RFL
Kigali

Kalimba Julius yagarutse mu muziki yishimirwa na benshi, ahabwa asaga Miliyoni 7 n’ikibanza muri Kigali-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:26/06/2017 21:23
1


Umuhanzi Kalimba Julius wari umaze imyaka 7 atagaragara mu muziki, kuri iki Cyumweru tariki 25 Kamena 2017 yakoze igitaramo gikomeye cyo kwereka abakunzi be ko agarutse mu muziki, yishimirwa na benshi ndetse bamwe bamushyigikira mu buryo bw’amafaranga.



Iki gitaramo cyiswe ‘Come back live concert’ cyabereye i Kanombe mu mujyi wa Kigali ku itorero God is able, kuva isaa munani z’amanywa kugeza isaa mbiri z’ijoro. Ni igitaramo Kalimba Julius yahuriyemo na Dominic Ashimwe, Patient Bizimana, Kingdom of God Ministries na Healing worship team. Kwinjira byari ubuntu ku bantu bose. Aba baririmbyi bose bishimiwe cyane biba akarusho kuri Kalimba Julius wari umaze imyaka 7 yiheje mu muziki. 

Ubwo Kalimba Julius yari ageze kuri stage, abakunzi be batari bacye bishimiye kongera kumubona mu gitaramo cye bwite ndetse bashimishwa cyane n’amagambo yahavugiye agatangaza ko agarutse mu muziki ndetse ko atazongera kubura. Kalimba Julius yaririmbye indirimbo ze za kera anagaruka ku zindi ze nshya aherutse gushyira hanze aziririmba mu buryo buri Live, benshi bizihirwa cyane ageze kuri Ntajya ananirwa na Ntibeshya. 

Kalimba Julius

Kalimba Julius kuri stage nyuma y'imyaka 7 yarahagaritse kuririmba

Papa wa Kalimba Julius ari we Kalimba James umwe mu bavugabutumwa bakomeye mu Rwanda, yishimiye cyane umuhungu we kuba agarutse mu kwamamaza Yesu binyuze mu muziki. Yahise amuha inkunga ya Miliyoni imwe y’amanyarwanda ndetse amuha n’ikibanza mu mujyi wa Kigali kubera umwanzuro mwiza yafashe wo kwiyemeza kuvuga ubutumwa bwiza abinyujije mu mpano Imana yamuhaye yo kuririmba. Amafaranga yose yitanzwe mu gushyigikira impano iri muri Kalimba Julius ararenga 7,000,000Frw nkuko Inyarwanda ibikesha uwari umuhuza bikorwa w'iki gitaramo ari we Ev Uwagaba Caleb Joseph. 

Apotre Jane Karamira ni we wigishije ijambo ry’Imana, agaruka cyane ku nyungu ziri muri Yesu aho yashimangiye ko nta gihombo kiri mu gukorera Imana. Apotre Jane Karamira yavuze ko muri Yesu harimo amafaranga ndetse hakaba harimo n’umugisha. Mu gusoza igitaramo, Healing worship team yagiye kuri stage, iririmba indirimbo zayo inafatanya n’abari muri iki gitaramo gusirimbira Imana. 

Kalimba

Ev Kalimba James papa wa Kalimba Julius

Inyarwanda.com iganira na Kalimba Julius yavuze ko yatunguwe cyane kubona abantu benshi baza kwifatanya nawe, abahanzi bagenzi be bakaza kumushyigikira ibintu yumvaga bitashoboka. Yavuze ko yatunguwe no kubasha kuririmba neza mu muziki wa Live mu gihe yari asanzwe aririmbira kuri CD. Yagize ati:"Concert nayakiriye neza, yantunguye uko yagenze, kuba nari menyereye kuririmbira kuri CD,ariko nkaba nakoze Live"

Ku bijyanye n'inkunga yatewe, yavuze ko byamutunguye kuko yazanye CD ngo abantu bazigure ku bihumbi bitatu imwe imwe ariko atungurwa no kubona hari ugura CD imwe kuri Miliyoni ebyiri. Yagize ati: "Nabyo byantangaje, ntabyo nakekaga, nazanye CD nayishyize kuri 3000Frw imwe, sinari nziko biri bumere kuriya bakantera inkunga ingana kuriya." Yashimiye Imana yamwiyeretse mu gitaramo cye na we ahiga gukomeza kuyikorera binyuze mu muziki. 

AMAFOTO Y'IGITARAMO CYA KALIMBA JULIUS

Kalimba JuliusKalimba Julius

Bafashijwe cyane na Dominic Ashimwe

Kalimba Julius

Dominic Ashimwe yifatanyije na Kalimba Julius muri iki gitaramo

Brian Blessed

Brian Blessed yitabiriye iki gitaramo

Bill Gates

Producer Bill Gates (Mulumba John) na we yari ahari

Kalimba Julius

Arafata amashusho y'urwibutso

Kalimba JuliusKalimba JuliusKalimba JuliusKalimba JuliusKalimba Julius

Kalimba JuliusKalimba JuliusKalimba JuliusKalimba JuliusKalimba JuliusKalimba Julius

Kalimba Julius kuri stage hamwe n'abaririmbyi be

Kalimba JuliusKalimba JuliusKalimba JuliusKalimba Julius

Christian ni umwe mu bafashije cyane Kalimba Julius muri iki gitaramo

Kalimba Julius

Uyu mwana muto yashimishije benshi ubwo yakirigitaga gitari

Kalimba JuliusKalimba JuliusKalimba Julius

Arahimbaza Imana afatanyije na Kalimba Julius

Kalimba JuliusKalimba JuliusKalimba Julius

Dominic Ashimwe yitegereza uburyo Kalimba Julius agarukanye imbaraga

Kalimba JuliusKalimba Julius

Dj Spin n'umugore we bari muri iki gitaramo

Kalimba Julius

Kalimba Julius ati 'Ubu ngarutse mu muziki kandi sinzongera kubura'

Kalimba JuliusKalimba Julius

Patient Bizimana yahagurutse afatanya na Kalimba Julius guhimbaza Imana

Kalimba JuliusKalimba Julius

Iki gitaramo cyitabiriwe cyane

Kalimba Julius

Apotre Jane Karamira ni we wigishije ijambo ry'Imana

Kalimba

Ev Kalimba James papa wa Kalimba Julius yemereye umuhungu we miliyoni n'ikibanza muri Kigali

Kalimba JuliusPatient Bizimana

Patient Bizimana yaje yambaye nk'uko yari yambaye mu gitaramo yakoze kuri Pasika iheruka

Patient Bizimana

Wa mwana muto ucuranga gitari yicinye icyara kuba ari gucurangira Patient Bizimana 

Kalimba Julius

Kalimba Julius

Patient Bizimana mu gitaramo cya mugenzi we Kalimba Julius

AMAFOTO: LEWIS Ihorindeba-Inyarwanda.com

REBA HANO 'NTIBESHYA' YA KALIMBA JULIUS






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 6 years ago
    Byanshimishije kuboneka rimwe aba stars nkunda bahuriye muri concert imwe. Dominic and Patient God bless you. Ndabafana





Inyarwanda BACKGROUND