amatwi, kubura isukari cyangwa amazi mu mubiri, inzara, impanuka n’ibindi nk’ibyo

Ibi byose ngo bishobora kuba intandaro yo kugira isereri ukaba wanitura hasi

Dr.Sylvie avuga ko niba ugize ikibazo cy’isereri ukwiriye kwihutira kujya kwa muganga kugirango hasuzumwe ikibazo waba ufite kuko twabonye ko gishobora guterwa n’ibintu byinshi bitandukanye.

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Valens6 years ago
    Yaweee Ndemepe! Kuko Nage Bimbaho
  • Habimana jean Bosco5 years ago
    Mbanje kubashimira ubushakashatsi n,ubuhanga mufite Imana izabibahembere, nange pfite ikibazo iyo ndigukora sport ngira isereri kdi ngasohora icyuya kinshi cyane ariko iyo nfashe ikintu kirimo agasukari birashira,mungire inama
  • nyirimpuhweibrahim4 years ago
    iyongize iseteri iratinda vyane hafinogupfa
  • Paul dushime 3 years ago
    Nanjye mfite ikibazo cyisereri cane kandi njye iratinda ntabwo igenderaho
  • Ndayisaba2 years ago
    Nibyo kuko iyo maze igihe ntnyw'amazi ngira isereri hahahandi ntabasha no guhagarara,gusa Sinzi niba dufite abahanga mubaganga babasha kudufasha kubwiyo ndwara. Murakoze
  • Ndayisaba2 years ago
    Nibyo kuko iyo maze igihe ntnyw'amazi ngira isereri hahahandi ntabasha no guhagarara,gusa Sinzi niba dufite abahanga mubaganga babasha kudufasha kubwiyo ndwara. Murakoze
  • Ndayisaba2 years ago
    Nibyo kuko iyo maze igihe ntnyw'amazi ngira isereri hahahandi ntabasha no guhagarara,gusa Sinzi niba dufite abahanga mubaganga babasha kudufasha kubwiyo ndwara. Murakoze
  • Ishimwe Beni Bryan 1 year ago
    Isereri rishobora kwikiza utagiye kwa muganga cg bisaba muganga. Kuko nge ndigira akenshi iyo narwaye
  • iduhire ismael6 months ago
    Nonese iyo urwaye Amaso igihee cyirekire ntibishobora gutera isereri? ndwaye amaso imyaka irengaa 13 Ariko ubu nibwo ntangiye kugira isereri. ese ntabwo byaba biterwa nayo maso ndwaye? niba haricyo mwamfasha mwambwira kuri email yange. murakoze
  • Aphrodis karikumutima 6 months ago
    Nange ngira ikibazo iyo nunamye nkegukangira isereri. Ese kunyonga igare burimunsi rya sport byo byatera isereri?
  • AMBIAMUNGU NTEGANYA 5 months ago
    Kugirisereri birazengereza cyane kuko nanje iyo nyirwaye meranabi cyane sinzuko mwapfasha murakoze
  • uwayezu Ferdinand4 months ago
    Isereri ni indwara ishobora guteza ibibazo bitandukanye byo mu mutwe mugihe itavuwe neza . Ushaka kumenya ibyo wakora ngo uhangane Niki kibazo watwandikira kuri 0784458514/0724355080
  • NDABASANZE Modeste3 months ago
    Ese ko nkunda kugira isereri iyo nkoresheje computer ,television ,cyane cyangwa smart phone mwamfasha iki
  • Umuhoza Louise 1 month ago
    Nange ngira isereri cyn Gs mwambwira niba hari aho ihuriye namaso,murakoze





Inyarwanda BACKGROUND