RFL
Kigali

TOP10: Abantu b’ibyamamare mu Rwanda bakiriye agakiza bakabatizwa mu mazi menshi mu mezi macye ashize

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:10/06/2017 10:52
2


Nyuma y’abahanzi nyarwanda batari bacye bavuga ko basengera muri ADEPR aho twavugamo nka Jay Polly, Bruce Melody, Mani Martin, Gabiro Guitar, Allioni n’abandi, kuri ubu abantu bazwi na benshi hano mu Rwanda bari kubatizwa ku bwinshi. Mu bamaze kubatizwa tugiye kurebera hamwe muri iyi nkuru, bavuga ko bakiriye Yesu Kristo nk’Umukiza wabo.



Anita Pendo

Tariki 25 Ukuboza 2015 ari kuri Noheli ni bwo Anita Pendo yabatijwe na Prophet Ruzindana Prince uyobora itorero Jesus is coming. Anita Pendo ni umunyamakuru, umushyushyarugamba (Mc) ndetse akavangavanga n’imiziki(Dj). Nyuma yo kubatizwa, Anita Pendo yaje guhabwa inshingano zo kuba umudiyakoni ndetse ashingwa itangazamakuru muri Jesus is coming church.

Image result for Anita pendo yabatijwe inyarwanda

Anita Pendo ubwo yabatizwaga mu mazi menshi

Liza Kamikazi

Umuhanzikazi Liza Kamikazi wamenyekanye mu muziki nyarwanda kuva mu mwaka wa 2008, tariki 3 Kanama 2016 ni bwo yabatijwe na Rev Dr Mugisha Charles umushumba mukuru w’itorero New Life Bible church ku isi. Nyuma yo kubatizwa, Liza Kamikazi yagize ati: “Nahisemo gukurikira Yesu, nta gusubira inyuma, nta gusubira inyuma” Abantu basengana na we bavuga ko Liza yahindutse cyane, akaba asigaye ari umukristo ukunda kuba cyane imbere y'Imana ndetse akaba ari umwe mu bakunda gusenga biyirije ubusa.

Liza Kamikazi

Liza Kamikazi ku munsi w'umubatizo we

Miss Lynka Akacu

Miss Lynka Akacu ni umukobwa wegukanye ikamba ry’igisonga cya kabiri cya Nyampinga w’u Rwanda 2015, icyo gihe yari afite imyaka 18 y’amavuko. Nyuma y’imyaka ibiri abaye igisonga cya kabiri cya nyampinga w’u Rwanda Lynka Akacu ku myaka 20 ye y’amavuko yabatijwe mu mazi menshi tariki 12 Werurwe 2017, abatirizwa muri New Life Bible church.

lynka

lynka

Miss Lynka ubwo yabatizwaga

Kanyombya

Kuri pasika iheruka tariki 16 Mata 2017, ni bwo Kayitankore Ndjoli uzwi nka Kanyombya yateye ikirenge mu cya Yesu Kristo abatizwa mu mazi menshi ndetse akaba yarabatirijwe hamwe n'umugore we. Kanyombya yabatirijwe mu itorero Rehoboth Pentecostal church mu Rwanda, abatizwa na Bishop Mugisha Gerald. Kuri ubu avuga ko agikomeje gusetsa abantu no gukina filime by’umwihariko akaba agiye kugaragara muri filime azakinamo ari Yesu/Yezu.

Kanyombya yabatijwe mu mazi menshi nyuma y'amezi ane yakiriye agakiza

Kanyombya na we yabatijwe mu mazi menshi

Miss Fiona Mutoni

Mutoni Fiona ni umukobwa wabaye igisonga cya gatatu muri Miss Rwanda 2015. Mutoni Fiona yabatijwe nyuma yo kubwirizwa na Amanda Fung umugore wa Kavutse Olivier. Tariki 23 Mata 2017 ni bwo Miss Mutoni Fiona Naringwa yabatijwe mu mazi menshi, abatirizwa mu itorero Christian Life Assembly (CLA).

Mutoni Fiona

Miss Mutoni Fiona na we yabatijwe mu mazi menshi

Cobra washinze akabyiniro ka Cadillac

Inkuru yo kubatizwa kwa Cobra (Eugene Habimana) washinze akabyiniro ka Cadillac na Mama Africa restaurant, yamenyekanye tariki 29 Werurwe 2017. Cobra yabatijwe mu mazi menshi na Apotre Paul Gitwaza wamwibije inshuro 7 muri Yorodani, abatirizwa mu gihugu cya Israel muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo.

ISRAEL: Cobra washinze Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Cobra yabatijwe na Gitwaza

The Pink

Tariki 14 Mata 2017 ni bwo Uwineza Clarisse uzwi nka The Pink yabatijwe mu mazi menshi, abatirizwa mu itorero Restoration church ry'i Masoro. Uyu muraperikazi wahoze akora umuziki usanzwe nyuma yo gukizwa akinjira mu muziki wa Gospel, yadutangarije ko yakiriye agakiza muri 2010, gusa ngo kuko atari yakabatijwe mu mazi menshi, yumvaga hari ikintu abura ngo abe umukristo wuzuye.

Umuraperikazi The Pink yateye ikirenge mu cya Yesu abatizwa mu mazi menshi-AMAFOTO

Umuraperikazi Pink acubizwa mu mazi menshi

The Pink

The Pink na Vava (Valentine) wamufashije mu rugendo rwo kwegera Imana kugeza afashe icyemezo cyo kubatizwa, hano bari barimo gushima Imana nyuma yo kubatizwa

Rasta Jean Marie

Tariki 30 Mata 2017 ni bwo Nsanzubukire Jean Marie uzwi nka RASTA yahamirije mu rusengero rwa Vivante Kimihurura ko yakiriye Yesu Kristo nk’Umwami n’Umukiza we ndetse nyuma y’amasaha macye ahita abatizwa mu mazi menshi na Rev Pastor Gataha Straton, abatirizwa muri pisine yo kwa Rubangura i Kimihurura. Ku munsi wo kubatizwa kwe, yatanze ubuhamya avuga uko yapfuye akazuka. Nyuma yo kubatizwa yatangarije Inyarwanda ko agiye kuba umu Rasta wa Yesu.

