RFL
Kigali

Pasiteri yakatiwe igifungo cy’imyaka 15 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gufata ku ngufu abayoboke be

Yanditswe na: Yvonne Murekatete
Taliki:23/11/2018 7:20
0


Lee Jae-rock, umupasiteri wo muri Koreya y'epfo, yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka 15 azira gufaka ku ngufu abayoboke be b’abagore 8 .Ni ibyaha ariko we ahakana byose .



Itorero rya Mamin Central Church rya pasiteri  Lee Jae-rock w'imyaka 75 y'amavuko  ubusanzwe rikorera mu murwa mukuru Seoul, wa koreya ‘epfo .Kuri ubu  rifite abayoboke hafi ibihumbi 130.

Aba bagore 8  bavuga ko bafashwe ku ngufu na pasiteri Lee Jae-rock bavuga ko bizeraga ko uyu mupasiteri  afite ububasha bw'Imana, bakumva bagomba gukurikiza ibyo abasabye kuko bamufataga nk’Imana babasha gukoraho n’intoki zabo  ,bakanabonesha amaso yabo y’umubiri.

Batatu  mu bayoboke be batanze ubuhamya ko uyu mupasiteri yabafashe ku ngufu  bemeje  ko yabahamagaye ngo bamusange iwe akabahatira gukorana imibonano mpuzabitsina na we. Umwunganizi mu mategeko we yari yavuze ko abo bagore babeshya, ko bari bari kumwihimuraho kubera ko yabaciye mu itorero rye bamaze kurenga ku mategeko rigenderaho.

Bitangaje Pasiteri Lee ubwo yasomerwaga imyanzuro y’rubanza yahagaze mu rukiko ahumirije.Lee yashinze itorero rye rya Mamin Central Church mu mwaka wa 1982, rifite abayoboke 12 gusa.

Kuri ubu itorero rya Pasiteri Lee ryitwa Mamin Central Church ryaragutse  icyicaro gikuru I Seoul no mu bindi bice bya Korey y’Epfo , ndetse n’urubuga rwa interineti rwaryo rukunze gutangaza ibitangaza abayoboke b’iri dini baba babonye

 BBC






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND