RFL
Kigali

The Power of the Cross bashyize hanze indirimbo nshya ‘Ni uwanjye’-YUMVE

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:23/08/2017 15:03
0


Itsinda The Power of the Cross rigizwe n’urubyiruko rubarizwa mu matorero atandukanye, ryashyize hanze indirimbo nshya ryise ‘Ni uwanjye’. Maurice Ndatabaye uyobora iri tsinda yabwiye Inyarwanda ko mu byo bifuza, uyu mwaka warangira bamuritse Album y abo ya mbere.



UMVA HANO 'NI UWANJYE' YA THE POWER OF THE CROSS

Itsinda The Power of the cross ryatangiye mu mwaka wa 2007, icyo gihe ryari rigizwe n’abahungu batanu gusa ari nabo baritangije ndetse ribanza no guheza abakobwa. Nyuma ryaje kwakira abandi baririmbyi barimo n’abakobwa, riza kubyara amatsinda atandukanye harimo abyina imbyino za Kinyarwanda, drama n’izindi.

Kugeza ubu The Power of Cross igizwe n’abasore n’inkumi basaga 16 wongeyeho n’abacuranzi bayo. Kuri ubu itsinda ry’abaririmbyi akaba ari ryo riri gukora cyane. Nk’uko babitangaza, izina ryabo 'The Power of the cross' risobanura 'Imbaraga z’umusaraba', bakaba bararihisemo kuko ku musaraba ariho havuye gucungurwa nyuma y’urupfu rwa Yesu Kristo.

Image result for The power of cross ni itsinda ryatangiye

Bamwe mu bagize The Power of the Cross

Kuva batangiye kuririmba, bamaze gukora indirimbo zirenga 10 harimo izakunzwe cyane nka: Ndiho, Ndaje, Mfite umukunzi, Super power n’izindi. Muri gahunda bafite mu gihe kiri imbere, ni ugukora indirimbo nyinshi z’amajwi n’amashusho, gukora ibitaramo byinshi ndetse no guhamagarira urubyiruko kuza kuri Kristo Yesu kuko ariho hari uburyohe,ibyishimo n’umunezero utasanga ahandi.

UMVA HANO 'NI UWANJYE' YA THE POWER OF THE CROSS







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND