RFL
Kigali

Sano Olivier yasohoye indirimbo 'Ndakuramya' yakoranye na Sam uzwiho ubuhanga mu gucuranga umwirongi-YUMVE

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:14/11/2018 17:07
0


Sano Olivier na Sam uzwiho ubuhanga mu gucuranga umwirongi wa kizungu (Saxophonist) bahuje imbaraga bakorana indirimbo bise 'Ndakuramya'. Sano Olivier ni umunyempano ikomeye mu muziki wa Gospel, akaba ari umuhanga mu myandikire n'imiririmbire by'akarusho akaba ari intyoza mu gucuranga gitari.



Mu kiganiro na Inyarwanda.com, Olivier Sano yadutangarije ko iyi ndirimbo ye nshya 'Ndakuramya' irimo ubutumwa bufasha abantu kuramya Imana mu Mwuka no mu kuri. Yagize ati: "Ni indirimbo yo kuramya Imana. Ishobora kuba yakoreshwa no mu ma churches (mu nsengero), abantu bakayikoresha mu kuramya, babwira Imana ko muri yo ari ho batuye, bajyendera, bafite kubaho,...Ahanini ni bwo butumwa buri muri iyi ndirimbo. Ni indirimbo ifasha abantu kuramya Imana mu Mwuka no mu kuri."

Olivier Sano

Olivier Sano hamwe na Sam

UMVA HANO 'NDAKURAMYA' YA SANO FT SAM






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND