RFL
Kigali

Afrika y’epfo- Umupasiteri yategetse abakristo kwambara ubusa kugirango Yesu abinjiremo neza

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:22/05/2015 21:22
11


Nyuma y’inkuru iherutse kuvugwa muri Afrika y’epfo y’umupasiteri wasengeye abakristo abahenesheje akabajya inyuma mu bibuno ngo ari kubaturiraho urushako nyarwo,muri iki gihugu habonetse undi uri gusengera abantu bambaye ubusa ngo ni ukugirango Yesu abinjiremo neza.



Umupasiteri w’itorero Ends Time Disciples Ministries riherereye Soshanguve mu mujyi wa Pretoria mu gihugu cya Afrika y’epfo, yasabye abakristo gusohoka bagakuramo imyenda bakagaruka akabasengera bambaye ubusa kandi barambaraye hasi kuko aribwo Yesu ngo abinjiramo neza.

South Africa

Abo yasengeraga ni uko bari bambaye,uyu mukobwa nawe agiye kumusengera

Nk’uko tubikesha youth village,uwo mupasiteri, ubwo yarimo yigisha mu iteraniro yabwiye abakristo ko Imana yohereje imbaraga zitwika nk’umuriro bityo ngo kugirango basabane na Yesu bagomba gukuramo imyenda,ubushyuhe ntibubatwike.

Yabasabye gukuramo imyenda bakagaruka akabasengera Yesu akabajyamo neza

Uku niko yabasengeraga bambaye


Bamwe bati kuki abakristo bemera gukuramo imyambaro yabo


Hano Pasiteri yicaraga ku bakristo bambaye ubusa akabasengera baryamye hasi

Muri iki gihugu cya Afrika y’Epfo, undi mupasiteri witwa Pastor Lesego Daniel uyobora itorero Rabboni Centre aherutse gutegeka abakristo ko barya ibyatsi kuko ngo bizabafasha kwegerana n’Imana.

Pastor Lasego Daniel usengera abakristi abakandiye ku migongo yategetse abakristo be kurya ibyatsi nabo baramwemerera ndetse banatanga ubuhamya ko bibagwa neza

Umwe mu bakristo bariye ibyo byatsi yatangaje ko yabikoze mu kugaragaza ko imbaraga z’Imana nta na kimwe zinanirwa kuko baryaga ibyo byatsi kandi bikabagwa neza.

Si abo bashumba banengwa gusa ahubwo no mu gihugu cya Kenya, Rev Pastor Njohi uyobora itorero Lord’s Propeller Redemption aherutse gusaba abakristo be b’abagore n’abakobwa ko bazajya baza gusenga nta myenda bambariyemo imbere kugirango Yesu abashe kubinjiramo neza,benshi mu babyanze barahagaritswe mu itorero. 

Abakristo be bazaga gusenga nta myenda y'imbere bambaye

Bamwe mu bakristo ntabwo bemera ibi biri gukorwa na bamwe mu biyita abakozi b'Imana kuko hari abemeza ko ari nayo ntandaro yo gukorerwa ibyamfura mbi bakabasambanya,kubakorakora n'ibindi nk'ibyo bitwaje Imana bakabeshya abakristo ko barimo kubakuraho imyuka mibi. 

Mu Rwanda ho ntabwo birahagera cyane gusa hari bamwe bavugwaho gukoresha imiti y'abapfumu bakayiha abakristo ndetse hari na bamwe bagurisha abakristo amabuye n'amavuta yakuwe muri Israel.

Hari undi kandi uherutse gutangariza inyarwanda.com ko agiye gutangiza itorero rizemerera buri muntu wese kuza yambaye uko ashaka yaba indaya,umusinzi n'abandi bose ngo bazaba bemerewe cyane guhabwa inshingano mu itorero rye. 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    Abakristo nibabe maso bashyire mugaciro ibyo babwirwa naba pasteur babo
  • The Islamist8 years ago
    Najyaga nseka abasilamu kuba batemerera amadini ya gikristo. Mbasabye imbabazi. Nanjye uwampa ubushobozi sinakwemerera aya madini ya shitani.
  • Beraka8 years ago
    Ico ni kimwe mu bimenyetso vy'ukugaruka kwa Kristo
  • nibyiringiro8 years ago
    bibahose birakabije ntibizagere icu murwanda.
  • bty8 years ago
    yewe Satan asigaye agenda n'amaguru pe,hagati mu Bantu.
  • Pastor Theogene Munyakazi8 years ago
    Ndashaka kuvuga kubiyita abakozi b'Imana muri iki gihe ni benshi kandi Atari bo ahubwo ari aba satani. Kuko nta muntu muzima uyobowe n'Imana wakoresha abantu ibintu nk'ibi biteye isoko n'agahinda. Aba ni abo gusebesha abakozi b'Imana gusa. Icyo nasaba abakristo ni ukugenzura imbuto ze gusa nayihaye butyoza bwe afite.ikindi abantu bahagurukire gusoma ijambo ry'Imana kuko niryo rituyobora kuko biriya byose bakorewe ntaho byanditse muri Bible.Gusa Uwiteka ababarire ababikora kuko ni ubugome burenze kandi ninubuyobe,ariko se uwababaza aho babikura ko nta gisubizo bavuga.kuyobora abantu si ukubambika ubusa cg kubarisha ibyatsi nk'igihano bahawe.Uwiteka atubabarire pe.
  • Pastor Theogene Munyakazi8 years ago
    Nge ndabona bakwiye no guhanwa n'ubuyobozi bwa leta igihe hari abantu hotkeys inyuma y'iby'Imana bagakora amarorerwa.
  • issa8 years ago
    NTA MUNTU NUMWE UZABARIZWA UNDI KUKI WAKUMVIRA PASTOR KURUSHA IMANA. BYOSE BIVA KU KWIGIRA ABANDI BANTU NATWE TUKABIFATA UKO IKIBWIRIJWE CYOSE SI ICYO KUMIRA BUNGURI KUKO IMANA YADUHAYE NATWE UBWENGE N'UBWIGENGE. MUYOBOKE IDINI YUKURI ISLAM
  • issa8 years ago
    NTA MUNTU NUMWE UZABARIZWA UNDI KUKI WAKUMVIRA PASTOR KURUSHA IMANA. BYOSE BIVA KU KWIGIRA ABANDI BANTU NATWE TUKABIFATA UKO IKIBWIRIJWE CYOSE SI ICYO KUMIRA BUNGURI KUKO IMANA YADUHAYE NATWE UBWENGE N'UBWIGENGE. MUYOBOKE IDINI YUKURI ISLAM
  • gedeon8 years ago
    kugiri i nshusho yo kwera bahakana imbaragazako 2 timoteo3:5,abo naba pastor birari ryabo sabimana
  • 8 years ago
    Bakristo uko vyari mumisi ya Nowa niko biri n'uyu musi hari ubu garariji mpuza butsina kandi n'uyu musi niko biri mugabe bakozi b'Imana murongoye amashengero mukure ibibi muri mwebwe





Inyarwanda BACKGROUND