RFL
Kigali

Bamwe mu bahanzi bakomeye batigeze batsindira Grammy Award na rimwe

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:12/06/2018 16:01
0


Grammy Awards ni ibirori byatangiye muri 1959, ni cyo gihembo gikuru kurusha ibindi mu ruganda rw’umuziki ku isi. Hari abahanzi bamenyekana, bakaba bazwiho ubuhanga ndetse ibigwi byabo bikaba byaraciye agahigo nyamara bakaba batarigeze babasha gutsindira Grammy Award mu byiciro birenga 80 byose.



Ibi bihembo biba buri mwaka biba bitegerejwe na benshi ndetse benshi bafata kwegukana Grammy Award nk’ikintu gikomeye cyane mu mwuga wo kuririmba. Tugiye kugaruka ku bahanzi bakomeye batigeze begukana Grammy Award.

1.  Bob Marley

Image result for Bob Marley


Benshi bamufata nk’umwami w’injyana ya Raggae. Yari umuhanga ndetse umuziki we wabaye akarorero ku bandi bakora umuziki mu myaka yagiye ikurikira urupfu rwe. Ni umwe mu bahanzi bagurishije indirimbo zabo ku bwinshi mu mateka ya muzika. Akiriho, Bob Marley ntiyigeze yegukana Grammy Award n’ubwo yahatanye inshuro 2. Nyuma y’urupfu rwe muri 2001 Bob Marley yahawe Grammy Award yiswe “Lifetime Achievement Award”

2. Katty Perry

Image result for Katy Perry

Ni umwe mu bahanzi bamenyekanye cyane mu myaka ya za 2000, kuva yatangira gukora umuziki ndetse n’indirimbo ze zose zamenyekanye, ntaregukana Grammy Award. Katty Perry amaze guhatana inshuro 13 ariko ntagire amahirwe yo gutsindira iki gihembo benshi baharanira.

3. Nicki Minaj

Image result for nicki minaj

Ni umwe baraperikazi bubatse izina ku isi hose ndetse bamwe bamwita umwamikazi wa hip hop gusa ntarabasha kwegukana Grammy Award. Yahatanye inshuro zigera ku 10 ariko ntiyasekerwa n’amahirwe.

4. Notorious B.I.G

Image result for big notorious

Ni umwe mu bahanzi bazwi cyane bakoze hip hop. Afatwa kandi nk’umwe mu baraperi b’ibihe byose. Yatabarutse varashwe ku myaka 24 gusa y’amavuko gusa nawe ntiyigeze yegukana Grammy Award ariko yahatanye inshuro 4.

5. Tupac Shakur

Image result for tupac shakur

Ni umwe mu bahanzi abakora hip hop hafi ya bose bareberaho. Ubuhanga yandikanaga indirimbo, uburyo yaririmbaga ndetse n’ibitekerezo bye ni urwibutso rukomeye yasize mu isi y’imyidagaduro. Nawe yahatanye inshuro 7 ariko ntiyagira na rimwe yegukana Grammy Award.

6. Spice Girls

Image result for spice girls

Iri ni itsinda ryabiciye bigacika mu myaka yatambutse, ryabarizwagamo abakobwa 5 b’abongereza ari bo Melanie Brown ("Scary Spice"), Melanie Chisholm ("Sporty Spice"), Emma Bunton ("Baby Spice"), Geri Halliwell ("Ginger Spice"), na Victoria Beckham ("Posh Spice"). N’ubwo bamenyekanye, ntibigeze begukana Grammy Award.

7.Snoop Dogg

Image result for snoop Dogg

Yahatanye insuro 17 zose nyamara ntiyari yegukana Grammy Award na rimwe. Snoop Dogg ni umwe mu baraperi babiciye bigacika mu myaka yatambutse.

8. Busta Rhymes

Image result for busta rhymes

Uyu nawe benshi bamumenye nk’umuraperi, gusa nawe ntiyigeze abasha kwegukana Grammy Award n’ubwo yahatanye inshuro 11.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND