RFL
Kigali

Nta kibuga cy’inka kibamo imfizi ebyiri, biragoye gukorana n’umuntu wumva ko mureshya umurimo ntiwatera imbere-Apotre Gitwaza

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:16/02/2017 10:38
21


Apotre Dr Paul Gitwaza yagize icyo avuga ku mpinduka zabaye muri Zion Temple bamwe mu bari ibyegera bye bagakurwa mu myanya y’ubuyobozi bw’itorero bagasimbuzwa abandi. Mu nyigisho yagejeje ku bakristo ba Zion Temple mu Gatenga, yakomoje ku bimaze iminsi bivugwa muri iri torero.



-Pawulo na Barinaba baratandukanye kandi umurimo urakomeza

-Biragoye gukorana n’umuntu wumva ko mureshya

-Nta kibuga cy’inka kibamo imfizi ebyiri, nta muryango ubamo abagabo babiri

-Akamasa kiga kwivuga kajya aho imfizi nkuru itari

-Nta murimo ujya utezwa imbere n’inshuti, ahubwo utezwa imbere n’umubyeyi n’umwana

-Gitwaza avuga ko yamaze amezi 7 hanze (muri Amerika), amashitani yose y’ikuzimu arabyuka amugabaho igitero

Mu nyigisho yahawe umutwe w’amagambo ugira uti “The Book of Corinthians 1&2 Church Instruction" yatanzwe na Apostle Dr Paul Gitwaza kuwa kabiri tariki 14 Gashyantare 2017 ivuga ku gitabo cy'Abakorinto ku bijyanye n'amahame y'itorero, Apotre Paul Gitwaza yavuze ko nta gikuba cyacitse kuba hari abarimo kwiyomora ku itorero bakajya gukomereza ahandi umurimo w’Imana. Yavuze ko ibyo ari byiza kuko ari ukwagura umurimo w’Imana. Ibyo yabyise gutandukana, ashimangira ko atari ugucikamo ibice nk'uko bamwe bagiye babifata.

Izi nyigisho zije zikurikira impinduka zabaye muri Zion Temple aho Apotre Gitwaza yashyizeho komite nshya yahawe kuyobora itorero mu gihe cy’imyaka ibiri ariko iyi komite ikaba itarimo bamwe mu bari abayobozi bungirije Apotre Gitwaza, bivugwa ko harimo n’abashakaga ko Gitwaza ava ku buyobozi ndetse ko harimo n'abashakaga gutangiza amatorero yabo, izo zikaba zimwe mu nenge zatumye bisanga hanze ya komite y'itorero.

Ibyo byaje guteza umwuka mubi mu bakristo b'iri torero na cyane ko hari amakuru avuga ko abo bayobozi birukanywe mu itorero rya Zion Temple bazira gushaka guhirika Apotre Gitwaza, ariko andi makuru akavuga ko batirukanywe ahubwo ko batagiriwe icyizere mu matora ya komite nkuru y’itorero rya Zion Temple mu Rwanda.

Izi nyigisho kandi zije zikurikira ibimaze iminsi bivugwa muri Zion Temple mu Bubiligi aho igice kimwe cy’abakristo b’iri torero hamwe n’abapasiteri baryo biyomoye ku itorero zion Temple bakajya gutangiza irindi bise World Revival centre, ikintu gihangayikishije cyane Apotre Gitwaza ndetse akaba arimo gushaka uko yajyayo akaganira n’abakristo basigaye akabakomeza kubw’ibihe bikomeye barimo.

Nta kibuga cy’inka kibamo imfizi ebyiri, nta muryango ubamo abagabo babiri

Aya ni amagambo yumvikana mu nyigisho ya Apotre Gitwaza yo kuwa 14 Gashyantare 2017 aho ubisesenguye neza usanga yavugaga ku bayobozi ba Zion Temple bashaka kwishyira ku rwego rumwe nk’urwo ariho. Yunzemo ko igihe mu itorero harimo abapasiteri bashaka kureshya, aba Bishop na bo ugasanga bashaka kureshya, ngo ntabwo umurimo w’Imana baba barimo gukora ushobora gutera imbere. Ibi yabivuze abihuza n'ibyabaye ku ntumwa za kera.

