RFL
Kigali

MU MAFOTO: Umuhanzikazi Mama Paccy wahoze yotsa ibigori ku muhanda yakoze ubukwe bw'agatangaza

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:11/08/2018 12:37
7


Kuri uyu wa Gatandatu tariki 11/08/2018 ni bwo umuhanzikazi Mama Paccy yasabwe aranakobwa mu muhango uri kubera i Kimironko mu mujyi wa Kigali. Mama Paccy wakoze ubukwe uyu munsi, yahoze acuruza ibigori ku muhanda, Imana iza kumuhindurira amateka.



Bambuzimpamvu Anastasie (Mama Paccy) n'umukunzi we Hitayezu Emmanuel nyuma yo gusezerana imbere y'amategeko ya Leta mu muhango wabaye tariki 20 Nyakanga 2018, kuri uyu wa Gatandatu bakurikijeho umuhango wo gusaba no gukwa wayobowe na Mc Philos umaze kubaka izina muri uyu mwuga. Ubukwe bw'aba bombi bwitabiriwe n'abantu benshi ndetse buri kurangwa n'udushya tunyuranye muri buze gusoma mu nkuru zacu ziri imbere.

Gahongayire

Aline Gahongayire n'umunyamakuru Clarisse wa Radiyo Rwanda bari bambariye abageni

MAMA Paccy

Bakoze ubukwe burimo udushya twinshi

Bambuzimpamvu Anastasie ari we Mama Paccy ni umuhanzikazi kuri ubu ufite ishimwe rikomeye ku Mana yamutabaye ikamuhindurira amateka akava mu buzima bugoye yanyuzemo bwo gukora akazi ko mu rugo, gucuruza agataro, guca incuro no kuba mu nzu y’ikode. Aherutse gutangariza Inyarwanda.com ko mu myaka 15 ishize yari mu buzima bubi cyane ari umutindi nyakujya ariko magingo aya akaba ashima Imana yamutabaye ikamuvana ku cyavu akicarana n’abakomeye. Mama Paccy akoze ubukwe nyuma yo gutandukana n'umugabo we babyaranye abana bane.

MAMA Paccy

Byari ibyishimo bikomeye kuri Mama Paccy n'umugabo we

Saa Saba z'amanywa zuzuye (13h:00) ni bwo umugeni (Mama Paccy) yasohotse mu nzu yinjira ahabereye umuhango wo gusaba no gukwa. Mama Kenzo (umugore wa nyakwigendera Patrick Kanyamibwa) n'umunyamakuru Clarisse Uwineza uzwi cyane nka Clara Uwineza ukora kuri Radiyo Rwanda, ni bamwe mu bari bambariye Mama Paccy. Mama Paccy n'umukunzi we bakoze ubukwe nyuma y'imyaka ine bamaze bakundana ndetse bakaba bamaze imyaka 10 baziranye.

MAMA Paccy

Mama Paccy yabwiye umugabo we ati 'Uri umuhoza wanjye w'ibihe byose'

Ahagana Saa Saba n'iminota 35 ni bwo Mama Paccy yambitswe impeta n'umukunzi we Hitayezu Emmanuel, abitabiriye ubukwe bavuza amashyi menshi, bamwe bati 'Baraberanye', abandi bati 'Baraberewe'. Saa Saba n'iminota 52 ni bwo umuhanzi Thacien Titus yakiriwe aririmbira abageni. Yaririmbye indirimbo ye yitwa 'Ukwiriye gushimwa Yesu' aho aririmbamo ngo 'Ukwiriye gushimwa Yesu, ukwiriye kubahwa, n'iki uragikoze, Yesu we, ukwiriye kubahwa! Uciye agasuzuguro ka satani'. Nyuma ya Thacien Titus, hakurikiyeho kwiyakira, ari nako Mc Philos asetsa abantu muri bwa buryo bwe buzimije cyane.

Thacien Titus

Thacien Titus yaririmbiye abageni barizihirwa bikomeye

Nyuma yo gusaba no gukwa, Mama Paccy n’umukunzi we berekeje ku Gisozi basezerana imbere y’Imana mu muhango wabereye mu rusengero rwa Bethesda Holy church. Abahanzi b’ibyamamare mu Rwanda mu muziki wa Gospel; Aline Gahongayire na Theo Bosebabireba n'umunyamakuru Clarisse Uwineza wa RBA ni bamwe mu bari bambariye abageni. Umuhango wo gusezerana imbere y'Imana watangiye kuva Saa kumi n’indi minota z’umugoroba.

