RFL
Kigali

Umuhanzi Muvunyi Yesaya yasabye anakwa umukunzi we yise ikibasumba-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:16/06/2018 18:20
5


Muvunyi Yesaya ukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yasabye anakwa umukunzi we Chantal Mukanyandwi yise 'Ikibasumba'. Muvunyi Yesaya ari mu bahanzi bakunzwe cyane mu karere ka Nyagatare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel).



Kuri uyu wa Gatanu tariki 15/06/2018 ahagana isaa Tanu za mu gitondo ni bwo Muvunyi Yesaya na Chantal Mukanyandwi basezeranye imbere y'amategeko ya Leta, mu muhango wabereye mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi. Saa munani z'amanywa z'uwo wa Gatanu, Muvunyi Yesaya yasabye anakwa umukunzi we mu muhango wabereye mu mujyi wa Kigali kuri Jabbok iherereye i Gikondo imbere ya Ambassador's Park.

REBA HANO 'HARI IGITONDO' INDIRIMBO YA YESAYA

Muvunyi Yesaya

Yesaya yemeye kuba umugabo wa Chantal mu buryo bwemewe n'amategeko 

Muvunyi Yesaya

Chantal nawe yemeye kuba umugore wa Yesaya mu buryo bwemewe n'amategeko

Muvunyi Yesaya w'imyaka 38 y'amavuko, ubwo yatangazaga umukunzi we mu minsi micye ishize, hari abavuze ko bataberanye kuko bahamya ko umukobwa agiye kurongora ari mubi. Byahise bimutera gutangaza icyo yakundiye Chantal. Aha ni ho yatangarije ko umukunzi we ari 'Ikibasumba' ndetse akaba yariyemeje kuzabana nawe ubuzima bwe bwose na cyane ko ngo yamukundiye umutima mwiza afite atigeze asangana undi mukobwa uwo ari we wese ku isi. Yaragize ati:

Abavuga ngo Chantal ni mubi nibamundekere, ni njye uzi icyo namukundiye. Namukundiye umutima we mwiza agira. Cher Chantal ndamukunda cyane kandi namutoranyije muri benshi. Cher wanjye nzamukundwakaza, murinde icyamubabaza, nzamurinda icyamushavuza nzamuhoza mu gatuza kanjye, umutima wanjye utera tuzaba turi kumwe, nzamurinda ikibi kuko ni mwiza kuri njye ikibasumba cyanjye. Mahoro yanjye, ibyishimo byanjye, reka mutake mutoneshe, nzamurinda icyamubabaza cyose, aragahorana nanjye ibihe byose, tuzatandukanywa n'urupfu cyangwa Yesu agarutse. 

Yesaya Muvunyi ni umukristo mu itorero rya ADEPR Nyagatare ari naho atuye akanahakorera ubuhanzi n'akazi ke kamutunze. Ni umuhanzi ukunzwe mu ndirimbo; Hari igitondo, Tumushime, Dore umugisha, Ibikari n'izindi. Mu mwaka wa 2015 hatangajwe amakuru y'uko itorero rye rya ADEPR ryamushyizeho igitutu rimutegeka gushaka umugore atabikora bakamuhagarika ntazongere kuririmba mu nsengero zose za ADEPR muri Nyagatare. Kuva ubwo Yesaya yatangiye gushaka umukobwa azarongora. Biteganyijwe ko Yesaya na Chantal bazasezerana imbere y'Imana tariki 23/06/2018.

REBA AMAFOTO

Muvunyi Yesaya

Yesaya na Chantal babanje gusezerana imbere y'amategeko

Muvunyi Yesaya

Hakurikiyeho umuhango wo gusaba no gukwa

Muvunyi YesayaYesayaYesayaYesayaMuvunyi YesayaMuvunyi Yesaya

AMAFOTO:Rusanganwa Erick Stones






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • elie5 years ago
    bareke bayavuge umugoremwiza umuhabwa nuwiteka
  • nyiramasengesho joseline5 years ago
    arikomana umugore mwiza umuhabwa nuwiteka kd chantal simubi pee ukwari Imana yabonye aribyobimukwiriye abobavuga kwarimubi umubiri nubusa Imana ibabarire kuko ntamuntu mubi ubaho ntanumwe uzajyamwijuru kuko afite isura nziza
  • yyy5 years ago
    ngo uyu mudamu ni mubi se he ra!! amaso ntareba kimwe
  • Peyton5 years ago
    Abanyarwanda baranyobeye. Aba bantu baraberanye 100% kdi umuntu wese uvuga ngo uyu mukobwa ni mubi nawe ni mubi ku mutima.
  • Apophia3 years ago
    Ngo ni mubi??? bihorere woe wiyubakire urwawe!! Imana yabahuje niyo izi impavu yabyo. Mukomeze kugira urugo rwiza!!! Turabakunda





Inyarwanda BACKGROUND