RFL
Kigali

MU MAFOTO 100: Women Foundation bashimye Imana kuba amatora ya Perezida wa Repubulika yaragenze neza

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:26/11/2017 18:35
0


Abanyamuryango ba Women Foundation Ministries bahuriye hamwe bashima Imana kuba amatora ya Perezida wa Repubulika y'u Rwanda yaragenze neza, akaba mu mahoro, abanyarwanda bagatora Paul Kagame.



Iki gikorwa ngarukamwaka cyo gushima Imana cyizwi nka Thanksgiving muri uyu mwaka wa 2017 cyabaye ku nshuro ya 11. Kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ugushyingo 2017 ibirori bisoza iki gikorwa byabereye ku Kimuhurura kuri Women Foundation Ministries kuva isaa moya n'igice kugeza isaa tanu z'ijoro. Women Foundation Ministries bakoze iki gikorwa nyuma y'aho ku munsi wabanje (kuwa Gatanu), basuye ndetse bagafasha abana bafite ubumuga butandukanye burimo ubwo mu mutwe no ku mubiri baba mu kigo INSHUTI ZACU cy'abamasera mu gikorwa cyabereye mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Gahanga, Women Foundation itanga inkunga y'ibintu binyuranye ndetse itanga inka ebyiri kuri aba bana baba muri iki cyigo cy'ababikira.

MU MAFOTO 100: Women Foundation yafashije abana bafite ubumuga ikora n'igitaramo yatumiyemo Jehovah Jireh

 

Hano ni kuwa Gatanu ubwo Women Foundation bari bagiye gufasha abana bafite ubumuga

Women Foundation yagabiye inka aba bana

Umugoroba w'amashimwe usoza Thanksgiving 2017 witabiriwe na bamwe mu bayobozi mu nzego za Leta, iz'abikorera, abanyamadini benshi n'abandi. Ni umugoroba waranzwe n'amashimwe, guhimbaza Imana ndetse no gusabana. Apotre Alice Mignonne Kabera umuyobozi mukuru wa Women Foundation Ministries yavuze ko impamvu nyamukuru y'igikorwa bakoze gisoza Thanksgiving 2017, ari ugushima Imana kuba amatora ya Perezida w'u Rwanda yaragenze neza mu gihe mu bihugu binyuranye amatora ya Perezida akurikirwa n'imvururu. Yashimiye Imana yarahisemo ko Paul Kagame akomeza kuyobora u Rwanda muri manda y'imyaka 7 abanyarwanda bamutoreye.

Apotre Mignonne uyobora Women Foundation Ministries

Apotre Mignonne yavuze ko Paul Kagame ari impano Imana yahaye u Rwanda. Yamushimiye ibikorwa byiza by'iterambere yagejeje ku banyarwanda, ibyo akomeje kubagezaho ndetse amushimira urukundo akunda u Rwanda n'abarutuye bose atarobanuye, asaba Imana kumuha umugisha w'uburyo bwose igahaza ukwifuza kwe ndetse by'akarusho ikazamuha ijuru. Si Apotre Mignonne gusa wavuze ibi, ahubwo n'abandi bapasiteri banyuranye bahabwaga umwanya, bashimiye byimazeyo urukundo Perezida Kagame akunda abanyarwanda, basaba Imana kumugirira neza we n'umuryango we ndetse n'igihugu cy'u Rwanda. 

Knowless Butera ni umwe mu bitabiriye ibi birori

Rev Masumbuko Josue uyobora itorero ADEPR mu karere Nyarugenge ndetse na Pastor Zigirinshuti Michel ushinzwe ivugabutumwa muri ADEPR ni bamwe mu bitabiriye aya masengesho, bashimiye Perezida Kagame umutima w'urukundo agira ndetse bamusabira umugisha kuko nawe hari benshi yabereye umugisha yaba abanyarwanda ndetse n'abanyamahanga. Bamushimiye kuba u Rwanda rwarasabye kwakira abimukira b'abanyafrika bagurishwa mu cyamunara muri Libya mu gihe amahanga yandi ntacyo yari yabikozeho. Ni nyuma y'abatari bacye bagiye barohama umusubirizo mu Nyanja ya Méditerranée bashaka ubuzima bwiza mu Burayi. 

REBA AMAFOTO YUKO BYARI BIMEZE

Ibi birori byabereye ahantu hateguwe neza cyane


Habanje kuba gahunda yo kuramya Imana

Umuhanzi Columbus ni umucuranzi muri Women Foundation

Apotre Alice Migonne Kabera ageza ijambo ku bari muri ibi birori



Women Foundation yashimiye abayishyigikiye muri Thanksgiving


Apotre Mignonne yashimiye nyakwigendera Patrick Kanyamirwa ku bwitange yagiriraga umurimo w'Imana, umugore we Mama Kenzo ni we wakiriye ishimwe

Deo Munyakazi yakirigise inanga muri ibi birori, uwo bari kumwe ni mushiki we Esther

Rev Masumbuko Josue ni we wigishije ijambo ry'Imana

Women Foundation yashimiwe n'akarere ka Gasabo ku bikorwa by'urukundo ikora

Pastor Zigirinshuti ni we wayoboye isengesho ryo gusengera igihugu

Florent Ndutiye wa TV7 nawe yari ahari

Habayeho no kwiyakira


Nyuma yo gushima Imana bamwe bafashe ifoto y'urwibutso

Bafashe ifoto y'urwibutso

KANDA HANO UREBE ANDI MAFOTO MENSHI

AMAFOTO: Shane Ashimwe-Afrifame Pictures






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND