RFL
Kigali

Nagize ubwibone umushahara w’ibihumbi 500 unca ku Mana, nsabye imbabazi, ubu ngarutse mu muziki-Safari Peter

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:13/09/2016 10:56
7


Umuhanzi Safari Peter umaze imyaka itatu atumvikana mu muziki kuri ubu yamaze kugaruka nyuma yo kwicuza no gusaba Imana imbabazi kuba yaramuhaye akazi keza kamuhemba ibihumbi 500 ku kwezi, kakamutera ubwibone agahagarika impano yahawe yo kuririmba.



Safari Peter ni umuhanzi wamenyekanye mu myaka yatambutse mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana. Mu mwaka wa 2004 yiga mu mwaka wa 3 w’ayisumbuye nibwo Safari Peter yavumbuye impano imurimo yo kuririmba, nyuma yaho akora indirimbo zakunzwe zirimo: Shetani waratsinze, Mupenzi wangu, Ndiho n’izindi.

UMVA HANO 'SHETANI WARATSINZWE' YA SAFARI PETER

Kuva atangiye umuziki muri 2004 kugeza mu mwaka wa 2013, Safari Peter ni umwe mu batumirwaga hirya no hino mu gihugu mu bitaramo n'ibiterane by'ivugabutumwa. Nyuma yo gusoza kaminuza ye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) i Huye, Safari Peter yatangiye kugenda biguru ntege mu buhanzi birangira abivuyemo burundu, kugeza ubu imyaka ibaye itatu yarahagaritse kuririmba kubera kuryoherwa n'ifaranga.

Mu kiganiro na Inyarwanda.com, uyu musore Safari Peter yavuze ko yaje kubona akazi kamuhemba ibihumbi 500 ku kwezi, kamutera kwibagirwa Imana. Mu myaka itatu yakamazeho, yavuze ko kuvuga ubutumwa mu ndirimbo yari yarabihagaritse kubera ubwibone ukongeraho n’ishuri dore ko yaje gukomeza mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters) ndetse akanavuga ko gukorera mu cyaro nabyo biri mu byatumaga arushaho kwibagirwa Imana. Gusa kuri ubu ari kwicuza. Yagize ati:

Nagize ubwibone ariko nciye bugufi, amafaranga yanciye ku Mana no ku mpano kubera akazi nabonye nkimara gusoza kaminuza kampembaga ibihumbo 500 ku kwezi (500.000Frw). Iyo ntahagarika umuziki ubu mba ngeze kure. Ndi kwicuza cyane, ndasaba Imana imbabazi, ndayisaba ko insubizamo imbaraga nari mfite kandi inarenzeho maze nongere nyikorere.

Image result for Umuhanzi Safari Peter

Safari Peter ufite indoto zo kuzaba umudepite

Tumubajije impamvu arimo kwicuza mu gihe yari afite akazi keza kamwinjiriza, Safati Peter yabwiye Inyarwanda ko mu myaka itatu yamaze kuri ako kazi ko ntacyo byamumariye kuko ngo yasubiye hasi kurushaho haba mu bukungu, imibanire ye n'abantu dore ko yahiraga ahuze cyane by'umwihariko bikaba byarakamije impano ye yo kuririmba. Icyo asanga byamugejejeho gusa ni uko byamufashije kwishyura milliyoni eshatu n’igice y’ishuri (Masters) ndetse akagura n’ibibanza biherereye i Karongi ari naho yakoreraga ako kazi ke mu mirenge ine. Ati: "Ntacyo byamariye kuko uko nari nanutse nasubiye hasi cyane kurushaho, byakamije impano yanjye yo kuririmba."

Safari Peter kuri ubu azanye ingamba nshya mu muziki

Nkuko yabidutangarije, yahamije ko nyuma yo gusoza Masters agiye guhugukira umurimo w’Imana agakoresha impano yahawe yo kuririmba. Ku ikubitiro, ngo agiye gushaka umujyanama ndetse ashake n’umu Producer w’umuhanga kandi w’umwizerwa ndetse akorane cyane n’itangazamakuru. Yagize ati:

"Ubu ndimo kwandika igitabo muri Mount Kenya (Masters) ninsoza mfite ingamba zo gushyira ingufu mu muziki kuko kuririmba ni impano nahawe ngo nyikoreshe benshi bave mu byaha. Ubu abajyaga bampamagara mu bitaramo n’ibiterane bakambura, ndabamenyesha ko Safari Peter, nagarutse ubu ndahari."

Afite indoto zo kuzaba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda

Safari Peter mu nzozi ze yifuza kuzaba umudepite hano mu Rwanda. Yabwiye umunyamakuru wacu ko aramutse abonye ayo mahirwe, byazamufasha kwamamaza ubutumwa bwiza ndetse asanga byaba ari uburyo bwiza bwo guteza imbere Gospel mu Rwanda kuko abahanzi bahimbaza Imana hari byinshi bakungukiramo. Mu matora aherutse y'Abadepite Safari Peter ni umwe mu bari biyamamaje ariko birangira amahirwe atamusekeye, ariko ntibyamuciye intege kuko yizeye kuzakabya izo nzozi.

Yahuriye mu giterane na Mbonyi na Dominic Nic, yerekwa urukundo

Nyuma y’iminsi micye yiyemeje kugandukira Imana, Safari Peter yabwiye Inyarwanda ko kuwa 3 Mutarama 2016 aherutse gutumirwa mu giterane kuri Bethesda church i Kibuye, aho yahuriyeyo na Dominic Nic na Israel Mbonyi, nuko Imana iramukoresha, benshi baramwishimira kurusha abandi bahanzi bari kumwe,ndetse ngo abashumba bamwaturiraho ko impano ye ikwiye kwaka, ibyo bimutera imbaraga muri we no kwiyemeza ko agomba kuzura impano imurimo igahembura benshi.

Safari Peter

Safari Peter yasabye Imana imbabazi atangaza ko agarutse mu muziki

Safari Peter ni umusore w’imyaka 30 y’amavuko akaba umukristo mu itorero rya ADEPR Remera ariko akaba yarakunze kuba i Karongi. Mu muziki, amaze gukora indirimbo 9, muri zo 8 zifite amashusho, gusa ngo zakozwe cyera cyane bityo akaba ashaka kongera akayasubiramo zigakozwa mu buryo bugezweho bujyanye n'iterambere.

Safari Peter yicuza cyane kuba yarihaye ikiruhuko mu murimo w’Imana mu gihe abatangiye umuziki nyuma ye barimo Dominic Nic, Patient Bizimana n’abandi, kugeza ubu bamaze kugera ku rwego rwo hejuru, gusa na we ashimira Imana yongeye kumuhagurutsa ndetse ikaba igiye kumukoresha iby’ubutwari mu muziki uhimbaza Imana.

Abo yabereye umuyobozi mu ishuri ubu ni ibyamamare mu muziki

Mu mwaka wa 2004 kuri Bonane nibwo Safari Peter yaririmbye indirimbo ye ya mbere, ayiririmbira abanyeshuri b'aho yigaga muri College de Gisenyi Inyemeramihigo, baramwishimira cyane. Uyu muhanzi avuga ko iyo abonye uburyo bamwe mu bahanzi yabereye umuyobozi mu ishuri, aho yavuze Patient Bizimana n'abandi yabereye umuyobozi ushinzwe imyitwarire, kuri ubu bakaba barateye imbere, yavuze ko bimushimisha cyane ndetse na we bikamutera ishema ry'uko atabaye umubyeyi gito ndetse bikamuhamiriza ko na we azatera imbere.

UMVA HANO 'SHETANI WARATSINZWE' YA SAFARI PETER






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Banzou7 years ago
    Ubu yashonje ibibazo byamwishe amaze nkuhembwa ibihumbi icumi.turamubabariye natwe.Imana imugirire neza
  • hategeka 7 years ago
    Uyu mutype afite ubwirasi bwinshi none ngo mucyaro haramudindije ubundi ngo 500 mille niyo yabiteye hhhhhaa. Ubundi se akiba I butare ntiyaririmbaga neza. Niyihane bya nyabyo areke kwishongora kubandi bahanzi
  • 7 years ago
    Abantu murasetsa ibi byo gusabira imbabazi mu itangazamakuru byo turabyerekeza he
  • nduwawe denyse7 years ago
    yoo!!! ntakiza nko gukorere Imana nukuri ikaze mumurimo w'Imana
  • K O7 years ago
    Safari, Imana igushyigikire yongere igukoreshe kuko indindirimbo zawe zifite ubutumwa bukomeye. Welcome
  • clara7 years ago
    Nonese safari ko uvuga ngo ugiye kuririmba abantu bave mu byaha wowe wabivuyemo? Ntabwo Yesu yaje guhanira abantu ibyaha ahubwo yaje kubabarira iibyaha nta muntu wabasha Kureka ibyaha ntitukabeshye ikindi Imana iyo ibona twabasha kubireka ntiyari Kureka unwana wayo Yesu agapfa urupfu rubi ntabwo gusaba Imana imbabazi byagukuraho ibyaha ibyaha byacu byatwikirijwe na maraso ya Yesu nta narimwe Imana yigeze ibabarira amaraso cg hatabonetse igitambo cyibyo byaha niyo mpamvu Yesu yaje akatubera igitambo cyibyaha byacu byose John3:16 urukundo rwi Imana rwatumye itanga umwana wayo kugirango umwizera atarimbuka ahubwo ahabwe ubugingo buhoraho Ntawabasha kureka ibyaha kuko bidutuyemo iyo ugiye kugikora ntabwo ujya kugitira ahubwo bigusohokamo
  • safari peter7 years ago
    icyo nababwira nuko niyemeje kwisubiraho no kugaruka mu mpano nagabiwe. mu byukuri hari igihe numvaga nguye umwuma mu mutima nkinyabya mu rusengero nabona umuntu urikuririmba acuranga nkumva ndahembutse cyane hanyuma nkibaza nti harya nanjye nigeze nkora nk,ibi mbona? simenye aho amarira aturutse. ubu narahagurutse kandi sinzasubira inyuma. namwe mukomeze munsabire mutibagiwe n,abandi bahanzi bagenzi banjye. Uwiteka adukomeze mu murimo we





Inyarwanda BACKGROUND