RFL
Kigali

Amafoto agaragaza uburyo abayislamu bizihije Eid Al Fitr mu bice bitandukanye by'Isi

Yanditswe na: Seleman Nizeyimana
Taliki:29/07/2014 8:51
0


Kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Nyakanga 2014, abayoboke b’idini ya islamu mu bice bitandukanye by’isi bahuriye mu isengesho rusange rwa Eid Al Fitr, risoza ukwezi gutagatifu kuri bo kwa Ramadhan, aho baba bamaze ukwezi biyiriza ubusa bakora ibikorwa bitandukanye byo kugandukira Imana.



Hirya no hino ku isi, yaba ku bihugubigendera ku mahame y'idini ya islamu hamwe n'ibindi uyu munsi bakaba barawizihije, banasabira abavandimwe babo bari mu bibazo by’intambara cyane cyane abaherereye i Gaza.Nyuma y'iri sengesho rusange riba mu gitondo cya kare, abenshi basubira mu miryango yabo bakajya gukomerezayo ibirori.

Dore uko byari byifashe hamwe na hamwe

aj

Aha ni ku musigiti mukuru wa Moscow mu gihugu cy'u Burusiya ahari hateraniye imbaga y'abayislamu, police nayo ibacungiye umutekano

ka

Aha, iyi foto iragaragaza akana gato bari bazanye mu masengesho gahaze, mu gihe abayislamu barimo basenga mu mujyi wa Lisbonne muri Portugal ahitwa Martim moniz

an

Baghdad mu giugu cya Irak, Abayislamu bo mu bwoko bw'Abasunni nabo bitabiriye isengesho rya Eid Al fitr

al

Mu Bihinde, abayislamu biteguraga uyu munsi mukuru bari mu masoko bahaha

an

Guverineri w'Intara ya Kirkuk hamwe na bamwe mu basirikare nabo basangiriye hamwe ifunguro rya sa sita bizihiza Eid Al fitr

ma

Abayislamu bo muri Nigeria nabo bahuriye muri stade y'igihugu mu murwa mukuru Lagos, maze bitabira iri sengesho gusa umugore umwe yaje kwiturikirizaho igisasu beshi bahatakariza ubuzima

ma

Impunzi z'abanya-Afghanistan n'Abanya-Pakistan nabo bahuriye mu isengesho rya Eid Al Fitr

ma

Abanye Palestin b'abayislamu nabo bahuriye ku musigiti wa Al Aqsa, ahantu hatagatifu ha gatatu muri Islam mu mujyi wa Jerusalem

ja

Abigaragambya muri Palestine bagaragaza ko batishimiye ibitero bya Israel nabo bakajije umurego nyuma y'isengesho

am

Mu mujyi wa Cairo mu gihugu cya Egypte, Abayoboke b'idini ya Islamu babasunni basengeye ku musigiti wa Al-Azhar. Aka kana kakaba kiryamiye nako kakaba karashimishije umufotozi mu mafoto yagaragaje iyi iza mu za mbere

am

Mu Misiri ku musigiti wa Al-Azhar

a,

I Kandahar mu majyepfo ya Kaboul mu gihugu cya Afghanistan naho basenze iri sengesho bacungiwe umutekano n'abasilikare

ma

Muri Indonesia, kimwe mu bihugu bibarurwamo umubare munini w'abayoboke b'idini ya Islam

am

Jama Masjid, New Delhi mu Buhinde

amk

Sanaa muri Yemen.

laksm

I Jerusalem

mals

Mu gace ka Gaza ku butaka bw'Abanya-Palestini nubwo batorohewe n'ibitero by'Abanyasrael ntibyababuje kwitabira isengesho rya Eid al fitr ku musigiti wa Omari

akjs

Kaboul

am

Banda Aceh, mu Ntara ya Aceh muri Indonesia, Abasilamukazi nabo bari babukereye

am

ku musigiti wa Lakemba , Sydney muri Australia

am

Muri Philippines

ka

Kuala Lumpur muri Malaysia.

HAG

Bilin, West Bank ku butaka bwa Palestine

am

Aha muri Palestine bahise bakomeza imyigaragabyo basaba ko Israel yareka ibitero byayo igaba mu gace ka Gaza

ma

Jakarta muri Indonesia berekeza aho bagombaga gusengera

mz

Abana nabo ntibahatangwa

na

Jakarta muri Indonesia

am

Nyuma y'isengesho rya Eid Al Fitr, bamwe baboneraho gusura ahashyinguwe abo mu miryango yabo maze bakongera kubasabira ku Mana

han

Ni umunsi w'abana

na

man

Ni umunsi abantu bahura bagahuza urugwiro bishimira ibyiza byawo

am

Abacuraza ibintu bitandukanye nabo babona ibyashara

ma

Aha ni mu isoko rya Al-Asrouniyeh mu mujyi wa Damascus muri Syria.

ma

Aha ho ni muri Yemen

am

N'ubwo nabo bakiri mu bibazo by'Intambara, muri Syria bizihije mu buryo bukomeye uyu munsi wa Eid al fitr. Aha ni mu musigiti wa Al-Khair i Damascus 

a

Kabul muri Afghanistan, Abasirikare bashinzwe umutekano wa Perezida nabo bafashe umwanya 

aj

Uyu ni Perezida Hamid Karzai wa Afghanistani hamwe n'abarinzi be, nyuma y'isengesho

ja

Mu Rwanda uyu munsi naho uhabwa agaciro, Dore ko Leta y'u Rwanda itanga ikiruhuko ku bakozi n'ibigo byose bya Leta. Ku rwego rw;igihugu isengesho rya Eid Al Fitr ryabereye kuri stade regional y'i Nyamirambo

am

Abiyislamu bo mu Rwanda, nyuma y'isengesho

am

Marseille mu gihugu cy'u Bufaransa

na

Muri Thailand, uyu musaza n'abuzuku be nawe yaboneyeho gusabira abo mu muryango we

 

Nizeyimana Selemani

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND