RFL
Kigali

Kibeho: Padiri Uwimana yasusurukije urubyiruko rwari mu rugendo rwo gusabira isi amahoro ku mugoroba w'ubunani-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:2/01/2018 11:14
5


Umuririmbyi Padiri Jean François uhimbaza Imana mu njyana zikunzwe n'urubyiruko, yakoreye Bonane i Kibeho hamwe n'urubyiruko rwari mu rugendo rwo gusabira isi amahoro cyane cyane ibihugu byo karere k'ibiyaga bigari.



Iki ni gitaramo cyo mu ijoro risoza: urugendo, inyigisho n'amasesho basaba amahoro nk'uko na Papa Francis I yari yabisabye Kiliziya yose kuri uyu wa Mbere tariki 1/1/2018. Muri iki gikorwa, Padiri Uwimana Jean François yasusurukije abantu, abariririmbira indirimbo ze zinyuranye aho twavugamo; Uhoraho, Mwami ubasumba na Igitangaza. 

Nkuko Inyarwanda.com twabitangarijwe n'urubyiruko rwari muri urwo rugendo abitabiriye baturukaga: Rwanda, Congo, Burundi, Uganda na Pologne. Iri huriro ritegurwa mu Rwanda n'abapadiri b'abapalotin bafatanyije n'abapadiri bashinzwe urubyiruko mu Rwanda. Uru rugendo n'amasengesho byakozwe mu rwego rwo gukomeza igikorwa Papa Jean Paul wa 2 yatangiriye Assise mu w'1986 aho yahuraga n'abahagarariye amadini atandukanye bagasabira isi amahoro.

REBA AMAFOTO Y'UKO BYARI BIMEZE I KIBEHO

Padiri UwimanaPadiri Uwimana

Padiri Uwimana asusurutsa abitabiriye amasengesho yabereye i Kibeho

Padiri Uwimana

Padiri Uwimana hamwe n'abandi bapadiri bahuriye i Kibeho

Padiri Uwimana

Nyuma y'amasengesho bafashe ifoto y'urwibutso






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dada6 years ago
    Wowwww all Congz to padiri wetu oyeeee for new year good start at the home of of the lady of kibeho
  • Madoo6 years ago
    Oyeeee umwaka mwizaaaaaa
  • Ttt6 years ago
    Uwo muzaza ndamwemera jye kabisa
  • Hhhh6 years ago
    Nta bwoba Bahe wowe tu
  • Nuru6 years ago
    Ndenge za fontoloma





Inyarwanda BACKGROUND