RFL
Kigali

Richard Nick Ngendahayo, Aime Uwimana, korali Hoziana na Apollinaire bari mu bagiye guhabwa ibihembo 'Thank You Awards'

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:1/08/2018 12:05
1


Umuryango More Worship Ministries ugiye gutanga ibihembo by'ishimwe 'Thank You Awards' ku baramyi bahagaze neza mu gihe kitari cyoroshye mu Rwanda bagakomeza kuramya no guhimbaza Imana ndetse bakabikundisha benshi. Ibi bihembo bizatangwa tariki 3 Kanama 2018.



Ni ibihembo bizatangwa mu birori byo kumurika kumugaragaro 'More Worship Ministry', igicumbi cyo kuramya no guhimbaza Imana. Iki gikorwa kizabera muri Kigali Diplomat Hotel mu mujyi wa Kigali, kuva Saa kumi z'umugoroba. Kwinjira ni ukuba ufite ubutumire. Diana Kamugisha umuyobozi wa More Worship Ministry yabwiye Inyarwanda.com ko abazashimirwa ari: Richard Nick Ngendahayo, Apotre Apollinaire w'i Burundi, Aime Uwimana, Rebeck Niyonsaba, korali Bethania na korali Hoziyana. Yagize ati:

Tuzaba tubashimira tubabwira ngo mwarakoze kuba intangarugero ku bantu benshi. Mu by'ukuri hari abantu benshi bumvaga ko badashobora kuzaririmba ariko hari abantu bashoboye guhagarara n'uyu munsi bagihagaze kubera abo bantu nkubwiye. Ku giti cyanjye abo bantu bankoze ahantu cyane, kandi ni nabo ndi kubona indirimbo zabo n'uyu munsi, abenshi mvuze indirimbo zabo ziracyaririmbwa abantu bakajya mu Mwuka. Kugeza uyu munsi turirimba izo ndirimbo tukumva ni nshyashya kandi zifite message (ubutumwa).

Diana Kamugisha

Diana Kamugisha ni umwe mu bakunzwe cyane mu muziki wa Gospel

Diana Kamugisha yadutangarije ko mu gihe kiri imbere More Worship Ministry izaba ikorera mu gihugu hose. Yunzemo ko buri mwaka bazajya bakora seminar ihuriza hamwe abaramyi bo mu Rwanda hakanatumirwa umwe mu bahanzi bakunzwe wo hanze y'u Rwanda. Ati: "Buri mwaka tuzajya dukora seminar izajya ihuza abahanzi benshi cyane ko More Worship twifuza ko itangira mu gihugu hose,...noneho tukajya dukora rimwe mu mwaka seminar ihuza abahanzi tugatumira n'abahanzi cyangwa se abaramyi bavuye hanze y'igihugu nka ba Don Moen. Turashaka kujya tumutumira akaza akatubwira imbogamizi yahuye nazo n'ukuntu yazishoboye n'ukuntu twebwe ubwacu abaramyi twajya duhura tugacyazanya tugafashanya tukungurana ibitekerezo."

Thank You Awards

Uko gahunda iteye mu birori bizatangirwamo 'Thank You Awards'

Diana Kamugisha ugiye gutanga ibi bihembo ni muntu ki?

Diana Kamugisha ni umuhanzikazi ubarizwa mu itorero New Life Bible church Kicukiro, gusa mbere yo kujya muri iri torero yasengeraga muri Christian Life Assembly (CLA) i Nyarutarama. Diana Kamugisha, ni umubyeyi w'abana bane. Ni we watangije itsinda Women of Faith, ryafashije abahanzikazi bo muri Gospel gukorera mu bumwe bagashyigikirana mu bikorwa binyuranye by'umuziki. Kuva atangiye umuziki, amaze gukora indirimbo zisaga 50. Amaze gukora album eshatu. 

Image result for Apollinaire amakuru inyarwanda

Apotre Apollinaire agiye guhabwa igihembo Thank You Award

Image result for aime uwimana amakuru inyarwanda

Aime Uwimana nawe azahabwa Thank You Award

Diana Kamugisha

Richard Nick Ngendahayo agiye guhabwa igihembo Thank You Award

Diana Kamugisha

Korali Bethania yo muri ADEPR nayo izahabwa Thank You Award

Hoziana choir

Korali Hoziyana nayo yo muri ADEPR izashimirwa ihabwe Thank You Award

Diana Kamugisha

More Worship Ministry igiye kumurikwa ku mugaragaro

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE NA DIANA KAMUGISHA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bugingo john bosco 5 years ago
    Kamugisha arakoze kuri awards, ariko ugiye gutanga bene ibyo bihembo ukirengagiza alarm ministries ninkaho uba ubogamye, uziko ariyo yazanye uburyo bwo gukoresha diskette mumakorari mu Rwanda? Bimwe mubyafashije amakorari gukora muzika aho batanafite abacuranzi? Yewe uramutse wibagiwe Alarm basi ntiwari kwibagirwa Rehoboth ministries, ninde utazi aya matsinda murugendo rwindirimbo zakorewe imana? Erega irivangura mukora niryo rituma batera imbere imbere bakora igitaramo abantu bakaburaho bicara ariko mwe mwabikora abantu bakabura. None go korari Ngo Bethania? Niyahe? Ahahahah. Murananiwe gusa.





Inyarwanda BACKGROUND