RFL
Kigali

Bimwe mu byaranze uyu munsi mu mateka

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:7/03/2017 10:01
0


Uyu munsi ni kuwa 2 w’icyumweru cya 10 mu byumweru bigize umwaka tariki 7 Werurwe, ukaba ari umunsi wa 66 mu minsi igize umwaka, hakaba habura iminsi 299 ngo umwaka urangire.



Bimwe mu by’ingenzi byaranze uyu munsi mu mateka y’isi:

321: Constantine I , umwami w’abaromani yemeje ko umunsi wa dies Solis Invicti (sun-day) ari umunsi w’ikiruhuko mu bwami bw’abaromani.

1530: Umwami Henry VIII's yimwe gatanya na papa ahita kuva uwo munsi yemeza ko ari we muyobozi mukuru w’itorero ryo mu Bwongereza aho kuba papa.

1876: Alexander Graham Bell yahawe icyemezo cy’uko ari we wavumbuye telephone

1936: Hitler ntiyubahirije amasezerano ya Versailles,  yohereza ingabo muri Rhineland

1987: Mike Tyson yatsinze Bonecrusher mu mukino wa boxing

1994: Nelson Mandela wari ukuriye ishyaka ANC yanze cyifuzo cyo kugabanyamo Afurika y’Epfo ibice bibiri.

Abantu bavutse uyu munsi:

1693: Papa Clement XIII  yaravutse aza kwitaba Imana muri 1769

1927: James Broderick, umukinnyi n’umuyobozi w’amafilime wo muri Amerika yaravutse aza kwitaba Imana muri 1982

1934: Willard Scott, Umukinnyi w’amafilime ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yaravutse

1974: Jenna Fischer, umukinnyi wa filime wo muri Amerika yaravutse

1992 : Bel Powley, umukinnyi wa filime wo mu Bwongereza

Abantu bitabye Imana kuri uyu munsi:

1724: Papa Innocent XIII yaratabarutse (yavutse muri 1655)

1954: Otto Diels, umunyabutabire w’umudage wanahawe igihembo cya Nobel yaratabarutse. (yavutse muri 1876)

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND