RFL
Kigali

39 nyimaze ndi mu nzu y'Imana no mu murimo wayo, sinigeze ngwa mu cyaha icyo ari cyo cyose-Pastor Zigirinshuti

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:12/12/2018 11:46
4


Pastor Zigirinshuti Michel uri mu bapasiteri bakunzwe cyane mu Rwanda arashima Imana mu buryo bukomeye yamurinze kuva abonye izuba mu mwaka w'1966 kugeza uyu munsi tariki 12/12/2018 ubwo yizihiza isabukuru y'imyaka 52 y'amavuko.



Pastor Zigirinshuti Michel yavuze ko amaze imyaka 39 ari mu nzu y'Imana no mu murimo w'Imana. Yashimiye Imana mu buryo bukomeye kuba amaze imyaka 39 ataragwa mu cyaha icyo ari cyo cyose, icyakora yavuze ko yababajwe. Yavuze ko Imana yamuhaye umugisha w'urubyaro aho afite abana 10 (abahungu n'abakobwa) ndetse akaba amaze no kugira umwuzukuruza. Mu butumwa yanyujije kuri Facebook, Pastor Zigirinshuti yagize ati: 

Halleluaaaaaa, Halleluaaaaaa, Nshuti bene Data ndabaramukije. Tariki 12/12/1966-12/12/2018, mumfashe kubara mumbwire, ubwo nujuje ingahe? 39 nyimaze ndi mu nzu y'Imana no mu murimo wayo, sinigeze ngwa mu cyaha icyo ari cyo cyose, cyokora narababajwe. 30 nyibyayemo abahungu n'abakobwa icumi, ngize abakazana babiri n'umwuzukuru. Iyandinze, ikandindira muyinshimire. Ndabakunda.

Image result for zigirinshuti michel inyarwanda

Pastor Zigirinshuti Michel avuga ko amaze imyaka 39 atarakora icyaha

Icyakora ubutumwa Pastor Zigirinshuti yanditse ntabwo bwavuzweho rumwe. Bamwe bashimye Imana yamushoboje ntagwe mu cyaha, abandi bavuga ko atari akwiriye kuvuga ko nta cyaha yigeze agwamo. Uwitwa Sereine Nterinanziza yagize ati: "Pastor ndakwemera wampanuriye urugo rwiza i Cyangugu twasohokeyeyo, umpanurira umugisha narawubonye. Uri umukozi w'Imana ishoborabyose. Ariko ijambo ry'Imana riratubwira ngo utarakoze icyaha mu bitekerezo, mu bikorwa, mu byo avuga namutere ibuye. Tukiri mu isi ntawatungana 100%."

Emmanuel Maniragaba yagize ati: "Mugire isabukuru nziza Pastor Imana ikomeze ibiteho mubyo mukora byose kandi Imana ishimwe cyane ko ikomeje kubarinda." Mwenese Olivier yagize ati: "Isabukuru nziza Mushumba. Imana yarahabaye, Ikomeze ikwagurire imbago mu buryo bwose. Melene Mukamageza yagize atu: "Iyo tuvuga ko nta cyaha dufite tuba twibeshya." 

Zigirinshuti

Pastor Zigirinshuti imbere y'abakristo ayobora ba ADEPR Giheka

Erneste Sinayobye yagize ati: "Isabukuru nziza Pastor. Imana ishimwe cyane. Ni byo se koko ntabwo urigera ugwa mu cyaha icyo aricyo cyose mu myaka 39 ????!!!! Ntekereza ko icyaha washakaga gutuma iri icyo ku karubanda cyatuma itorero rihagarika umuntu. Buriya Imana nibashoboza muzadusobanuririra neza icyaha icyo aricyo."

Pastor Zigirinshutu Michel yahise asubiza Erneste Sinayobye ati: "Icyaha ntikigirwa icyaha n'uko ari icyo ku ka rubanda (cyagaragaye), kitanagaragariye abantu, kigihishe mu muntu kiba ari cyo. Ubusambanyi ntibuba icyaha ar'uko uteye inda cg yasamye. Ni icyaha cyaba gihishe mu mutima,cg cyamenyekanye."

Pastor Zigirinshuti Michel ni umupasiteri mu itorero ADEPR aho kuri ubu ayobora umudugudu wa ADEPR Giheka muri Paruwase ya Batsinda. Yahoze akuriye ivugabutumwa muri ADEPR ku rwego rw'igihugu, aza gukurwa kuri uyu mwanya aho yashinjwaga guta akazi nk'uko Rev Karuranga Ephraïm umuvugizi mukuru w'itorero ADEPR yabitangarije Inyarwanda.com.

Icyo yazize cyatumye ahagarikwa ngo yataye akazi yakoraga muri ADEPR ajya mu ivugabutumwa hanze y'u Rwanda adasabye uruhushya. Icyakora Pastor Zigirinshuti we asanga nta kosa ahubwo akavuga ko yazize umuhamagaro Imana yamuhaye. Nyuma y'ibyo yahise ahabwa kuyobora umudugudu mu gihe umwe mu bayobozi bakomeye muri ADEPR ku rwego rw'igihugu dore ko ari we wari ufite mu nshingano ibijyanye n'ivugabutumwa byose.

Pastor Zigirinshuti Michel

Ubutumwa Pastor Zigirinshuti yanyujije kuri Facebook ku isabukuru ye

Pastor Zigirinshuti Michel

Bimwe mu bitekerezo abantu batanze ku byatangajwe na Pastor Zigirinshuti






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • sam5 years ago
    sha rwose nanjye umukozi w'Imana pst.Zigirinshuti ndamukunda cyaneeee ariko ijambo ngo narakora icyaha icyaricyo cyose nukuri habaye ukwibeshya kuko ntibishoboka, ninkabimwe aba gatorika bita paapa ngo ni nyiri butungane ntabwo bibaho kuko turi mu isi yuzuye ikibi.
  • niyomugabo5 years ago
    harya nintugane bwira icumuye kangahe
  • Rukara5 years ago
    Imana Ishimwe, mu Rwanda dufite iterembere,umutekano,Technology none dutangiye kwigwizaho n'Abamalayika, Pastor rwose keretse niba definition y'icyaha yarahindutse ariko n'intungane bwira icumuye karindwi, keretse niba gucumura atari gukora icyaha. muzadufasha gusobanukirwa neza murakoze.
  • Kabasha5 years ago
    Ariko mbega mbega! Si indi umucamanza ariko kandi igifarisayo kiri mubantu biyita abakozi b'imana kirakabije.





Inyarwanda BACKGROUND