RFL
Kigali

Amafoto ya Diamond asomana na Zari yashimangiye ko urukundo rwe na Wema Sepetu ruri mu marembera

Yanditswe na: Editor
Taliki:24/11/2014 11:10
11


Umukobwa w’umuherwe ukomoka muri Afrika y’Epfo ariko uba mu gihugu cya Uganda witwa Zari, bikomeje kugaragara ko bidasubirwaho hari umubano wihariye hagati ye na Diamond ndetse ko hari ikihishe inyuma y’ibihe bagiranye mu minsi ishize n’ubwo Diamond we yavuze ko nta bijyanye no kuryamana nawe birimo.



Nyuma y’uko mu minsi ishize twabagejejeho inkuru ivuga ko hari ibimenyetso byerekana ko Diamond yaba yarasimbuje umukunzi we Wema Sepetu umuherwe witwa Zari, haje ikimenyetso simusiga kigaragaza ko ibyabo bifite intera byagezeho, aya akaba ari amafoto yagiye hanze aho Diamond n’uyu mukobwa w’umucuruzikazi ukize cyane muri Uganda bafotowe basomana mu buryo bwimbitse, ibi bikaba bikomeje gushimangira ko hari ibindi byihishe inyuma y’umubano wabo bitari ibijyanye n’akazi nk’uko Diamond aherutse kubitangaza.

Diamond n'uyu mukobwa Zari bafotowe basomana byimbitse

Diamond n'uyu mukobwa Zari bafotowe basomana byimbitse

Mu minsi micye ishize ubwo amafoto ya Zari yajyaga hanze ari kumwe na Diamond, byatangiye kuvugwa ko baba bari mu rukundo ndetse ko Diamond yabonye uyu mukobwa w’umuherwe akava mu bye kuburyo yahisemo guhita areka umukunzi we bari bamaranye igihe uzwi ku izina rya Wema Sepetu; uyu munyatanzaniyakazi ukina filime akaba yaranigeze kuba Miss Tanzania akaba yanafatwaga nk’umugore wa Diamond wo mu gihe kiri imbere dore ko na Diamond ubwe atatinyaga kwerekana ko uyu mukobwa yamutwaye umutima.

diamond

diamond

diamond

diamond

diamond

diamond

zari

zari

zari

zari

zari

Diamond na Zari bagiranye ibihe byiza mu mujyi wa Dar Es Salam

Diamond na Zari bagiranye ibihe byiza mu mujyi wa Dar Es Salam

Ubwo Diamond yabazwaga ibye na Zari, yatangaje ko barimo gufatanya ubushabitsi (business), ko bafite imishinga barimo gukorana ariko bakaba ntabyo bakora bijyanye no kuryamana nk’uko abantu babivuga.  Gusa n’ubwo yabihakanye agatsemba, amafoto yabo basomana yabaye ikimenyetso cyerekana ko ibyabo byafashe indi ntera ndetse hari n’amakuru yemeza ko bamaranye iminsi isoza iki cyumweru dusoje muri Hoteli yitwa Double Tree muri Tanzaniya iherereye mu mujyi wa Dar-Es-Salam.

diamond

wema

Diamond asanzwe yerekana mu ruhame ko akundana na Wema Sepetu

Diamond asanzwe yerekana mu ruhame ko akundana na Wema Sepetu

Bivugwa ko Diamond na Zari bahuriye bwa mbere mu ndege ubwo Diamond yavaga muri Afrika y’Epfo naho Zari avuye mu kiruhuko mu gihugu cya Zimbabwe, bagihura bakaba barahuje kuburyo kuva icyo gihe umubano wa Diamond n’umukunzi we bari basanganwe wahise uzamo agatotsi.

Manirakiza Théogène






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • uu9 years ago
    Aha ndabona bitoroshye nibyo kwitonderwa gusa wema nacyo yaba ahobye
  • umusomyi9 years ago
    sepetu yariye indobo tu
  • 9 years ago
    daiamond indaya ifatafata!
  • nadia9 years ago
    Wema ntaribi bareke nawe ejo bazashwana wowe iyakire 2ubundi wirire fashion!utembere mukamodoka nka gift Wang ubundi ubareke!akagahungu burya kazonzwe gutya?gafite palapala gusa!kaguteje abantu syiiiiiiiiii!
  • 9 years ago
    birababaje wagirango hari abantu imana yaremewe gufatafata abandi ikabaremera gusenya urukundo rwa abandi
  • cola9 years ago
    ArikO se aba bakobwa babuze abagabo mubihugu byabo? basi niba barababuze ni banyarukire mu Rwanda barebe abasore biyubashye,naho ibyo gukurikira amafranga ntacyo bimaze kuko iyo ashize uhinduka ubusa,nawe se ipantaro iri muntege abareba ubwiza bo sinzi icyo babonye wenda ahari amafranga sinamenya urukundo jye narinzi ko rutandukana namafranga niba ,gusa wenda nabo bakobwa bakurikiye ifaranga ntawamenya ,ubwo numva ntawari ukwiye kugira agahinda cyane ko nuwo mukobwa yari yarataye umugabo babanaga,ngo uje niko unagenda.
  • frida9 years ago
    courage 2
  • 9 years ago
    Amafot yadayamod
  • 9 years ago
    DIAMOND REKAKUBONISHITAMBANGUTE URWOWARIWAMBAYEWIHEMUKIRA UWOMUNYATANZANIAKAZI
  • 9 years ago
    Ntacyo Bibaye!
  • 8 years ago
    amaruyanyu





Inyarwanda BACKGROUND