MAMA Paccy

Uwo ukunda uramutetesha!....Mama Paccy mu mugongo w'umugabo we

Mama Paccy n’umukunzi we Hitayezu Emmanuel basezeranye imbere y’Imana n’imbere y’abakristo bambikana impeta y’urudashira, babihamya imbere y'imbaga yitabiriye ubukwe bwabo. Pastor Muhire Gerard Harvest Christian church-Paruwase Sarefati ni wa babasezeranyije. Saa Kumi n’imwe na 40 ni bwo abageni bagiye kwifotoza. Nyuma yaho bakomereje mu kwiyakira (Reception) mu muhango wabereye mu busitani bwa Croix Rouge ku Kacyiru, uyoborwa n’umusore witwa Muhire Nzubaha wagaragaje cyane ko afite impano mu kuyobora ubukwe.

MAMA Paccy

Bosebabireba nawe yaririmbiye abageni

Mama Paccy yatunguye umukunzi we amuririmbira indirimbo nshya yamuhimbiye. Ni indirimbo itari yajya hanze ikaba irimo imitoma myinshi. Abahanzi baririmbiye abageni ni; Thacien Titus, Theo Bosebabireba waririmbye 'Kubita utababarira' n'izindi zinyuranye, Aphrodis Byosebirashoboka, abana ba Mama Paccy n'amakorali anyuranye. Abageni bahawe impano nyinshi cyane kandi zinyuranye by'akarusho bagabirwa inka zitari nke. Ubukwe bwasojwe nijoro hafi Saa Tanu.

MAMA Paccy

Mama Paccy yitegereza cyane umukobwa we wamutahiye ubukwe

MAMA Paccy

Habuze gato ngo Mama Paccy arizwe n'abana be bamuririmbiye

REBA ANDI MAFOTO Y'UKO BIMEZE MU GUSABA NO GUKWA

MAMA Paccy

Abaririmbyi babanje gushima Imana mu ndirimbo

MAMA PaccyMAMA Paccy

Ubwo umukwe yari ahageze

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA Paccy

Madamu Nkunda Maombi Miriam (Ibumoso) Madamu Bishop Rugubira Theophile uyobora Harvest Christian church mu Rwanda

MAMA Paccy

Uhereye ibumoso; Ababyeyi ba Israel Mbonyi nabo bari babutashye

MAMA PaccyMAMA Paccy

Mc Philos (iburyo) ni we wayoboye ubu bukwe

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA Paccy

Ni ubukwe bumeze nk'amateraniro,...n'amakorali yaririmbye

MAMA Paccy

Mama Paccy hamwe n'abamwambariye

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA Paccy

Mc Philos ashimira muzasa wa Mama Paccy

MAMA Paccy

Umunyamakuru Clarisse wa RBA (ibumoso) yari yambariye Mama Paccy

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA Paccy

MAMA Paccy

MAMA Paccy

Mama Kenzo hamwe n'abana ba Mama Paccy (bambaye imyenda y'umutuku)

MAMA Paccy

Umugabo wa Mama Paccy asuhuza abari mu bukwe

MAMA Paccy

Mama Paccy n'umukunzi we ubwo bambikanaga impeta

MAMA Paccy

Mama Paccy n'umukunzi we barebana akana ko mu jisho

MAMA Paccy

Urukundo ni rwiza,.....Hitayezu ibyishimo byari byose

MAMA Paccy

Nizeyimana Patrick (ibumoso) Parrain wa Hitayezu Emmanuel, Uwimana Violette (iburyo) Nyiri Vision Hotel Marraine wa Mama Paccy

MAMA PaccyMAMA Paccy

MAMA Paccy

Thacien Titus na bagenzi be bafashe ifoto y'urwibutso hamwe n'abageni

UKO BYARI BIMEZE MU GUSEZERANA IMBERE Y'IMANA

MAMA PaccyMAMA Paccy

Hano bari bageze kuri Bethesda Holy church

MAMA Paccy

Pastor Muhire yasanganiye abageni ku muryango abaha ikaze

MAMA Paccy

Abageni ubwo bari bageze mu rusengero

MAMA Paccy

Aline Gahongayire na Theo Bosebabireba baherekeje Mama Paccy mu rusengero

MAMA Paccy

Pastor Rugamba Ernest (iburyo) na Kandoti Aaron Ndayisenga batashye ubukwe bwa Mama Paccy

MAMA Paccy

Ubwo bambikanaga impeta y'urudashira

MAMA Paccy

Barahiye bafashe kuri Bibiliya

MAMA Paccy

Mama Paccy asinya inyandiko yemeza ko azabana akaramata na Hitayezu Emmanuel

MAMA Paccy

Nyuma yo gusezerana imbere y'Imana

MAMA Paccy

Korali yaririmbiye abageni

MAMA Paccy

Baturishije

MAMA Paccy

Bafashe ifoto y'urwibutso

MAMA Paccy

Uhereye ibumoso; Pacifique, Patrick, Pascaline na Pascal abana ba Mama Paccy

AMAFOTO YO MU GIHE CYO KWIFOTOZA

MAMA Paccy

Mama Paccy tuzibanira akaramata!

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA Paccy

Theo Bosebabireba yavuye muri Uganda yitabira ubukwe bwa Mama Paccy

MAMA Paccy

Abana ba Mama Paccy bafashe ifoto y'urwibutso hamwe n'abageni

MAMA Paccy

Mama Paccy n'umugabo hamwe na Pascaline imfura ya Mama Paccy

MAMA PaccyMAMA Paccy

Barebanaga akana ko mu jisho

MAMA Paccy

Aline Gahongayire ati 'Congratulations Mama Paccy

MAMA Paccy

Bambariwe n'abantu benshi barimo inkumi, abagore, abasore n'abagabo

UKO BYARI BIMEZE MU MUHANGO WO KWIYAKIRA NO GUSABANA

Iyi 'Cake' idasanzwe ni yo yakoreshejwe mu bukwe bwa Mama Paccy! Iyi cake yakozwe na Niyonsaba Aminadab nyiri kompanyi yitwa 'Pnam' ikorera kwa Rwahama

M.Nyarwaya Diane na Nishimwe Aline banze gutaha batifotoreje kuri iyi 'Cake' idasanzwe

Liliane N.T yishimiye cyane guhura na Aline Gahongayire yajyaga abona kuri Televiziyo

MAMA Paccy

Diane M.N yafashe agafoto k'urwibutso hamwe na Gahongayire

Bamwe mu bakoze imirimo mu bukwe bwa Mama Paccy

MAMA Paccy

Abageni binjiye ahabereye 'Reception' bahabwa ikaze na Mc Muhire Nzubaha

MAMA Paccy

Abakobwa ba Bishop Rugubira basanganiye abageni

Muhire Nzubaha

Mc Muhire Nzubaha ati 'Nimuzimanire abageni'

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA Paccy

Bakase umutsima bawusangiza abitabiriye ubukwe bwabo

MAMA PaccyMuhire NzubahaMAMA Paccy

Umuvandimwe wa Mama Paccy hamwe n'umugabo we (ibumoso)

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA Paccy

Mama Paccy yaririmbiye umugabo we

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA Paccy

Theo Bosebabireba yaririmbiye abageni

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA Paccy

Mama Paccy yaririmbiwe n'abana be

MAMA Paccy

Yavuze umuvugo wakunzwe na benshi

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMuhire Nzubaha

Muhire Nzubaha yigaragaje nk'umunyempano ikomeye mu kuyobora ubukwe

MAMA Paccy

Basirimbye biratinda

MAMA Paccy

Bahawe impano nyinshi cyane

MAMA PaccyMAMA Paccy

Ubwo bakiraga impano y'imfura ya Mama Paccy

MAMA Paccy

MAMA Paccy

Abana bose ba Mama Paccy bamuhaye impano

MAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA PaccyMAMA Paccy

Bahawe impano zinyuranye

KANDA HANO UREBE ANDI MAFOTO

AMAFOTO:Christophe Nzayisenga






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Kabirigi Jean damour 5 years ago
    IMANA ISHIMWE KO IVANA UMUNTU KU CYAVU IKAMWICAZA AHAKOMEYE
  • 5 years ago
    Byari byiza nanjye nahigereye mbubona vis a vis
  • Al5 years ago
    Uyu mukozi w'Imana se ko abyariye mu materaniro ndagira nte?
  • habimana chopin5 years ago
    oooooo mbega ibirori byar byiza mbifurije urugo wiza rushingiy ku MANA
  • Digital5 years ago
    Abakecuru bo muri digital barimo gusaza neza baryohewe kbs,ubu nkuyu mu beaugar yamubonye gute kweli,ubu agiye kumuvanaho IMINSI MIKEYA NI IBYIVUGO BYINSHI ,yoooo !!!!
  • 5 years ago
    yes Diane on niza sana
  • ddd5 years ago
    haya Mama Paccy akora iki? aza gute muri media, ndabona akuriwe gus aarakomeye abandi baba badagadwa bigengesera ukuntu ariko we ndabona atibuka atwite,ubu se batandukanye yahisemo guhita akora ubukwe nyuma y'igihe kingana iki? ndumva nibaza byinshi kabisa





Inyarwanda BACKGROUND