RFL
Kigali

BIRATANGAJE:Yajyanye kokayine ku biro bya polisi ngo abumvishe uburyohe bwayo.

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:29/04/2016 14:10
1


Mu gihugu cy’ ubufaransa mu mujyi wa Toulouse,umugore yagaragaye ku biro bya polisi afite amashashi y’ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa kokayine ,ku ntego yo kumvisha polisi uburyohe bwabyo .



Uyu mugore w’imyaka 45,asanzwe afitiwe ikirego   na polisi yo mu mujyi  wa Toulouse  ,kuko  akoresha ibiyobyabwenge byinshi.Bitunguranye yinjiye ku biro bya polisi  yo muri uyu mujyi  afite  udupaki 3 kamwe k’ikiyobyabwenge cyitwa  crack na 2 twa kokayine.Akigera kuri ibi  biro uyu mugore yabwiye polisi ko yahisemo kuza kubumvisha uburyohe bw’ ibi biyobyabwenge ,kuko ashaka   kwereka abantu  ko  ibiyobyabwenge by’ubwoko bwiza bitabakoresha ibibi,bityo ngo na   ikwiye guhagarika  guta muri yombi ababisomaho. Ibiro ntaramakuru by’  abafaransa AFP, bivuga ko polisi ya Toulouse yahise ita muri yombi  uyu mugore kuko yagaragazaga ibimenyetso  by’uko yanyweye ibiyobyabwenge byinshi  byamurenze ,ibyiyongera ku  kuba asanzwe afitweho iki kirego  .

kokayine

ikiyobyabwenge cya kokayine

Mu  busanzwe  abahanga mu  by’ ubuzima bwa muntu  bavuga ko  ikiyobyabwenge cya kokayine aricyo  ntandaro nyamukuru y’ indwara y’umutima , mu  gihe  ugikoresha arengeje urugero gishobora no kumucyenyura,gusa  izi ngaruka ntiziza mu gihe cya vuba .Hari n’ abahanga bamwe bamaze kwemeza   ko kokayine ariyo iri mu kinyobwa cya coca cola kinyobwa n’ abatari bacye haba hano mu Rwanda ndetse no  ku isi  muri  rusange.

Source:AFP

Yvonne Murekatete

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • dudu7 years ago
    nukuntu coca cola abantu bayinywa batabizi.birababaje!!!!!





Inyarwanda BACKGROUND