RFL
Kigali

Bidateye kabiri,Habimana w’imyaka 24 yatandukanye n’umugore we Kamagaju w’imyaka 61

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:3/08/2015 17:42
9


Nyuma y’igihe kitagera ku mwaka Habimana Jean Pierre w’imyaka 24 y’amavuko na Kamagaju Jeannette w’imyaka 61 bakoze ubukwe bwatangaje benshi ndetse bahamyaga ko batazarambana, ubu iryavuzwe riratashye batandukanye n’ubwo bo bahamyaga ko urukundo rwabo rukomeye ndetse ko bazatandukanywa n’urupfu gusa



Habimana Jean Pierre (uzwi cyane nka Mohammed na Mandela) na Kamagaju Jeannette bakoze ubukwe bw’igitangaza bwahuruje imbaga y’abantu, ahanini bitewe n'uko umugore yarutaga cyane umusore ndetse anangana n'ababyeyi be nk'uko byahamijwe na se wa Habimana. Ubwo bukwe bwabaye ku wa gatandatu tariki ya 13 Nzeri 2014, bubera i Rukara mu karere ka Kayonza bambikana impeta basezerana imbere y’Imana kuzabana akaramata.

Habimana Jean Pierre n'umukunzi we Kamagaju Jeannette

Ubukwe bwabo bwabaye igitangaza

N'ubwo kugeza ubu bombi ntacyo baragira icyo babivugaho, amakuru arikuvugwa ni uko ngo hashize amezi agera kuri 3 baratandukanye ndetse batakiba mu nzu imwe.

Kamagaju Jeanette w’imyaka 61 y’amavuko ubusanzwe ni umuforomokazi ku bitaro bya Gahini byo mu karere ka Kayonza. N’ubwo benshi mu batuye Rukara bavuga ko Kamagaju afite myaka 61 n’umwe, we arayihakana akemera 53 gusa.

Kamagaju Jeannette uhamya ko afite imyaka 53 gusa

Habimana Jean Pierre (Mohammed) umusore baherutse kwambikana impeta, afite imyaka 24 y’amavuko, mu buzima busanzwe akaba umumotari, yemereye Kamagaju kumubera umugabo w’iteka kubera urukundo yari amufitiye ndetse akaba yarizeraga mu Mana ko bazabona n’urubyaro nk’uko Sarah yarubonye.

Umukwe n'umugeni bahawe ibyo kurya ntibabasha kubirya kubera abantu benshi babashungeraga ari nako ibitwenge n'akamo byari byose

Habimana yavugaga ko Imana ariyo yamuhuje na Kamagaju

Mu kiganiro Habimana yagiranye na Inyarwanda.com kuri telephone ye ngendanwa nyuma yo gusezerana na Kamagaju, yadutangarije ko we icyo aha agaciro ari urukundo, bakaba bagiye gukora ubukwe bakabana kuko bakundana, naho ku by’uko umukunzi we yaba yaracuze kuburyo atazabyara, we agahamya yizeye kuzabona urubyaro kuko na Sarah uvugwa muri Bibiliya nawe yabyaye kandi ashaje bityo akaba yumva ntacyamubuza kwibanira n’uwo yakunze.

Iyi ni inzu isanzwe ari iya Kamagaju yabagamo abapangayi bayikodeshaga ariko ubu agiye kuyibanamo n'umugabo we

Nyuma y'ubukwe, Kamagaju yahise yibanira n'umugabo we Habimana, babana muri iyi nzu ya Kamagaju

abageni

Reba hano inkuru n'amafoto by'ubukwe bwa Habimana na Kamagaju ndetse n'ibyo benshi babuvugagaho(comments) 

Ese ni iki cyaba gitumye Habimana atandukana n’umukunzi we Kamagaju w’imyaka 61 bari bariyemeje kuzabana akaramata? 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kaka8 years ago
    Buriya uyu mugirigiri wamusabaga ko batera akabariro buri munsi kdi umucyecuru yarakamye kera
  • kaka8 years ago
    Buriya uyu mugirigiri wamusabaga ko batera akabariro buri munsi kdi umucyecuru yarakamye kera
  • Mvuge iki8 years ago
    Kamagaju ndabona yarafite inzu nziza da! Ahubwo nuko atabishyize kumugaragaro ko ashaka umugabo, naho ubundi yari kubona umwe mubasore bari kurangiza muri za kaminuza zubu!
  • Mimi8 years ago
    Ariko se wakorana ubukwe n'uwakabaye umwuzukuru wawe ukibwira ko ibyo bintu byaramba koko? Nawe se cyera uwa 17 yarabyaraga umukobwa abyaye nawe akaba yabyara kuri 20 wenda ubwo se urumva umwe wabyaye kuri 17 uyu musore wa 24 ataba ari umwuzukuru we? namwe mubibare murasanga aribyo. Ubwo nyine type yishakiraga kurya kuri iyo nzu n'udufaranga by'umucyecuru arabibonye nta kundi divorce irabibagabanya da!
  • Dir8 years ago
    narabivuze, umusore wa 24, ajya kubana n'urujyo rw 61, si urukundo ye...iyo baza muri counseling bakagirwa Inama koko.
  • Dir8 years ago
    Ahubwo umusore yagiye kwegera mukecuru asanga aho zonkereje hasigaye inkondo z'ibijumba!!!
  • 8 years ago
    NDAMUSHIGIKIYE URUGO RWIZA KURIBO
  • Rwema8 years ago
    Iyo uru rugo rudasenyuka ni cyo cyari kuba ari igitangaza! Aba bantu ni inkunguzi, mwabonye he umusore ushaka umugore uruta se?
  • soso8 years ago
    Yebabawe ntibisazwe akakanya baratadukanye koko iyobihangana byibura umwaka ugashyira ntanumwana nunwe ni dange jabisa





Inyarwanda BACKGROUND