RFL
Kigali

Nick Vujicic ufite ubumuga bw'amaguru n’amaboko yishimiye kuba umugore we ari hafi kubyara umwana wa kabiri-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:29/07/2015 20:40
8


Umuvugabutumwa ku rwego mpuzamahanga Nicholas James uzwi nka Nick Vujicic ufite ubumuga bw'amaguru yombi ndetse n’amaboko yombi,mu byishimo byinshi, yashyize hanze amafoto y’umugore we uri hafi kumubyarira umwana wa kabiri.



Nick Vujicic w’imyaka 32 y’amavuko ni umwe mu bavugabutumwa bakunzwe cyane ku isi. Nick Vujicic ni umunya Australia wavutse akisanga nta maguru n’amaboko agira. Kugeza n’uyu munsi nibwo buzima abayemo kandi abishimira Imana.

Nick Vujicic yavukanye ubumuga bwo kutagira amaguru n'amaboko

Muri 2012, Nick Vujicic yashakanye na Kanae Miyahara, kugeza ubu bafitanye umwana umwe witwa Kiyoshi James Vujicic ndetse n’uyu wa kabiri bari hafi kwibaruka. Nick Vujicic ashimira cyane umugore we Miyahara kubw’urukundo nyarwo amugaragariza.

Vujicic

Miyahara, umugore wa Nick Vujicic ari hafi kubyara umwana wa kabiri wa Vujicic

Vujicic Nick

Nick Vujicic afite umugore umukunda cyane, bajya basohoka bakajya ku mazi

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Facebook, kuri uyu wa 29 Nyakanga 2015, umuvugabutumwa Nick Vujicic yavuze ko we n'umuryango we bishimiye cyane uwo bari hafi kwibaruka bahaye izina rya Dejan. Yashimiye abakunzi b'umuryango we anabasaba gukomeza kubasengera ku Mana. 

Vujicic

Nick Vujicic yishimiye cyane umwana wa kabiri agiye kwibaruka

Vujicic umaze kuvuga ubutumwa mu bihugu birenga 54(ariko akaba ataragera muri Afrika), iyo arimo atanga ubuhamya bw’ubuzima bwe akagera ku izina ry’umwana we Kiyoshi James, Vujicic ahita aseka cyane  kubwo kunezezwa n’igitangaza Imana yamukoreye  kuko ngo mbere ataranamubyara yaramukunda kuko yari isezerano ry’Imana ndetse akaba ahamya ko afite isura yayo.

Vujicic

Nick Vujicic n'umuryango we bishimiye umwana wa kabiri bagiye kwibaruka

N’ubwo Nick Vujicic avuga ko adakeneye amaguru n’amaboko hari ibindi binyamakuru biherutse gutangaza ko mu cyumba cye yaba abitsemo umuguru w’inkweto kuko afite isezerano n’icyizere cyo kuzasubizwa ingingo ze yabuze. Ati: “Ibirenze amaguru n’amaboko nkeneye amahoro gusa,.. Sinshaka amaguru n’amaboko,Ni we nkeneye gusa(Yesu)”

Nick Vujicic hamwe n'umuhungu we


Nick Vujicic abwiriza abantu, ahagaze ku meza


Mu mwaka wa 2012 nibwo Nick Vujicic yakoze ubukwe ashakana na Kanae Miyahara bakora ubukwe bw'igitangaza






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • katia8 years ago
    Really Amazing, we praise you Lord for your good Deeds!! Amen
  • che8 years ago
    Just amazing!
  • moya8 years ago
    mbega byiza nakamiya karikoze nahubundi uwo mugore mwiza gurya ntamukwiye pe
  • Robert8 years ago
    Real lv!
  • Alpha8 years ago
    Dore rero icyo bita urukundo nyarwo. All the best to the family.
  • uwase8 years ago
    ndarize
  • Ngaho8 years ago
    May God almighty be praised for this wonderful family, and may he continue to bless them according to his word Amen Amen.
  • Placide8 years ago
    Uru ni rwo rukundo Imana idusaba gugira





Inyarwanda BACKGROUND