Ni nyuma y'amakuru yavuzwe ko bamwe mu bo bayoboranaga na Apotre Gitwaza bashakaga ko hatorwa umusimbura, gusa itegeko rishya riherutswe gutorwa rigenga komite nkuru y'itorero Zion Temple rivuga ko mu myaka ibiri hazajya hatorwa komite nkuru y'itorero ariko umuvugizi mukuru waryo (Apotre Gitwaza) akaba adasimburwa ku buyobozi bukuru bw'itorero, bivuze ko azaguma ku buyobozi kugeza apfuye cyangwa Yesu agarutse.

Ku bantu bari kwiyomora kuri Zion Temple, Apotre Gitwaza ntabwo abifata nka byacitse ahubwo abifata nko gutandukana bisanzwe, akaba abihuza no ku byabaye kuri Pawulo wo muri Bibiliya na Barinaba aho baje gutandukana bazira utuntu batumvikanagaho mu murimo ariko nyuma yo gutandukana bakaba barakomeje kwamamaza Yesu Kristo buri umwe ukwe n’undi ukwe umurimo w’Imana ukarushaho kwaguka. Yaje no gukomoza ku bantu babiri baba bashaka kureshya mu nshingano rukana kandi bidashoboka. Yagize ati:

(…)Iyo umuntu atarumva ibi rero yirirwa avuga ngo hari amacakubiri, turarwanya amacakubiri,nta macakubiri ariho. (Muri Zion Temple) hari separation (gutandukana) kandi separation ni Biblique, mujye mumenya uko musenga n’ibyo musengera, ibyo mbabwiye ni ukuri. (…) Njyewe nabaye umushumba, umwungeri w’inka kuva ndi umwana muto, nize gukama inka mfite imyaka 10,..nta kibuga cy’inka kibamo imfizi ebyiri never (ntibibaho), nta cyogo cy’inkoko kibamo amasake abiri, iyo ni nature, nta famille ibamo abagabo babiri, nta gicu gisangira inkuba ebyiri, ibyo mbabwira ni ibiriho, murumva torero ry’Imana?

Apotre Dr Paul Gitwaza

Apotre Gitwaza avuga ko nta mfizi ebyiri ziba mu kibuga cy'inka

Reka tubagezeho mu ncamake inyigisho ya Apotre Gitwaza aho yahuje ibiri kuba kuri Zion Temple no ku byabaye mu gihe cy’Intumwa Pawulo na Barinaba

Apotre Gitwaza yakomeje avuga ko Barinaba yashakaga kujyana mu ivugabutumwa na Mariko, Pawulo aramumwima, biteza umwuka mubi hagati yabo kugeza aho Pawulo afata umwanzuro wo gutandukana na Barinaba. Yagize ati “Bagitangira umurimo w’Imana, Pawulo yari kumwe na Barinaba, Barinaba ni we werekanye Pawulo kugira ngo bamwemere. Barinaba azana Mariko Yohana bajya mu rugendo rwa mbere rw’ivugabutumwa, bageze mu rugendo rwa mbere barataha.

Mu rugendo rwa kabiri, Pawulo ati nkeneye Mariko, Mariko aranga kuko bari bagize utubazo mu nzira ati hoya, Pawulo ati ntakibazo. Bagiye gusubira mu rundi rugendo, Barinaba abwira Pawulo ati turajyana na Mariko kuko yari umwana wa mushiki we, aramubwira ati ntabwo tujyana ati twarajyanye aradutererana, Barinaba ati hoya turajyana, Pawulo ati ntitujyana. (..)Pawulo ati turirirwa dupfa iki njye na we turatandukanye, Barinaba ati nanjye aho gusiga Mariko dutandukane. Uko ni ko Pawulo yatandukanye na Barinaba."

Abantu bitiranya gutandukana n'amacakubiri

Apotre Gitwaza yagize ati “Hari ikintu mugomba kumenya, hari icyo twita gutandukana no gucika ibice, abantu ntimubizi, Separation ni Biblique, Division ni satanic (gutandukana bihuye na Bibiliya, gucika ibice ni umugambi wa satani), kuba Pawulo atandukanye na Barinaba nta shyano riguye, nta kibazo kirimo, umwe agiye gukora ibye n’undi agiye gukora ibye nta cyaha kirimo, ni Biblique biremewe.  Gucika ibice ni igihe turwana, tubohana, dukora biriya byose ariko ugiye kuvuga ibyawe nanjye ngiye kuvuga ibyanjye, nta kibazo n’Imana irabyishimira kuko ni amaboko y’andi mwungutse."

Kuki Pawulo na Barinaba batandukanye kandi bari inshuti cyane ndetse bombi bakaba barahamyaga Yesu?

Apotre Gitwaza yakomehe agira ati “Niba hari abantu mu isi batakagombye gutandukana yari Barinaba na Pawulo kubera iki ? Pawulo abantu bose bari baramugizeho ikibazo, Barinaba aramwishingira aravuga ngo ikizamubaho cyose muzakimbaze, agenda amwerekana hose, babona Barinaba bakemera Pawulo, baragenda bombi bashinga itorero ry’i Antiyokiya, Barinaba yavugaga macye ariko Pawulo akavuga byinshi. Bajyaga ahantu Barinaba agaceceka hanyuma Pawulo akigisha, bari inshuti cyane, umunsi batandukanye nta n’indi commentaire yabayeho, nta rwandiko Petero yanditse, nta kwisobanura Yakobo yabajije, buri umwe yari agiye gukorera Yesu,Barinaba yagiye i Kupuro iwabo aho avuka , Pawulo arazamuka ajya i Tarusi iwabo,..Pawulo asaba Apolo ntiyamutegetse nk’uko ategeka Timoteyo, yaramubwiye ati Apolo mfite akazi muri Efeso, ntabarira itorero ryo muri Korinto, undi aranga ariko yabwiye Timoteyo ngo genda hariya arabandikira ati nguru urwandiko urutware bazaguhe n’impamba ugaruke, Timoteyo we aragenda ariko Apolo aranga."

Biragoye gukorana n’umuntu wumva ko mureshya

Hano Apotre Gitwaza yagize ati “Biragoye gukorana n’umuntu wumva ko mureshya ariko umwana wabyaye iyo umubwiye arumva, iyo umuntu abikora abantu bagira ngo ni umusazi ariko uko ni ko bimera, umuntu wumva ko mureshya n’iyo umubwiye ngo jya aha aravuga ngo oya ndacyarimo mbitekerezaho ariko umwana wawe iyo umubwiye ngo haguruka ujye hariya ntabwo akubaza ngo ariko Papa bite?.... Ndagira ngo musobanukiwe umwana n’umubyeyi bitandukanye na camarade (inshuti), nta murimo ujya utezwa imbere na ba camarade, utezwa imbere n’umwana na se. Dore ikintu Apolo yakoze ageze i Korinto, yarabigishije aragenda, amaze kugenda itorero ricikamo ibice, bamwe ni aba Pawulo abandi ni aba Apolo abandi baba aba Kefa, amacakubiri araza, Pawulo aramwinginga ati amacakubiri ari hariya uyafitemo uruhare genda ujye kuyarangiza, Apolo aramubwira ngo hoya."

Nubwo Apolo yanze kumvira Pawulo, Pawulo yakomeje kumwita umuvandimwe ntiyamwita umwanzi

"Mu 1 Abakorinto 16: 12 Pawulo aravuga ati ariko ibya Apolo mwene data (ntiyamwita umwanzi) naramwinginze cyane ngo ajye iwanyu ajyane na benedata ariko ntiyakunda na gato kugenda ubu icyakora nabona uburyo azaza. Iyo umuntu atarumva ibi rero yirirwa avuga ngo ni amacakubiri, turarwanya amacakubiri, nta macakubiri ariho! hari separation kandi separation ni Biblique, mujye mumenya uko musenga n’ibyo musengera, ibyo mbabwiye ni ukuri.

Kuba uyu munsi ntakoranye na Pastor Barbara nkamubwira nti ufite impano, nanjye mfite impano, twigire kuri nature y’ibyo Imana yaremye, njyewe nabaye umushumba, umwungeri w’inka kuva ndi umwana muto, nize gukama inka mfite imyaka 10,..nta kibuga cy’inka kibamo imfizi ebyiri never (ntibibaho), nta cyogo cy’inkoko kibamo amasake abiri, iyo ni nature, nta famille ibamo abagabo babiri, nta gicu gisangira inkuba ebyiri, ibyo mbabwira ni ibiriho, murumva torero ry’Imana? ,.." Apotre Gitwaza

Nimushaka kuba ba Pasiteri, ba Bishop, ba Apotre mureshya umurimo ntuzatera imbere-Apotre Gitwaza

Akamasa iyo kagiye kwivuga karimo kubyiga kabanza kureba aho imfizi nkuru iri kakajya ku musozi wako kagahunga imfizi nkuru kakaguguza, ako kamasa kiga kwivuga nyamukuru itari aho, no mu by’Umwuka ni uko bimeze, ejo muzakora za Minisiteri, ejo muzakorera Imana nimuba mwese ba Pasiteri mureshya, mukaba mwese ba Bishop mureshya, ba Apotre mureshya, uwo murimo ntabwo uzatera imbere, ibyo ni ukuri, kubera iki? Kuko buri muntu afite ubuntu bwinshi Imana yamuhaye, agiye mu nguni y’ibumoso yakora ibyiza, agiye mu nguni y’iburyo yakora ibyiza cyane, agiye hariya yakora ibindi kandi mu kanya gato imbaraga twashyize hamwe, tukazishyira hariya hirya no hino, Ubwami bw’Imana bukunguka, Pawulo ntabwo yari afite ububasha kuri Apolo kuko atamubyaje ubutumwa ariko uwo umuntu yabyaje ubutumwa aramwubaha…Apotre Gitwaza

Apotre Gitwaza yavuze uburyo yagiye muri Amerika akamarayo amezi 7, abadayimoni bose b’ikuzimu ngo bakabyuka

Umwaka ushize wa 2016, Apotre Gitwaza yagiye hanze mu rugendo rw’ivugabutumwa amara amezi 7 ari kuzenguruka ibihugu byo muri Amerika ndetse n’i Burayi ndetse afata n'umwanya wo kuba hafi y'urugo rwe dore ko abana be bose n'umugore we bari muri Amerika. Icyo gihe Apotre Gitwaza yibera hanze, havuzwe amakuru menshi harimo n’avuga ko yatorotse u Rwanda ndetse ko atazagaruka. Havuzwe kandi ko abayobozi bamwungirije bari bagiye kumuhirika ku buyobozi bwa Zion Temple. Ni na cyo gihe havuzwe amakuru yiswe ibihuha yavugaga ko umugore we ngo wari mu Rwanda mu gihe Gitwaza yari muri Amerika yasanze Gitwaza mu isanduku y’abapfu ngo bikamutera guhahamuka. Icyo gihe ariko aya makuru yafashwe nk’igihuha cyambaye ubusa dore ko Gitwaza yari yibereye muri Amerika ari kumwe n’umuryango we (umugore n’abana). Ibyo byose byamuvuzweho icyo gihe, Apotre Gitwaza yatangaje ko ari amashitani y’ikuzimu yari yabyutse ari kumurwanya. Apotre Gitwaza yagize ati:

Hari igihe namaze amezi 7 hanze, amashitani y’ikuzimu yose arabyuka n’idayimoni ryari ryaraziritswe ryasabye uruhushya rwo kuziturwa, rijya muri konje gutembera kugira ngo ryumve amakuru ya Gitwaza, icyo gihe nari mu muryango nsenga, nganira n’abana ariko na none icyo gihe nari mu bubyutse n’ivugabutumwa.

Image result for ApOTRE Paul Gitwaza

Apotre Paul Gitwaza avuga ko yagabweho igitero cy'amadayimoni yose y'ikuzimu

REBA HANO APOTRE GITWAZA MU NYIGISHO YARYOHEYE BENSHI MU BAKRISTO BA ZION TEMPLE






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ange7 years ago
    byose namaturo badatura nti mwashwana
  • pacu7 years ago
    aha rwose gitwaza yasobanuye ibintu neza Imana imuhe umugisha umukozi w'Imana.
  • dsp7 years ago
    ndumva iyu mu type yiyizeye cyane, ka terebe next...
  • Umukozi w'Imana7 years ago
    Muri bibiliya haranditse ngo MUZABAMENYERA KU MBUTO BAZERA. Imbuto Gitwaza n'amashumi ye bari kwera zirimo kwigaragaza. Harya ngo ni Imana muba mukoreraaaa cyangwa ni indamu muba mwishakira?
  • Paul G7 years ago
    hahahahaha injiji we!!!!
  • peace7 years ago
    True man of GOD, il faut toujours qu il y ait le chef. urakoze rwose kuduha ubusobanuro bwimbitse kubw izo mpinduka zabaye,nkunda ko uzi ubwenge . Uwiteka akomeze akuturindire kdi akongerere amavuta.
  • ana bella7 years ago
    Imana ikomeze imukoreshe guhesha umugisha amahanga, abakuvuga nabi ni abatabizi ariko ababizi ntituzacika intege dore ko ibitero buri gihe biba bikuriho ariko umugabo uvugwa ni ukora. iyo udakora ntuvugwa. na Yesu bamwitiriye kjo akoreshwa n'imyuka mibi kdi yari umwana w'Imana. Keep it up man of God!!!
  • Hagenimana7 years ago
    hahahaha nkunda ukuntu abahanga bahangana intama zigakomeza zikaba intama tuuu wareba ukuntu abantu biterera hejuru biishimiye inyigisho Gitwaza arimo gutanga uwamubaza niba vuningoma aho ari yishimye cyangwa niba baratandukanye neza nka Pawulo na barnaba ubu yamuhamagara kuri telephone mwaretse kuzirikira abantu mukagozi kunyungu zanyu bwite koko ninde utazi ibyanyu keretse abogejwe mukbwonko nyinee
  • Hadassa7 years ago
    Tumenye gutandukanya ibyo aba bapfuye, n impamvu Barnaba na Pawulo batandukanye.. Kwa Gitwaza bapfuye UBUTUNZI N IBYUBAHIRO, ba Pawulo na Barnaba batandukanye k ubw ubutumwa bwiza. Nta nduru zagombaga kuvuga kuko nta Statuts, Nta bya 10 n amaturo, Nta TITRES, Nta mishahara...Bamwe bari kuri 400.000 bakaba bashaka 600.000..... Mutandukanye ibi bintu ..Yesu yavuze ko Turi abavandimwe, haba ikibazo TUKAYOBORWA n Umwuka... Nta Chef mu BY Imana ubaho, kuko ntabwo ari ubutegetsi bw ite bwa LETA kuko TUGOMBA kurangwa no guca bugufi...muri byose.. Pawulo yirase IMIBABARO N INKOVU ZA KRISTO!! Rero uko byasobanurwa kose aba bagabo bapfuye amahera, n IBYUBAHIRO..naho Pawulo na Barnaba ntibumvikanye mu bigendanye n aho bagombaga kujya..Ntaho bihuriye.. NIYO mpamvu ibyo muri Zion bigomba kuyoborwa n IMFIZI NKURU..kandi birumvikana. Mwisomere Ijambo ry Imana ...abakozi ba Yesu ba mbere batandukanye kure n abiki gihe, Kubera iki? UBUTUNZI N IBYUBAHIRO..aha rero udupfizi duto twagombye kuba twaramenye umwanya watwo!!
  • Hadassa7 years ago
    Pawulo na Barnaba ntabwo ibyatumye batandukana bihuye nibyo mwapfuye...
  • karangwa7 years ago
