RFL
Kigali

Itorero Upper Room ryafashije abatishoboye ribaha imyambaro n’ibyo kurya ribasaba gukura amaboko mu mifuka

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:4/09/2015 16:29
2


Kuri uyu wa gatanu tariki ya 4 Nzeri 2015, Itorero Upper Room International Ministries rikorera mu murenge wa Kigarama muri Kicukiro ryafashije abatishoboye ribagenera imyambaro, ibikoresho by’isuku ndetse n’ibyo kurya. Imfashanyo yose yatanzwe ifite agaciro ka miliyoni eshatu z’amanyarwanda.



Umuyobozi w’iri torero rya Upper Room Ministries, Pastor Gakuba Luitpold yavuze ko icyo gikorwa bagikoze ku bufatanye n’abakristo bagize iri torero kuko ngo biri mu ntego zabo zo kuzirikana ko roho nziza ikorera mu mubiri muzima kandi ko kora ndebe iruta cyane vuga numve nkuko bagiye babikora no mu yindi minsi nk’aho mu gihe cy’icyunamo baremeye inshike za Jenocide yakorewe abatutsi n’ibindi bikorwa by’ubugwaneza.

Upper Room

Bamwe mu bakristo b'itorero Upper Room International Ministries

Mbere y’uko ashyikiriza abatishoboye ibyo bagenewe, Pastor Gakuba yabanje kubigisha ko imibereho myiza ituruka ku kubaha Imana kuko ariyo ituma umuntu ahindura imitekerereze agakura amaboko mu mifuka agakora ngo yiteze imbere maze igihe kikazagera aho kugirango ajye abarurwa mu bakwiye gufashwa ahubwo nawe akaba yafasha abandi kuko Imana ihindura amateka y’umuntu.

Upper Room

Pastor Gakuba uyobora Itorero Upper Room

Uwera Claudine ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Kigarama yashimiye byimazeyo iki gikorwa cyakozwe n’iri torero  rya Upper Room Ministries aho batoranije abatishoboye bo  mu kiciro cya mbere muri buri mudugudu wose ugize uyu murenge maze bahurizwa hamwe bose uko ari 38 bashyikirizwa inkunga irimo imyambaro ,ibiryamirwa, inkweto, ibyo kurya nk’umuceri n’ibindi byose bifite agaciro ka miliyoni eshatu n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.

Upper Room

Upper Room

Bimwe mu bikoresho n'ibiribwa byatanzwe n'itorero Upper Room

Uwera Claudine yaboneyeho gusaba abandi bayobozi b’amadini  ko mubyo batekerezaho bari bakwiye no kureba ku batishoboye no kuba bakora nk’imishinga bahurizwamo nabo bakiteza imbere  aho kubwira abantu  ibyo kujya mw’ijuru gusa nyamara inzara ibica ndetse bakanashishikariza abayoboke babo gukura amaboko mu mifuka kuko nabwo guhora umuntu acungiye kuguhabwa imfashanyo ntaho byageza umuntu.

Uwera Claudine

Uwera Claudine ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Kigarama

Itorero rya Upper Room ryakoze iki gikorwa, rimaze imyaka 2 ritangiye rikaba rikorera mu karere ka Kicukiro mu murenge wa Kigarama rifite intego zo kubwiriza ubutumwa bwiza buherekejwe no gukora ibikorwa by’urukundo nko gufasha abatishoboye ,gusura abarwayi n’ibindi bikorwa bitandukanye.

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Muhawenimana Rachel8 years ago
    Nukuri Uwiteka ahe imigisha myinshi ririya Torero Mandi matorero arebereho kuko kiriya gikorwa nikiza cyane courage turabashyigikiye
  • Muhawenimana Rachel8 years ago
    Nukuri Uwiteka ahe imigisha myinshi ririya Torero Mandi matorero arebereho kuko kiriya gikorwa nikiza cyane courage turabashyigikiye





Inyarwanda BACKGROUND