RFL
Kigali

BIRATANGAJE: Umugore w’umwirabura yabyaye umwana w’umuzungu

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:31/05/2018 12:47
2


Ni ibintu bidakunze kubaho ku isi, ariko umugore w’umwirabura witwa Sophie ufite umugabo w’umuzungu baje kubyara umwana w’umuzungu neza neza ndetse ufite amaso y’ubururu ariko adafite aho ahuriye na nyina habe na gato kuko iyo umureba usanga nta sura na nke afitanye na nyina umubyara.



Sophie akimara kubona umwana abyaye byaramutunguye cyane ku buryo yasabye ko bamwereka ibimenyetso byerekana neza ko uwo muzungu ari uwe koko, byaje gutungura abaganga kuko ubusanzwe iyo umwe mu bashakanye ari umuzungu undi ari umwirabura bashobora kubyara umwana utari umuzungu ariko kandi utari umwirabura.

Kuri aba rero siko byagenze ahubwo umwirabura yabyaye umuzungu neza neza. Uyu mugore akibyara umuzungu byabanje kumucanga ariko atekereza ko umwana namara gukura azagenda aba umwirabura ariko igitangaje nuko uko umwana yagendaga akura ari nako yarushagaho kuba umuzungu neza.

Yagize ati”Umwana amaze gukura yatangiye kumbaza ati ese mama kubera iki tudasa? Ubwo nanjye naramusobanuriraga nti papa wawe ni umuzungu, naho wowe uri metis gusa ntibyamubujije guhora yibaza impamvu adasa na nyina w’umwirabura pire”

Sophie akomeza avuga ko byakomeje kumucanga cyane ko n’abaganga bibwiraga ko umwana azavuka afite amasura avanze ariko na bo batungurwa no kubona abyaye umuzungu, ibintu bitajya bipfa kubaho ku isi.

Gusa avuga ko abantu bamuzi neza bakunda kuvuga ko umukobwa we w’umuzungu, afite imico nk’iya nyina uretse ko badasa gusa, byaje gukomeza kumubera ihurizo rikomeye nyuma yo kubyara uyu mwana ho yafataga umwanya wo gusobanurira buri wese ko ari uwe ntibabyemere bakabyemezwa n’uko amwonkeje.

sophie ari kumwe namurumuna we n'umukobwa we w'umuzungu

Kugeza uyu munsi Sophie ni umutangabuhamya wo kuvuga ko atari ihame ko ababyeyi badahuje uruhu bashobora kubyara metis ahubwo bijya bibaho ko bashobora kubyara umwirabura burundu cyangwa se bakabyara umuzungu burundu.

Src: Santeplusmag.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • yes5 years ago
    This happen in life and is a genetic case.... it means father is dominant and mother is totally recessive
  • 5 years ago
    Ubwo se urumva ari umugore w umwirabura wabyaye umuzungu koko?ko ari umugabo w umuzungu wibyaye.bantu muahakana n abo mu yandi moko mugomba kubivaho kuko muzisanga mutakiri ku isi mukamera nk abahambanywe ikara kuko ntawe usa namwe uzaba wavutse.mubyarane na bene wanyu mukomeze kubaho mwororoke mubyarana bityo mubyare abo musa,kwibyara bitera ishema,rero umuntu utifuza kwibyara akajya kubyarana n abo badasa uwo ntareba kure,kuko ntawe uzamwibuka kuko ntawe bazaba basa.ndibuka kera nabwiwe ko mama yari agiye gushakana n umuzungu maze inshuti ya mama iramucyaha iti ariko uzi kubyara abana mudasa,ati ubwo ntacyo bikubwira koko,ati ubwo uzaba uwande mu gihe umuryango wawe mutazasa?maze mama abivamo atyo yishakira data umwirabura mwene wabo ubwo mba mvutse ntyo,nsa na data nkasa na mama,umbonye wese abazi ahita abyibwira nta kinshimisha nkabyo.





Inyarwanda BACKGROUND