RFL
Kigali

Kigali:Healing Center na Love Israel Ministries bizihije Isabukuru y'imyaka 70 y'igihugu cya Israel-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:16/05/2018 12:29
4


Ku wa Mbere tariki 14/05/2018 mu itorero rya Healing Center rikorera mu mujyi wa Kigali i Remera inyuma ya Gare, habereye ibirori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 70 Igihugu cya Israel kimaze cyongeye kuba igihugu.



Tariki ya 14/05/1948 ni bwo Israel yongeye kwitwa igihugu. Ubwo iki gihugu cyizihizaga isabukuru y'imyaka 70 kimaze cyongeye kwitwa igihugu, abakristo hirya no hino ku isi bifatanyije nacyo mu kwizihiza iyi sabukuru na cyane ko inkomoko yo kwizera kwabo ikomoka muri Israel ari naho Yesu Kristo Umwami wabo yavukiye ndetse Ijambo ry'Imana rivuga ko 'Uzahesha umugisha Israel nawe azawuhabwa', akaba ari amagambo Imana yasezeranije Abraham ndetse n'abamukometseho bose.

Bishop Ntayomba avuga ko umuntu ukunda agasengera Israel ahabwa umugisha

Igikorwa abakristo b'abanyarwanda bakoze cyo kwizihiza isabukuru y'imyaka 70 y'igihugu cya Israel, cyateguwe n'umuryango Africa Israel Initiative ukorera mu bihugu birenze 15 bya Afrika birimo n'u Rwanda. Ni igikorwa bateguye bafatanyije na Healing Center church ndetse na Love Israel Ministries ikuriwe na Janet Uwimbabazi umaze kujyana abantu benshi mu gihugu cya Israel mu rugendo shuri. Ku rwego rwa Afrika y'Iburasirazuba (East Africa) Africa Israel Initiative ihagarariwe n'umushumba mukuru w'itorero Healing Center Church, Bishop Ntayomba Emmanuel.

Africa Israel Initiative inagira ibiterane bitandukanye ngarukamwaka aho u Rwanda rwakiriye iki giterane muri 2015, cyitabiriwe n'igihugu birenze 12 harimo na Israel, by'umwihariko Ambasaderi Belaynesh Zevadia uhagarariye Israel mu Rwanda, Ethiopia n'u Burundi nawe akaba ari mu bacyitabiriye. Icyo giterane cyitabiriwe kandi n'abandi bayobozi batandukanye mu nzego za Leta ndetse hari n'abanyamadini batandukanye.

Ubwo mu Rwanda hizihizwaga isabukuru y'imyaka 70 y'igihugu cya Israel

Ubusanzwe hano mu Rwanda, ibirori byo kwizihiza isabukuru y'igihugu cya Israel byajyaga byizihizwa gusa n'itorero Healing Center ari naho Bishop Emmanuel Ntayomba Umuyobozi wa Africa Israel Initiative muri East Africa abarizwamo. Kuri ubu rero Healing Center church yafatanyije na Africa Israel Initiative ndetse n'umuryango Love Israel Ministries uyoborwa na Madamu Janet Uwimbabazi ndetse akaba agira igikorwa cyo gutwara abantu babyifuza muri Israel mu rugendo shuri.

Alarm Ministries yishimiwe cyane

Ni ibirori byitabiriwe cyane dore ko hari abakristo benshi ndetse n'abashumba barenga 30 baturutse mu matorero atandukanye akorera hano mu Rwanda. Rev.Pastor Rwibasira waturutse muri Bethesaid Holy church ni we watanze ijambo ry'umunsi. Muri ibyo birori kandi hari itsinda Alarm Ministries ryahembuye imitima ya benshi binyuze mu kuramya no guhimbaza Imana. Abantu bari muri ibyo birori bafashe umwanya wo gusengera igihugu cya Israel.Ibirori byashojwe n'indirimbo nyinshi za Alarm Ministries.

REBA AMAFOTO Y'UKO BYARI BIMEZE

Rev Rwibasira 

Janet Uwimbabazi (ibumoso)


Byari ibyishimo bikomeye cyane

Banasangiye umutsima

Alarm Ministries

Barizihiwe cyane






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Joesph5 years ago
    Amen Imana Ihabwe icyubahiro.
  • 5 years ago
    Ariko ninde wababeshye ko bariya bazungu ari abisiraheli? Hahhh bariya ni abahirukanye beneho b abirabura.buriya ni ubutaka bw abirabura ni abanyafurika bahungiye muri ibi bice munsi ya sahara igihe bariya bazungu n abarabu bigabizaha Afrika ya ruguru.rero rwose muve mu binyoma byabo si abisiraheli, ntimuzatangare ba sokuruza ariho bakomoka kuko bavuzeko bavuye muri Afrika y amajyaruguru iburasirazuba niho neza hari isiraheli na egiputa.muzi uko batoteza abirabura? Bahora babica umusubizo, na bariya betiyopia babafunze inda z ibyara batabizi bababeshya ngo bari kubakingira indwara nyamara ari ukugirango barimbure umwirabura wese uzi amateka ye ko ari umwisiraheli, rero rwose mwicecekere ntimuzi ibyo murimo, muzajye gusura abirabura kavukire yaho bamwe baracyahari bazababwira amateka ya kiriya gihugu si icy abazungu bariya ni abajura bakibye.
  • Rutera5 years ago
    Mwenedata ukeneye Gusoma bible ukamenya amateka neza ibyo uvuga birasa naho aribyo wabwiwe, amateka arahari arivugira.
  • mr5 years ago
    anonymous PLZ contact me at facebook Muhumure Isr Claude





Inyarwanda BACKGROUND