RFL
Kigali

Abinyujije mu mushinga "N'ufashwa yafasha", umunyamakuru Gutterman Gutter akomeje gufasha abana batishoboye

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:30/01/2015 14:27
4


Ku nshuro ya kabiri umunyamakuru Bujyacyera Jean Paul uzwi ku izina rya Gutterman ukorera Radiyo Isango Star agiye gukora igikorwa cyo gufasha abana batishoboye abinyujije mu mushinga we udaharanira inyungu wa Nufashwa yafasha.



Mu kiganiro Gutterman Gutter yagiranye na inyarwanda.com yatangaje ko igitekerezo cyo gufasha abana batishoboye yakigize ubwo yari yagiye mu butumwa bw’ akazi mu Karere ka Gatsibo .

Umunyamakuru Gutterman Gutter 

Umunyamakuru Gutterman Gutter

Yagize ati ” Urabona abanyamakuru tugira ingendo ahantu hatandukanye. Mu mwaka ushize ubwo nari nerekeje mu Karere ka Gatsibo nahasanze abana barwaye amavunja, nta myambaro bafite , ntan’ibikoresho by’ishuri bafite. Nibwo nagize igitekerezo cyo gutangiza igikorwa cyo kubafasha, nshinga project nyita Nufashwa yafasha

Gutterman yakomeje asobanura ko impamvu yise umushinga we Nufashwa yafasha ariko uko kugira ngo umuntu agire umutima utabara, bidasaba ko aba yamaze kubanza kwifasha.  Kubwe  asanga n’umuntu na we ugifite abamufasha atabura gufasha ababaye kumurusha kuko bahari kandi benshi ari naho yakomoye inyito y’umushinga we udaharanira inyungu.

Yunzemo ati “Gufasha ntibisaba kuba umuntu yifashije ahubwo ni umutima mwiza no kwicisha bugufi. Kuba nibura hari icyo twe twagezeho , hakaba hari n’intambwe byibuze twateye mu buzima nyamara hari abakeneye ubufasha ndetse bari inyuma yacu cyane ,byakaduteye gutuma twitekerezaho n’uruhare twagira mu guhindura isi ndetse no gufaha ababaye kuturusha.”

Gutterman avuga ko uyu mushinga yawutangije mu mwaka ushize wa 2014, awutangira wenyine ariko nyuma abavandimwe n’inshuti ze za hafi zagiye zimutera ingabo mu bitugu  bityo abona ubushobozi bwo kubasha gufasha abana bo Karere ka Gatsibo,umurenge wa Ngarama.

Gutter man ari hamwe na bamwe mu bana afasha

Gutter man ari hamwe na bamwe mu bana afasha

Ku nshuro ya mbere mu byo yabafashije harimo kubahanduza amavunja bari barwaye no kubavuza, kubabonera imyambaro isanzwe kuko abenshi bari bambaye ubusa, ibikoresho by’isuku ndetse n’iby’ishuri harimo imyenda y’ishuri ndetse n’amakayi. Umunyamakuru Gutterman abinyujije mu mushinga Nufashwa yafasha , yanabashije kwishyurira amafaranga y’ishuri abana bacikirije  amasomo yabo.

Yabageneye impano y'ibikoresho by'isuku nimyambaro

Gutter man Gutter

Yabageneye ubufasha bw'ibikoresho by'isuku ndetse n'imyambaro

Nkuko  Gutterman yakomeje abidutangariza ku itariki ya 16/02/2015 nibwo igikorwa cyo gukomeza gufasha aba bana azagikomeza. Muri uyu mwaka akaba azakurikizaho koroza amatungo amagufi(Ihene, Inkwavu, inkoko, ..)imiryango y’abana afasha bityo bikabafasha kugerageza nibura kwikura mu bukene.

Gutterman yasoje ikiganiro twagiranye asaba ubishoboye wese kandi ufite umutima utabara ko amarembo yinjira muri Nufashwa yafashwa Project akinguriye buri wese bagafatanya gufasha imbabare.

R.Christophe






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Manirareba Felix9 years ago
    icyo nigitekerezo cyiza yagize cyakabaye intanga rugero kubandi kdi mureke tumufashye dutabare izo nzirakarengane!!
  • Niyonkuru9 years ago
    Murakoze ku bw'ino nkuru ndetse nuwo muvandimwe nawe afite igitekerezo kiza ariko please, bibiliya iravuga ngo ukuboko kw'iburyo nigutanga ukwibumoso ntikikabimenye, ngirango bishatse kuvugango, nugira neza nukabiririmbe! Muvandi yeego ndabona amafoto yabana bangahe na makayi angahe ariko se uretse guca igikuba ubwo bufasha bwawe koko burangana iki? Aha usuzuguye abayobozi baho cyane nababyeyi! Well, panga ikintu gifite imbaraga na structure kandi kiri sustainable ubundi bagufashe ukore ariko ibi ndabyanzeni ukwifotoza! Sorry
  • President 9 years ago
    Ubu koko uyu mu type we arifashije mbere yo kubeshya ngo arafasha abana. Niyonkuru avuze ukuri abafasha ntago birirwa babitangaza
  • Dany9 years ago
    Ariko ntimugace intege abatekereza neza urumva Niyonkuru ko avuze nabi tukurinyuma wangu komera ubateze imbere dore basigaye inyuma





Inyarwanda BACKGROUND