RFL
Kigali

Mu ndirimbo ‘Igitangaza’ ya Blaise Pascal, Clapton (Kibonke) yakiriye agakiza aba Pasiteri-VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:21/07/2016 19:56
0


Umuraperi Blaise Pascal umwe mu baraperi bagize 'The Chrap' yatangijwe na Bright Patrick, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye ‘Igitangaza’ ivuga uburyo Yesu Kristo ari igitangaza kuko akora ibintu bigatangaza abana b’abantu.



Umuraperi Blaise Pascal umwe mu bahanzi nyarwanda bakunzwe cyane mu muziki uhimbaza Imana by’umwihariko mu njyana ya Hip Hop, akoze amashusho y’iyi ndirimbo ‘Igitangaza’ nyuma y’igihe gito ashyize hanze andi y’indirimbo ze ebyiri arizo: Kubera Imana ndetse na My King.

Mu mashusho y’iyi ndirimbo ye ‘Igitangaza’, haragaramo umunyarwenya Clapton uzwi nka Kibonke muri Filime Seburikoko. Clapton agaragara yivuruguta mu byaha anywa itabi n’inzoga, ariko nyuma yo guhura na Yesu Kristo, agakizwa, agahinduka umuvugabutumwa ukomeye, agahamagarira benshi kuva mu byaha.

Clapton

Clapton

Clapton mu nzoga mbere yo gukizwa

Clapton

Nguwo mu miferege kubera inzoga

Clapton

Yabwirijwe ubutumwa bwiza akorwaho yiyemeza guhinduka

Clapton

Yarahindutse aba umuvugabutumwa aburira abari mu byaha yahozemo

Clapton

Blaise Pascal hamwe na Pastor BDP

REBA HANO 'IGITANGAZA' YA BLAISE PASCAL IGARAGARAMO CLAPTON


 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND