RFL
Kigali

Kigali-Bishop Niyomutakirwa yarongoye umukobwa w’imyaka hafi 60 usengera Zion Temple

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:25/06/2016 12:12
6


Bishop Niyomutakirwa Frederic wo mu Itorero Beshan Ministry yarongoye umukobwa w’imyaka 54 (hafi 60), witwa Mukundente Felisita umukristo mu itorero rya Zion Temple mu Gatenga ahazwi nko kwa Gitwaza.



Bishop Niyomutakirwa Frederic afite imyaka 26 y’amavuko. N’ubwo uyu mupasiteri arutwa cyane n’umukunzi we mu myaka,nta mpungenge afite z'ko umugore we ashobora kuba yaracuze ahubwo yizeye ko azabyara nk’uko byabaye kuri Sara uvugwa muri Bibiliya.

Njyewe nizera ntashidikanya ko Imana nkorera izampa umwana, kandi n’iyo itanamumpa ntabwo icyo ngicyo cyantandukanya n’uwo nakunze. Ari ushatse afite imyaka 15 aba ingumba akamubura (umwana) ari ufite ibiri aba ingumba akamubura, ari n’uwanjye ufite 54 hari igihe namubyara nk’uwa Sarah (umugore wa Aburahamu uvugwa muri Bibiliya wabyaye ageze mu zabukuru). Bishop Niyomutakirwa Frederic

Bishop Niyimutakirwa afata ifoto y'urwibutso n'uwamunyuze umutima Mukundende

Hano Bishop Niyomutakirwa yari kumwe n'umukunzi we

Nkuko tubikesha Izuba Rirashe, Bishop Niyomutakirwa na Mukundente basezeranye mu mategeko kuwa 23 Kamena 2016 mu muhango wabereye ku Murenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro. Nyuma yaho baje kwifotoza amafoto atandukanye basangiza abitabiriye ibirori byabo urwo bakundana.

Nyuma yo kurahirira imbere y'Ibendera rya Repubulika y'u Rwanda, banabihamije mu nyandiko

Amategeko y'u Rwanda yabemereye kubana nk'umugabo n'umugore

Ku bantu bashobora gutekereza ko uyu mupasiteri yakunze uyu mukobwa akurikiye amafaranga, Bishop Niyomutakirwa yabamaze impungenge  avuga ko umukunzi we bakundana urukundo rw’ukuri ndetse by’umwihariko akaba ataramukunze kubera amafaranga, ibyo bikemezwa nuko uwo mukobwa ngo ari umushomeri. Yagize ati:

Ntaguciye mu ijambo, njye nta mafaranga nakurikiye, narasenze hazamo Uwiteka, muri iyo myaka tumaranye muzi ari umushomeri, kandi n’ubu ni umushomeri, naba narakurikiye iki se?”

Biteganyijwe ko ubukwe bwabo nyiri zina buba uyu munsi kuwa 25 Kamena 2016 mu muhango wo gusezerana imbere y’Imana uri bubere ku Kimisagara mu rusengero Umusozi w’Ibyiringiro rukuriwe na Apotre Liliane Mukabadege.

Andi mafoto ya Bishop Niyomutakirwa n'umukunzi we

Bishop

Bishop Frederic n'umwari avuga ko akunda cyane, Felicita, kuri uyu wa Gatandatu azamusaba anamukwe iwabo Kimironko, hanyuma bakomereze ku rusengero basezerane imbere y'Imana Bishop Niyomutakirwa Frederic n'umukobwa yihebeye Mukundende Felisita nyuma yo gusezerana mu mategeko ku Murenge wa Kagarama (2)

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • ntore yves7 years ago
    uyumuntu c?buriya uriyamukobwa afite amafaranga kbsa cga nyamuhungu amushakamo umuti kbsa hahaahhahahahahhahahahhahahhahah
  • soso7 years ago
    Oya ibisibintu kabisa.Bishop we imana I tanga umugeni mwiza cyane. Madam nawe, imana itanga umugabo utagutera ipfunwe. Leta nayisaba ko yashyiraho itegeko ryazajya rihagarika benibibintu. Imyaka irutanwa cyane bakangirwa gushyingiranwa kuko are muminsi micye bagashwana.
  • Tommy7 years ago
    Nubundi ayamatorero yinzaduka sinjya nyizera harubwo yaba ushaka umuti kbs naho ntatubeshye ngo Sala cg Aburahamu ubwo nubusazi.
  • Patrick rukundo 7 years ago
    Hehhhhhnidanger bira tangaje cyanee koko umukobwa ungana uko biragoye
  • urbain7 years ago
    ESE uyu ni Bishop wahe?? Yewe
  • Safari7 years ago
    Haha mbega urukondo rwa elminat isi yabaye umuriro kurongora nyina koko





Inyarwanda BACKGROUND