RFL
Kigali

Byinshi utari uzi ku musemburo wa melanin

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:27/08/2018 14:12
1


Umusemburo wa Melanin, tugenekereje mu rurimi rw’ikinyarwanda twavuga ko bishatse gusobanura kwirabura kuko abahanga mu by’ubuzima bagaragaje neza ko uyu musemburo uba mwinshi ku bantu bafite uruhu rwirabura ndetse batuye ahantu hakunda kuva izuba ryinshi cyane



Aha wahita wibaza niba melanin igirwa n'abantu birabura gusa

Mu gusubiza iki kibazo, twavuga ko melanin igirwa n’abantu bose ariko ku si ku kigero kimwe uko nkuko twabivuze haruguru, umuntu wirabura aba afite nyinshi naho uwera akaba afite nkeya

Uturemangingo dukora melanin rero ntidukora ku rugero rumwe mu bantu bose, iyi niyo mpamvu habaho abirabura, abera n’abasa umuhondo. Mu birabura melanin ntikorwa ku rugero rungana, ariyo mpamvu habaho ibikara n’inzobe, kandi bose birabura

Ese melanin ifite akahe kamaro mu mubiri w’umuntu?

Imwe mu mimaro y’ingenzi kuruta iyindi ya melanin irimo:

Kurinda DNA kwangirika: melanin irinda ko DNA yakwangirika, igatuma umubiri winjiza UV ikenewe gusa kandi ikarinda kwangirika kwa vitamin B9 (folic acid) ari nay o ifite akamaro gakomeye cyane kuko ari ingenzi ku mugore utwite aho ibasha kurinda umwana we kuba yazavukana ubusembwa cyangwa ubumuga ubwo ari bwo bwose

Kurinda uruhu gusaza: uko melanin iba nyinshi mu mubiri bituma uruhu rudasaza vuba, Kujya ku zuba kenshi byangiza uruhu bigatuma rusaza rukanazana iminkanyari ariko kandi ku bafite uruhu rwirabura siko bigenda ari nayo mpamvu usanga umuntu munganya imyaka ariko w’uruhu rwera agaragaza gusaza ku ruhu no kuzana iminkanyari kurenza wowe wirabura kuko melanin yawe iba yakoze akazi ishinzwe ko kurinda uruhu gusaza imburagihe, ibi bishatse kuvuga ko kuba wirabura ari byiza kuko birinda uruhu rwawe kwangirika no gusaza vuba

Gufasha ubwonko: Hafi ya buri karemangingo k’umubiri usangamo melanin by’umwihariko ku bwonko n’imyakura ngo bikore neza, ku mboni y’ijisho (iris) kugira ngo tubone neza ndetse no mu turemangingofatizo ngo tubashe kwiyongera.
Iyo umubiri ubuze melanin rero nibwo usanga habaho nyamweru

Ikindi twavuga nuko hari bimwe mu byo abantu bakunda gukoresh bangiza melanin ariko batabizi harimo kwisiga amavuta atukuza uruhu ndetse no kwisiga amavuta arimo hydroquinone,ibyo biri mu byangiza uruhu kurushaho ari nayo mpamvu bikwiye kwirindwa

Kuba ufite uruhu rwirabura byari bikwiye kugutera ishema kuko wihariye kuruta wa wundi ufite uruhu rwera

Src: passeportsante.net

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 5 years ago
    Ntago mu by ukuri ari melanin ahubwo ni carbon,twaremwe mu gitaka cyiza cyuzuye ifumbire,igitaka rero gikize kuri carbon uzasanga gisa umukara ari nayo mpamvu ubutaka bwera busa umukara.nibyo rero carbon ni ubuzima ndetse itabaho nta buzima bwashoboka,twe twagize umugisha cyane kuba abirabura ntako bisa ni iby igiciro kinshi,kandi abanyamahanga bakora za mukorogo ngo batwangirize uruhu kuko rubatera ishyari mu gihe bo bitera za carbon ngo birabure nkatwe,rero nu ubwonko bukorera kuri carbon na copper kandi tubyujuje cyane kurusha andi moko,ndetse dufite ubwenge bwinshi cyane ari nacyo kibatera ubwoba bagakomeza kuduteramo intambara ngo tudatuza tukagera kuri byinshi,buriya iterambere rikomeye ku isi ryose ryazanywe n abirabura,guhera kuri Nimurod wategetse babuloni n isi yose,abanyegiputa ba kera bategetse isi,aba empire du mali,etc aha hose niho andi moko yakopeye abona nayo gutera imbere maze aza gusenya abanyafurika babigishije,ni ukuri ntarirarenga njye mbabwiyeko rwose nitugira amahoro ntacyo tutazageraho kuko Imana yaduhaye ubushobozi bwose bukenewe muri iyi isi ngo tube imbere kuko nicyo twaremewe;ibi by ubukene si karande ni iby akanya gato ariko nitwe tugomba kubirwanya naho nituguma kwemerera abaducamo ibice tuzahora hasi rwose kuko wa mwanya wo kujya imbere twaba tuwukoresha mu kumarana bityo tukarangiza nk ingata imennye.





Inyarwanda BACKGROUND