RFL
Kigali

Dore ingaruka zo gukoresha isukari nyinshi

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:14/12/2017 16:04
1


Ni kenshi usanga abantu benshi bakunda kurya ibintu biryohereye cyane nk’ama biscuit, bombon n’ibindo binyamasukari, rimwe na rimwe ukabina benshi bifuza gushyira isukari irengeje urugero mu byo kunywa byabo kandi bitari ngombwa



Nkuko byemezwa n’abahanga mu by’imirire, bavuga ko mu byo kurya abantu barya harimo ibifite amasukari menshi nubwo abantu baba batabizi kuko burya bivugwa ko ibiribwa bikorerwa mu nganda biba byifitemo isukari ingana na74%

Ni mugihe umuryango mpuzamahanga wita ku buzima uvuga ko umuntu agomba gufata isukari ingana na 5% ku munsi bitewe n’uko inyinshi igira ingaruka ku buzima bw’umuntumu

Mu ntangiriro z’ikinyejana cya 19 abantu banywaga isukari ibarirwa ku kilo kimwe ku mwaka mu gihe uyu munsi wa none basanze impuzandengo igaragaza ko umuntu afata kilogarama 33 ku mwaka ibintu bigoranye kubigenzura kuko iba muri byinshi byifashishwa byaba ibiribwa cyangwa ibinyobwa bitandukanye

Ese ni ubuhe burwayi bushobora guterwa no kunywa cyangwa kurya isukari nyinshi

Muri izo ndwara harimo

Umubyibuho ukabije

Diabete

Amenyo

Ngo isukari kandi ikora ku bwonko nk’ikiyobyabwenge bigatuma uwayimenyereye adashobora kuyireka

Ubushakashatsi bwakorewe muri leta zunze ubumwe za amerika bwerekanye ko isukari ishobora kugira uruhare mu kwangiza ubwirinzi bw’umuntu nko kwangiza uruhu umuntu agasa n’ukuze kandi akiri muto

Isukari nyinshi kandi ngo ishobora kwangiza amara, umntu akagira impatwe, itera kanseri zimwe na zimwe nk’ifata amara n’ifata ishyira, yongera cholesterole mbi mu mubiri

Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2012 muri kaminuza ya califonia bwasanze iyo isukari ifashwe ari nyinshi ifite ubushobozi bwo gutuma umuntu ahura n’ibibazo ku bwonko, kugira agahinda gakabije cyane ku bato

Kubera izi ngaruka zose, bamwe bafashe icyemezo cyo kureka kuyikoresha cyangwa bakagabanya imikoreshereze yayo

Birashoboka cyane ko warinda ubuzima bwawe ukoresha isukari nkeya cyane, ibintu bishobora gutuma urama kandi ukagira ubuzima buzira umuze

Src: healthline.com

 

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Reema Bernardin5 years ago
    Nibyiza ko twakoresha ibinyasukari karemano nk'ibisheke n'izindi mbuto kuko Aya masukari yo munganda kuyanywa ni nkokwiyahura!





Inyarwanda BACKGROUND