RFL
Kigali

Polisi yataye muri yombi Pastor Stephen Hakizimana wo muri ADEPR washatse gutera icyuma umugore we

Yanditswe na: Editor
Taliki:4/01/2017 17:29
18


Pastor Stephen Hakizimana umukristo muri ADEPR akaba n'umuyobozi w’ikinyamakuru cya Gikristo kitwa GUSENGA.ORG cyanahawe igihembo cya Groove Awards Rwanda mu mwaka wa 2015, yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda azira gushaka kwivugana umugore we nk’uko amakuru yizewe agera ku Inyarwanda.com abishimangira.



Amakuru agera ku Inyarwanda avuga ko mu mpera z'umwaka wa 2016 tariki 24 Ukuboza 2016 ari bwo Pastor Hakizimana yatawe muri yombi akaba akurikitanyweho icyaha cyo guhohotera umugore we. Amakuru y'itabwa muri yombi rye, avuga ko Pastor Hakizimana yashatse kwivugana umugore we, amubuze asanga nyirabukwe mu rusengero ruri i Kanombe aramuniga, ariko kubw’umugisha Polisi iburizamo uwo mugambi mubisha, kuko yahise imuta muri yombi kugeza ubu akaba acumbikiwe kuri Station ya Polisi ya Nyarugunga.

Umwe mu bahaye Inyarwanda.com aya makuru tutari butangaze amazina ye ku mpamvu ze z’umutekano we, na we akaba yayahawe n’umugore wa Pastor Hakizimana Stephen ari nawe wari ugiye guterwa icyuma, yagize ati “(Pastor Hakizimana) yatawe muri yombi kuri iki cyumweru nyuma y'uko ashatse gutera icyuma umugore we no kunigira nyirabukwe mu rusengero. Ibi nkubwira ni ibyo nabwiwe n'umugore we,..”

Uyu mugore wa Pastor Hakizimana twashatse kumuvugisha ngo tumubaze ikintu cyaba cyarateye umugabo we gushaka kumutera icyuma, yamubura akajya kunigira nyirabukwe mu rusengero, ariko ntitwabasha kumubona kuri terefone ye ngendanwa, gusa bivugwa ko n'ubundi bari basanzwe badacana uwaka dore ko ngo batanabana mu nzu bitewe n'amakimbirane bafitanye, kugeza aho umugore yafashe umwanzuro wo guhunga umugabo (kwahukana) akajyana n'abana nk'uko Polisi yabitangaje.

Uwo muntu dukesha aya makuru uziranye cyane na Pastor Hakizimana avuga ko ari mugabo w’umunyamafuti n’ubusanzwe. Yunzemo ati ”Ahubwo niba afunze yaba yaratinze gufungwa ahubwo (aseka)." Inyarwanda.com twagerageje kuvugana na Polisi ngo tuyibaze byinshi kuri aya makuru y'itabwa muri yombi ry'uyu mupasiteri ariko ntibyadukundira kuko umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali atabashije kwitaba terefone ye ngendanwa, gusa nyuma yaho yaje gutangariza itangazamakuru ko Pastor Hakizimana yatawe muri yombi ndetse idosiye ye ikaba yaranamaze gushyikirizwa ubushinjacyaha.

Pastor Hakizimana Stephen bivugwa ko yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda, mu gihe gishize yavuzweho amakuru nabwo atari meza dore ko hari abakozi be bamushinjaga ubwambuzi n’iterabwoba. Icyo gihe ikibazo cye yari afitanye n’abo bakozi be cyaje kugezwa kuri RMC (Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura) asaba imbabazi abakozi be ndetse asabwa kubishyura ariko kugeza ubu amakuru agera ku Inyarwanda ni uko atigeze ashyira mu bikorwa imyanzuro yafashwe na RMC.

