RFL
Kigali

Shirimpaka wari umuvugabutumwa w'umukiristu we n'abayoboke be bahindutse abasilamu urugo rwe arugira nk'umusigiti

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:2/09/2015 10:12
67


Inkuru nziza ku bayoboke ba Islam mu Rwanda yanishimiwe n’umuryango w’abasilamu mu Rwanda, ni iy’umuvugabutumwa wo mu itorero rya gikiristu uherutse gufata icyemezo cyo kwinjira mu idini ya islam hamwe n’abayoboke be ndetse akiyemeza gukoresha urugo rwe nk’umusigiti, ubu abayoboke bakaba bakomeje kwiyongera.



Mu kiganiro Inyarwanda.com yagiranye na Sheikh Kayitare Ibrahim, Mufti w’u Rwanda uyobora umuryango w’abasilamu mu Rwanda, yadutangarije ko aya makuru nabo yabagezeho kandi bakaba barayishimiye ariko raporo yabyo bakaba batarayibona n’ubwo amwe mu makuru yabyo bayazi. Sheikh Kayitare Ibrahim yabwiye Inyarwanda.com ko Shirimpaka Bertin wo mu mudugudu wa Bigugu, mu kagari ka Samiyonga, mu murenge wa Muganza wo mu karere ka Nyaruguru, ari we wari umuvugabutumwa akaza kumenya ukuri akayoboka Islam.

Mufti w'u Rwanda; Sheikh Kayitare Ibrahim uyobora umuryango w'abasilamu mu Rwanda

Mufti w'u Rwanda; Sheikh Kayitare Ibrahim uyobora umuryango w'abasilamu mu Rwanda

Uyu Shirimpaka Bertin yajyaga abwiriza mu mpuzamatorero y’Ababatisita mu Rwanda (UEBR: Union des Eglises Baptistes au Rwanda) muri aka karere ka Nyaruguru, aza guhindura yiyemeza guhinduka umusilamu we n’abayoboke be ndetse kugeza ubu habarurwa abibumbiye mu miryango y’abasilamu bagera kuri 538.

Nsabimana Boniface; Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Samiyonga, yahamirije Inyarwanda.com iby’aya makuru, anavuga ko kugeza ubu nyuma yo kwiyomora ku bakiristu akajya muri Islam, Shirimpaka Bertin yari yariyemeje gutanga urugo rwe ngo bajye barusengeramo mu mwanya w’umisigiti ariko ubuyobozi bukaba bwarabasabye ko bakubaka umusigiti ahabunegewe, ndetse hamwe n’ubuyobozi bw’idini ya Islam ibi bikaba biri mu nzira.

Shirimpaka Bertin w’imyaka 53 y’amavuko, yatangarije Inyarwanda.com ko yagiye mu itorero ry’Ababatisita mu mwaka w’1973, akaza no gutangira kuba umuvugabutumwa muri iri torero mu mwaka w’1994, ariko akaba yicuza iki gihe cyose yamaze ari umukiristu kuko iyo amenya imyemerere y’idini ya Islam kuva kera, we na baganzi be benshi baba baribereye abasilamu bakayoboka idini y’ukuri. Avuga kandi ko yamenye uburyo idini ya Islam ariyo dini y’ukuri ikwiye kwizerwa binyuze mu gitabo cya Bibiliya n’ubwo gisanzwe gikoreshwa n’abakiristu.

Yagize ati: “Njye nasomye Bibiliya, nsoma amategeko Imana yahaye Mose ubwo yavanaga Abisilaheri muri Egiputa, nsoma itegeko rya mbere nsanga nari mu bujiji bukomeye, kuko Imana yo kwizerwa ari Imana imwe rukumbi yo mu ijuru, iyo menya cyera imyemerere ya Islam mba narabaye we kuva na mbere.”

Shirimpaka

Shirimpaka Bertin yabwiye Inyarwanda.com ko kugeza ubu abayoboke ba Islam bamaze gutora Shahada bagera kuri 285, ariko ubaze n’imiryango yabo bakaba kugeza ubu bagera kuri 538. Ashimangira ko bakomeje kwiyongera umunsi ku wundi kuko bagenda basobanukirwa bakamenya ukuri, muri abo bose hakaba harimo abo yahoze abwiriza mu itorero ry’Ababatisita ndetse n’abandi bavuye mu matorero ya gikiristu atandukanye.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    Allah Akbar Imana niyo nkuru pe.Nyagasani abatere inkunga mukuyoboka kwayu.In shaa Allah
  • iman8 years ago
    allah akbar*3
  • inshuti ya Yesu8 years ago
    Yesu ni inzira ukuri n'ubugingo,nta wujya kwa data atamujyanye.kubaha Uwiteka nibwo bwenge kandi kuva mubyaha niko kujijuka
  • Bigazi8 years ago
    Yewewe bigaragara ko isilam ariyukuri ibaze burimunsi Bayijyamo nanjye nyigiyemo kuki ntarabona umushehe wabasilamu ahinduka umuchrist no nanjye ndaba umusilam byange bikunde
  • true8 years ago
    Allah Akbar, Allah Akbar
  • halindintwali8 years ago
    Imana Allah isumba byose igume imuhe kuyoboka we nabagenzi be, mukwicisha bugufi kumuremyi wabo banasenga cyane bagafasha imfubyi nababaye bose
  • kwizera8 years ago
    ALLAH AKBAR WALILAH WALIHAMDU IMANA NI IMWE RUKUMBI NTIYABYAWE KDI NTIYABYAYE ISHOBORA BYOSE NIYO YO KWIRINGIRWA KDI NI INYEMBABAZI AMEN!!!!!!!!!!!!!!!!
  • fatuma hassan8 years ago
    Allah akbaru warillah irhamdu. imana nimwe rukumbi mumenye ukuri.
  • babou8 years ago
    Ahaaaaa, ndabona natwe abaheza nguni batwinjiriye too. Leta yitondere ibi, kuko ikizakurikiraho ari itera bwoba
  • peace8 years ago
    ngo abantu banjye bishwe nokutamenya
  • khalid 8 years ago
    Takbir:Allah akbar Allah akbar Allah akbar
  • khalid 8 years ago
    Takbir:Allah akbar Allah akbar Allah akbar
  • gasongo8 years ago
    hahahahahhahahahhhhhhhhhhhhhhhhhhhhhhhhhhhh Masikini!!!!Ibi nabigereranya nk kuva muri etage ya kilometero 1000 z'ubujyejuru, ugahubuka ukitura mu rwobo rwa rwa kilometero ,1000,0000,...
  • kamanzi8 years ago
    Abaislam bemera Imana imwe kandi bakanategekwa gukunda kubaha kumva no kumvira Intumwa z'Imana n'Abahanuzi bose ntawe bavanguye. hari bamwe mubantu bataziko abaislam batemra YESU kristo, ABRAHAM,NOWA,MOSE,ELIYA,ZAKAYO... nyamara twirirwa iteka tubasabirako amahoro n'imigisha by'Imana bibane nabo iteka. bavandimwe nsoje mbifuriza amahoro n'imigisha by'Uwiteka mbashishikariza kumenya islam icyo aricyo amahame yayo n'imyemerere yayo
  • vyizigiro jean marie kingstar8 years ago
    Imana ishimwe iyaba abantu Bose ari abasalam vyoryoshe kabisa
  • fatuma hasan 8 years ago
    uwo Mugabo imana imuhe kubaho neza kuri iyisi no kumunsi wimperuka hamwe nabayoboke binjiranye idini yukuri.kuko bamenye ubu Islam icyo aricyo bamenye kwicisha bugufi kumategeko y'imana. kor'an 3:64 harinicyo bibiliya ibivugaho zefaniya 2:3.
  • Ukuri kose8 years ago
    Birababaje kubona abantu bose bayobera rimwe. uriya mugabo yari intumwa ya Islamu kuko bigaragara ko yari asanzwe azi amahame y'idini. uvuga ngo ntazi umu sheih wabaye Umukristu azaze mwereke benshi cyane. Hanyuma icyo aba bose bakwiye Kumenya ni uko " Yesu Kristu ari nzira y'ukuri n'ubugingo, ntawe ujya ku Mana atamujyanye, umwizera wese afite ubugingo buhoraho, ariko utamwizera yarangije gucirwaho iteka"
  • lil8 years ago
    allah akbar
  • uwayezu jean piere8 years ago
    biragaragara neza cane nang ndabikunze
  • kay8 years ago
    manshalla'allah nabandi bose nka ba Kasongo bazaza Allah subhna akaomeze abayobore kandi abarinde ntakibazo nubwo watinze ariko burya amaherezo icyo uzaba ntaho kijya





Inyarwanda BACKGROUND