Jean Marie aka Rasta

Rasta Jean Marie ubwo yabatizwaga

Ben Abayisenga

Ben Abayisenga ni umunyamakuru wamamaye mu kiganiro cy’imyidagaduro kuri radiyo Musanze. Tariki 6 Gicurasi 2017 ni bwo yabatirijwe mu itorero rya ADEPR, atera iyo ntambwe kugira ngo avuke bushya ndetse akurikire inzira Yesu Kirisitu yanyuzemo ubwo yabatizwaga mu mazi menshi na Yohana Umubatiza.

beni abayisenga

Umunyamakuru Ben Abayisenga ubwo yabatizwaga mu mazi menshi

Stone Papalazzi (Twizerimana Faustin)

Twizerimana Fils Faustin ni yo mazina ye yiswe n'ababyeyi, gusa azwi cyane ku izina rya Stone Papalazzi mu gisata cy'imyidagaduro. Uyu musore watangije urubuga Ibyamamare, aherutse kubatizwa mu mazi menshi. Kuri Pasika y’uyu mwaka wa 2017 ni bwo Stone Papalazzi yabatijwe mu mazi menshi abatizwa na Pastor Gatete Alfred uyobora itorero Elimu Community church rikorera i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali.

Stone Papalazzi

Stone Papalazzi na we yarabatijwe ubu ni umukristo muri Elimu Community church

NPC (Niwe Paulin Camarade)

Umuhanzi Niwe Paulin Camarade uzwi nka NPC wamenyekanye aririmba Injyana ya Hip hop mu Rwanda yari yarise injyana  nsazi, mu Ugushyingo ni bwo yakiriye agakiza abatizwa no mu mazi menshi. Mu ntangiriro za 2017 ni bwo yatangiye kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana. Mu buhamya bwe, yavuze ko yakijijwe byinshi byari bimubase  birimo kurara mu kabari anywa inzoga, kubeshya  ndetse n’ubusambanyi. Yunzemo ko Imana yamugendereye cyane akabireka, ubu akaba asigaye yita cyane mu gusenga Imana ye kugira ngo irusheho kumuhindura icyaremwe gishya.

NPC

NPC yarabatijwe ariko abigira ibanga, ubu asigaye akora umuziki wa Gospel

Hari abandi batangaje ko bakijijwe ariko ntibabatizwa mu mazi menshi

Nyuma y’uru rutonde hari abandi bantu b’ibyamamare mu Rwanda batangaje ko bakiriye agakiza ariko bakaba batari babatizwa mu mazi menshi, muri bo hari: umuhanzi akaba n’umunyamakuru Lil Pac usengera muri Successful Christian Ministries, Bahati (Just Family) wakiriye agakiza mu itorero Redeemed Gospel rikuriwe na Bishop Rugagi na Young Grace usengera muri Zeal Gospel church, itorero rikuriwe na Prophet Sultan wamenyekanye cyane kubwo guhanurira abantu yabaciye amafaranga aho abashyitsi ari ibihumbi 20 naho abasangwa akabaca ibihumbi 10.

Related imageImage result for Umuraperi Young Grace inyarwanda

Young Grace avuga ko yavuye mu idini ya Islam ubu akaba ari umukristo usengera kwa Prophet Sultan

Habiyambere Jean Baptiste ariwe Bahati watanze ubuhamya akavuga ukuntu yajyaga ajya mu bapfumu ashakisha kwamamara mu muziki,aherutse gutanga ubuhamya buvuguruza ubwo yatangiye mu rusengero rwa Bishop Rugagi ubwo yakizwaga,avuga ko  ubuhamya bwa mbere butari ukuri, bituma abatari bacye bashidikanya ku gukizwa kwe. Uyu musore wari wahagaritse kuririmba umuziki wa Secular agatangira kuririmba Gospel, nyuma yo kuvuguruza ubuhamya bwe, yahise yongera gusubukura muziki wa secular, ubu ni yo akora. 

Related image

Hano yari mu rusengero rwa Redeemed Gospel atanga ubuhamya bw'uko yajyaga mu bapfumu

Image result for Bahati Just Family

Bahati yari yakirijwe kwa Bishop Rugagi atanga ubuhamya bw'uko yajyaga mu bapfumu nyuma arabuvuguruza avuga ko yari yabigiyemo inama na Rugagi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • dsp6 years ago
    umuntu akizwa ate? aba bose ni entertaiment bibereyemo. barakina nuwiteka . aba Pastor barababeshya gusa dore ko byabaye business. sindabona ujya gukinira kwa Padiri ngo arabatizwa, ariko hanze aha nukwikoza mu rusengero runaka akavayo ngo akijijwe. okay, keep jocking
  • Mimi6 years ago
    Kuri abo bamaze gukizwa ni byiza Imana ihabwe icyubahiro. Ariko kuri uwo Bahati, niba koko agenda abeshya yabigiyemo inama na Rugagi amenye ko Imana itanegurizwa isuru. Va muri ayo ukurikire Yesu n'ubundi niwe ukwiye gushaka si Rugagi dore ko abakristo basigaye bakurikira abantu kurenza uko bakurikira Yesu!!!





Inyarwanda BACKGROUND