Groove Awards Rwanda

Hano Pastor Stephen Hakizimana (iburyo) yashyikirizwaga igihembo cya Groove Award cyegukanywe n'urubuga rwe (Gusenga.org)

Pastor Stephen Hakizimana

Pastor Hakizimana Syephen ubwo yigishaga ijambo ry'Imana

Pastor Stephen Hakizimana

Pastor Hakizimana avuga ko ari umuhanuzi (Prophet)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • gikundiro Aime7 years ago
    Ariko ADEPR murayicuruje basi.igihe mwayiharabikiye ntimunyurwa?ese mubona ariyo igira ibibi byose ra?komutajya muvuga n'ibyiza byayo mbese?nuko itabigira?murakoze
  • muhawe7 years ago
    Gusa musengere uyumugabo kuko yarahuritse kugera ubwumugore yafashe abana arabajyana umugabo akabamwima
  • Munezero7 years ago
    Gusa bavandimwe kwihangana bitera Yego kunesha ariko aho gushakira muruyumuryango wumugorewe nakwemera nkaofa ntarongoye
  • bizimana7 years ago
    uyumugabo gusa Imana imutabare kuko nasanze iwe arurugamba afite umugire nanyirabukwe utajwihanganiraoe
  • musana7 years ago
    Uyumugabo jyewe ndamuzi umugorewe yanwinjiruzagaho Abagabo ugasanga umugabo yataye umutwe
  • liam7 years ago
    nuko ntabyiza igira
  • Craig7 years ago
    Abarokore barahobagiye! Abagore b'i Kigali bigize ibirara buriya musesenguye mwasanga Ari danger!
  • 7 years ago
    hhhhhhh ngo ni prophet! arko nubundi biragaragara ko agira amahane, namafuti rugeretse Imana ishimwe kuba ntawe yahitanye ma!!!
  • John7 years ago
    Sinashyigikira igikorwa cya Pastor ariko police ijye inacukumbura harebwe imvo n'imvano y'amakimbirane! Pastor ntabwo gutinyuka nyirabukwe yari yasaze!Umugore w'iki gihe iyo atinyutse aragukocora watinyuka kujya kumurega utarebye neza ni wowe ufungwa kuko burya banatinya gereza kuko amarira yabo bayategeka ararira akikunkumura wareba nabi ugasigara aho yagombaga kujya!Abagabo benshi bashiriyemo bihagararaho nyine bimwe byiswe kigabo! Imitungo ahanini niyo ntandaro kuko akenshi umugore nyuma ya divorce asigarana hafi ya byose! Niba mbeshya muzacukumbure hagati y'abagabo bagikodesha amazu batuyemo n'abatuye mu mitamenwa n'indi mitungo ahari imanza zisaba ubutane nyinshi muzatubwire!
  • Bright7 years ago
    Mujye mureka kutubeshya uyu mupasiteri suwo muri adeper afite Idini rye turamuzi, ntimukabeshyere andi madini.
  • 7 years ago
    Mana we birababaje kbsa, gusa uyu mu pastor ibye ni Imana ibizi, niba koko yarabikoze Imana imubabarire, kuko siko yagombaga kurwana, Imana niyo irwanirira abayo kuko ndumva muvuga ko umugore we yamunaniye, gusa abaye atari byo ataramunaniye, pastor ahame hamwe.
  • Birungyi Vicky7 years ago
    Yewe bagwa bari abakozi b'Imana erega! uyu mugabo yigyeze kumpanurira muri 2011 kandi byarasohoye, aho aviriye muri ADEPR akagjya kuba pastor Uganda umbanza ariho yagwiriye uretse ko disi n'urushako rubi rutesha umutwe.
  • Bienvenue Matheuw7 years ago
    Yewe Yesu arihangana pe! ibi dechets byose bisigaye byitirirwa agakiza ni yo mpamvu azaza atoranya nkurobanura intama mu ihene
  • Samysky7 years ago
    Ese wowe uvuga ngo ADEPR barayiciruje, wahamyako uyu atari umupasteri wanyu , ahubwo giruti iyo wihaye rubanda irakubona, uzumve haruvuga nk'ibi muri catholique cg Anglican
  • ddd7 years ago
    police ikore iperereza ryimbitse kuri iki kibazo n'ababazi baange ubuhamya kuko hari aho biri guturuka, umugore we nawe ushobora gusanga atri shyashya ,uyu mugabo nawe icyemezo yari yafashe kiragayitse
  • jennie kezia7 years ago
    mwa bantu mwe mbuze icyo mvuga
  • Muhoza7 years ago
    Biragaragara ko yishwe nagahinda pe ntamunezero uri mumaso he,
  • James Ahadi5 years ago
    Ahorayiba abantu yitwaza ubufasha asaba mu bindi bihugu agahita yirira wenyine!Abo n-abajura twarabagunduye kabsa!





Inyarwanda BACKGROUND