    Jye sinsengera kwa Dr. Paster P.Gitwaza, ariko nizerako ar’umuntu w'Imana, kandi yamuhamagariye kuyikorera. Ntamushinga, ntabantu cg umurimo utagira umuyobozi cg initiator uwawutangije cg uwahawe iyerekwa. Abandi bantu (abayobozi) bakaza kumwunganira cg se gushyigikira iryo yerekwa rye. Petero niwewahawe kuyobora abigishwa ba Yesu igihe yari agiye mwijuru. Ntabwo rero Yohana, Yakobo cg nabandi bigishwa bagombaga kurwanira kuyobora itorero ryambere rya Christo. Petero nkuwahawe iyerekwa niwe wagombaga kuyobora abandi bakamuyoboka. Moses/Musa, niwe wahawe iyerekwa ryokuyobora itorero rya Israel akariyobora akarikura muri Misiri akarigeza i Kanani. Aroni, Miriyamu nabandi bayobozi baba Israel bagombaga kumvira nokuyoboka Mose. Igihe Aroni na Miriyamu batangiye kurwanya Moses bitwajeko yarongoye umunyegiputa, bahuye ninkoni y'Imana. Igihe Aroni nabandi bayobozi biremeraga ikimasa bakakiramya bitwajeko Moses yatinze kumusozi wa sinayi bahuye numujinya w'Imana. Igihe bamwe mubayobozi bab' Israel bahakanaga ko Moses Imana itakimukoresha bakagumura aba Israel, isi yarasamye Irabamira. Ababose mvuze, icyo baziraga ntakindi nukurwanya uwasizwe ndetse uwahawe iyerekwa n'Imana. Igihe Bene Eli, bacumuraga ku Mana, ntabwo Samweli yatinyutse kubarwanya. Sauli amaze gucumura, ntabwo Dawidi yigeze atinyuka yewe ntanubwo yigeze yifuzako yapfa. Kuko yari yarasinzwe n'Imana. Umwanzuro nuko Umukozi w'Imana Paster Gitwaza ntakosa yakoze, abamurwanya, barimo kurwanya Imana yamusize. Inama nabagira nuko bagenda amahoro badaharabitse uyumurimo, bakajya gusaba Imana, nabo bagahwa VISION zabo ZAYONI TEMPLE niyerekwa Imana yahaye Pastor Gitwaza. Murakoze Murakarama.
  • 7 years ago
    Bravo Man of God ariko uri umuntu ukomeye burya koko! umuntu uri mubushorishori kumutera ibuye biroroha kuko buri wese aba amureba kukwiriza mubinyamakuru nuko uri a great man Ijambo ryawe riri authentic nibyo bibaderanja kuko nasanze benshi bakurikira inyigisho zawe kuri youtube bucece batari nabayoboke bawe bivuze ko ufitiye isi akamaro. Abazajya banga impinduka nabo bazajye gushinga itorero ryabo aho bazaba abayobozi bakuru.
  • adele7 years ago
    Hahahah .... Mbega ubwiyemezi buri aha !!!!
  • INTUMWA7 years ago
    Hadassa Uvuze ukuri pe!!, Gusa Birababaje, mbega Gitwaza???? ngo: -Biragoye gukorana n’umuntu wumva ko mureshya -Nta kibuga cy’inka kibamo imfizi ebyiri, nta muryango ubamo abagabo babiri -Akamasa kiga kwivuga kajya aho imfizi nkuru itari -Nta murimo ujya utezwa imbere n’inshuti, ahubwo utezwa imbere n’umubyeyi n’umwana HARYA NGO URI UMUKOZI W'IMANA NAKO IINTUMWA Y'IMANA???? BIRABABAJE KUBONA AMAGAMBO NKAYA ASOKA MU KANWA KAWE! WA MUPFU WE NINDE WAKUBWIYE KO MU MURIMO W'IMANA CG MU BWAMI BW'IMANA HABAMO IBYUBAHIRO!?? YESU YARAVUZE NGO USHAKA KUBA MUKURU ACE BUGUFI ABE UMUGARAGU W'ABANDI, IKINDI NGO UWIBWIRA KO AHAGAZE YIRINDE ACE BUGUFI!!!! KUKI GUCA BUGUFI KWA YESU WOWE NTACYO BIKUBWIYE? UTEKEREZA KO YARANANIWE KUZANA ICYUBAHIRO CYE MW'ISI???? YOOOOHOOOOOOOOOOOOO!!!! MBEGA AGAHINDA UNTEYE KUMBI BURYA UHARANIRA ICYUBAHIRO. GUSA BIBILIYA NDAYIKUNDA CYANE NI IGITABO CYIZA " NGO MUZABAMENYERA KU MBUTO BERA" IZINA RY'IMANA RIHABWE ICYUBAHIRO
  • karangwa7 years ago
    Jye sinsengera kwa Dr. Paster P.Gitwaza, ariko nizerako arumuntu w'Imana, kandi yamuhamagariye kuyikorera. Ntamushinga, ntabantu cg umurimo utagira umuyobozi cg initiator uwawutangije cg uwahawe iyerekwa. Abandi bantu (abayobozi) bakaza kumwunganira cg se gushyigikira iryo yerekwa rye. Petero niwewahawe kuyobora abigishwa ba Yesu igihe yari agiye mwijuru. Ntabwo rero Yohana, Yakobo cg nabandi bigishwa bagombaga kurwanira kuyobora itorero ryambere rya Christo. Petero nkuwahawe iyerekwa niwe wagombaga kuyobora abandi bakamuyoboka. Moses/Musa, niwe wahawe iyerekwa ryokuyobora itorero rya Israel akariyobora akarikura muri Misiri akarigeza i Kanani. Aroni, Miriyamu nabandi bayobozi baba Israel bagombaga kumvira nokuyoboka Mose. Igihe Aroni na Miriyamu batangiye kurwanya Moses bitwajeko yarongoye umunyegiputa, bahuye ninkoni y'Imana. Igihe Aroni nabandi bayobozi biremeraga ikimasa bakakiramya bitwajeko Moses yatinze kumusozi wa sinayi bahuye numujinya w'Imana. Igihe bamwe mubayobozi bab' Israel bahakanaga ko Moses Imana itakimukoresha bakagumura aba Israel, isi yarasamye Irabamira. Ababose mvuze, icyo baziraga ntakindi nukurwanya uwasizwe ndetse uwahawe iyerekwa n'Imana. Igihe Bene Eli, bacumuraga ku Mana, ntabwo Samweli yatinyutse kubarwanya. Sauli amaze gucumura, ntabwo Dawidi yigeze atinyuka yewe ntanubwo yigeze yifuzako yapfa. Kuko yari yarasinzwe n'Imana. Umwanzuro nuko Umukozi w'Imana Paster Gitwaza ntakosa yakoze, abamurwanya, barimo kurwanya Imana yamusize. Inama nabagira nuko bagenda amahoro badaharabitse uyumurimo, bakajya gusaba Imana, nabo bagahwa VISION zabo ZAYONI TEMPLE niyerekwa Imana yahaye Pastor Gitwaza. Murakoze Murakarama.
  • matsiko7 years ago
    Mbega amafrng ngo ararikora? Ubuse kokotuvuge ko barigutandukana kubera ishyaka ryo kwamamaza Christi koko? Nkurwo rugero rwaba Paulo yatanze? Ndumiwe koko kwishyira hejuru gusa kwa buri umwe nogupingana ngo ntasake ebyiri mungo ntamfizi ebyiri,....nibindi nibindi ndumiwe koko Imana ibatabare
  • Ngabo7 years ago
    Ariko rwose abisobanuye neza, barashaka kumukorera Cout d'État nka bande ko ariwe founder wa zion temple!!!! Wiyubakiye ikintu umuntu utazi amasengesho wasenze ucyubaka araje ngo bwebwebwe...ahubwo ni uko Gitwaza ari umukozi w'Imana, mu zindi institutions baranakurigisa da! Ukumva umuntu yitabye Imana urupfu rutunguranye!!
  • Coco7 years ago
    Pasteri Gitwaza ibyo uvuze nibyooo nibyo cyane. Ariko hari abatabyumva batazanakumva pe. Uri mukuri niyo mpamvu urwanywa cyane jyewe wambere Pasteri, ubu mba hanze nakoze umurimo w 'imana muri Zion temple kuva ndi muto kugeza nshyingiwe mu itorero nzi neza ko uri mukuri humura Yesu arakuzi ikomereze umurimo w'Imana.
  • sarah7 years ago
    Gitwaza kutakugira nukunyagwa zigashira.komeze yesu numwami.icyo gusa imana yakwihereye nijambo ryayo ryuzuye umutima wawe.abatazi ibya zion temple ni muceceke.ese ko muburanira dieudonne mwigeze mwumva haricyo avuga ni mureke azivugire sumwana kandi azi ubwenge.pauk gitwaza urakarama mwizina rya yesu.
  • hhahahah7 years ago
    IKIRYABAREZI hahahahah komeza urye inoti zinjiji mwana





Inyarwanda BACKGROUND