RFL
Kigali

Gatabazi Mechack wahanuye Jenoside yo muri Mata 1994,azanye ubuhanuzi bushya bw’amahoro arambye n’ubukire ku Rwanda

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:26/11/2015 19:43
32


Umuhanuzi Gatabazi Mechack wahanuye Jenoside yakorewe abatutsi yo muri Mata 1994 akayerekwa habura umwaka n’amezi ane ngo ibe, yabibwira abantu bakavuga ko afite uburwayi bwo mu mutwe ndetse akanakubitirwa mu nsengero, muri iyi minsi hari ubundi buhanuzi bushya yahawe n’Imana ngo abugeze ku banyarwanda.



Mu kiganiro na Inyarwanda.com, Gatabazi Mechack yadutangarije ko afite ubuhanuzi/ubutumwa bushya Imana yamuhaye, akaba yatangiye gahunda yo kuzenguruka igihugu abutambutsa mu banyarwanda. Nyuma yo kujya i Rusizi na  Huye, yavuze ko azakurikizaho i Kigali agatambutsa ubutumwa yahawe n’Imana.

Nyuma y’igihe kitari gito yari amaze nta buhanuzi bwe bwumvikana, Gatabazi Mechack umuvugabutumwa akaba n’umuhanuzi yavuze ko igihe ari iki kuko mu muzima bwe ngo avuga ari uko Imana yamubwiye. Ubutumwa ari gutambutsa muri iyi minsi buvuga ko Imana ihaye u Rwanda ubukire n’amahoro arambye nyuma y’aho ibasabye kubabarirana bakabikora.

Muri 1997 kugeza 2001, Mechack yari afite ubuhanuzi buvuga ko Malayika w’Imana ahagaze arambuye amaboko mu kirere yiteguye guha umugisha abanyarwanda igihe cyose bababariranye. Ubwo buhanuzi bwakuye benshi imitima, buvuga ko hari gupfa abantu benshi baruta abo muri 1994 iyo abanyarwanda banga kubabarirana. Mechack avuga ko mu myaka hafi 20 ishize, hari icyakoretse kuko abanyarwanda bemeye kubabarirana, Imana ikaba ibahaye umugisha w’amahoro n’ubukire.

Abajijwe ubuhanuzi bushya azanye impamvu butandukanye n’ubwo yahanuye mu 1997,Mechack  yavuze ko hari ubwo Imana ivuga bakabitambutsa igihe kikagera bigahagarara(Ibyo Imana yavuze) gusa ngo haba hari icyakoretse kuko Imana itagira indimi ebyiri. Gatabazi Mechack yagize ati:

Ni ubutumwa duhagurukanye bushyashya, bukurikiye ubutumwa twatambukije muri 1997 kugeza 2001. Ubu butumwa buratandukanye kuko hari ibyo Imana iba yaravuze tukabitambutsa igihe kikagera bigahagarara,iyo bimaze guhagarara icyo gihe turaceceka kuko ubutumwa buba ari ubw’Imana, tugasigara dutegereje ikindi gihe tugomba guhagurutswa, navuga ko igihe ari iki rero duhagurikijwe n’Imana kugira ngo dutambutse ibyayo uko ibiduhaye.

Umuhanuzi Gatabazi Mechack

Umuhanuzi Gatabazi Mechack ukuriye umuryango Christian Life Ministries

Ese ubwo buhanuzi bushya Mechack azaniye abanyarwanda buteye gute?

Gatabazi Mechack umuvugabutumwa, umuhanuzi akaba n’umuyobozi wa Christian Life Ministry umuryango utangiza amatorero, ahamya ko yahamagariwe guhanurira igihugu cyose cy’u Rwanda. Muri iyi minsi avuga ko yongeye guhagurutswa n’Imana kongera kubwira abanyarwanda.  Yagize ati:

Abanyarwanda bamaze igihe batanyumva na cyane ko iyo twahabwaga ubutumwa bwabaga ari ubw’igihugu cyose cy’u Rwanda, ubutumwa rero bugira igihe buza bukavugwa hakaba n’igihe bugera bugahagarara. Twari tumaze igihe dusa nk’aho ducecetse ariko ubu nongeye guhagurutswa n’Imana kongera kubwira abanyarwanda.

Ubuhanuzi bushya azanye ni uko Imana igiye gufungura ibiganza by’abanyarwanda ikabaha umugisha. Ubukire n’amahoro ngo birahari ariko bamwe ngo ntabwo bari babizi. Akomeza avuga ko waba uhanurira mu mwuka cyangwa se mu mubiri, ngo nta n’umwe utabona ko u Rwanda rufite amahoro, akaba ashishikariza abanyarwanda bose kumva ubu butumwa Imana yamuhaye. Yagize ati:

Icya mbere duhagurukanye ni ukubwira abanyarwanda ko igihugu Imana igihaye umugisha kuko uri mu biganza byabo ariko birafunze, Imana irashaka kubifungura kugira ngo ibiganza byabo bihabwe umugisha. Ikindi cya kabiri, Imana irashaka ko abanyarwanda bavuga rumwe bagahuza ikabamara imibabaro yose bafite. (Hano yaduhaye icyanditswe cya Zaburi 12; 6)

Akomeza avuga ko abanyarwanda hari ikintu kibabase, ngo buri wese ngo yiyumvamo ubukene ariko Imana ikaba ishaka gufungura ibiganza bya buri munyarwanda kugira ngo yakire umugisha w’Imana. Ati “Imana yamaze guha abanyarwanda ubukire ahubwo ntabwo bari babizi, ubukire burahari ahubwo ntabwo bari babizi, niyo mpamvu duhagurutse”

Gatabazi Mechack avuga ko kuva ahanuye ko mu Rwanda hashobora kongera gupfa abandi bantu benshi mu gihe abanyarwanda banze kubabarirana, mu myaka 20 ishize ahamya ko hari icyakoretse, Imana ikaba yaramaze guha u Rwanda amahoro arambye akaba avuga ko abahunze igihugu bavuga ko bahunze intambara, ko bihuse cyane. Yagize ati:

Njyewe mu buhanuzi mpanura uyu munsi n’ubwo nahanuye mbere buruzuzanya, ubwa mbere bwavugaga ko Malayika arambuye ibiganza hejuru y’abanyarwanda ngo bihane bababarirane, ubundi Imana ibahe umugisha. Kuva mbuhanuye icyo gihe,tumaze imyaka irenga 20, ni ukuvuga ngo hari icyakoretse, abahunga igihugu rero ngo mu Rwanda hagiye kuba intambara, barihuse, bumvise ubu butumwa ahubwo bagaruka tukakira ku byiza byo mu gihugu, kuko amahoro arahari, ngirango n’uwayahanura mu mwuka, akayahanura no mu mubiri aragaragara, mu mwuka aragaragara no mu mubiri aragaragara nibyo nshatse kuvuga.

Inyarwanda.com yamubajije icyo avuga ku bahanuzi b’ibinyoma bateye muri iyi minsi aho birirwa mu ngo z’abantu ngo barahanura ariko ahanini bishakira amaramuko, Mechack Gatabazi adutangariza ko ubuhanuzi bw’ukuri akenshi buvugirwa mu nsengero. Yagize ati:

Ubuhanuzi buzima buvugirwa mu itorero, ubuhanuzi bujya mu ngo, ubuhanurirwa mu ntare z’amabuye, hirya ahantu hatazwi si kenshi aba ari buzima, impamvu si uko abahanurirayo baba batarimo n’abazima ariko nabatangariza ko ubuhanuzi buzima buri mu rusengero kandi ubuhanuzi bukuru cyane nabwira abanyarwanda ni Bibiliya ndabasaba kujya bayisoma.

Gatabazi Mechach ukomoka mu Bugarama mu cyahoze ari Cyangungu, kuri ubu abarizwa i Kicukiro mu mujyi wa Kigali. Mu mwaka 1993 mu kwezi kwa Mutarama nibwo Malayika w’Imana yamweretse abadayimoni bavuye ikuzimu bafite intwaro zitandukanye zirimo imihini n’imihiri, abwirwa ko bazinjira mu bantu bakica bagenzi babo nta mpuhwe.  Niko byaje kugenda muri Mata 1994.

Mu ntangiriro za 1994, Mechack yahanuye kandi ko Perezida Habyarimana agiye gupfa, icyo gihe ahigishwa uruhundu ngo yicwe ariko Imana iramurinda. Nyuma yo guhabwa ubwo buhanuzi,Mechack  avuga ko yamaze umwaka n’amezi atatu ataba mu rugo rwe ahubwo azenguruka igihugu avuga ibyo Imana yamuhishuriye ngo abibwire abanyarwanda kugira ngo barusheho gusenga cyane.

Umuhanuzi Gatabazi Mechack yadutangarije ko agiye kuzenguruka igihugu cyose cy'u Rwanda agatangaza ubuhanuzi bushya Imana yamutumye ku Banyarwanda bw'uko ibahaye amahoro ndetse n'ubukire nyuma yo guhesha umugisha ibiganza byabo.

Umuhanuzi Gatabazi Mechack

Umuhanuzi Gatabazi Mechack afite ubutumwa bushya Imana yamutumye ku Banyarwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • franco8 years ago
    ariko koko abanyarwanda barananiwe bacyeneye uwabaruhura.ati ubukire namahoro.ayinya.
  • h8 years ago
    nonese niba avuga ko ubuhanuzi buzima ari bibiliya aravuga iki kandi?? aba batype basigaye bishakira cash sha bavugishaga ukuri kera, ubu buriwese aba yakaniye guhiga inoti
  • 8 years ago
    Amenaaaa!
  • riri8 years ago
    Tujijuke. ubuhanuzi ntibubaho. #myopinion
  • dukuze aubin8 years ago
    kwigayane
  • dukuze aubin8 years ago
    abana bakingacyane
  • Nice8 years ago
    ubuhanuzi bw'ubukire buba aribinyoma Kuko ahongaho nta Mana ibarizwa mubutunzi Kuko ubutunzi bw'isi nubusa.Abobantu mubirinde nabibinyoma
  • uwimana jose8 years ago
    UNVA NSUTI MUREKE DUKIZWE NAHO UBUNDI MUREKE BA MWISHAKIRA NDAMU KABISA
  • 8 years ago
    Amen amen bibe bityo mwizina rya Yesu . Amen Amen amahoro ubukire abanyarwanda turabyakiriye mwizina rya Yesu
  • 8 years ago
    Amen amen bibe bityo mwizina rya Yesu . Amen Amen amahoro ubukire abanyarwanda turabyakiriye mwizina rya Yesu
  • yeap8 years ago
    Ubwo butumwa yatanze bwo kubabarirana mu myaka ya 1997, jye ntabwo numva aribyo, dore impamvu ijambo kubabarirana ni igikorwa girana, bivuga abiciwe nabo bafite ibyo basabiye imbabazi bityo ababiciye nabo bakababarira. ubwo rero mwe banyamakuru mujye mu menya gukoresha neza imvugo, keretse niba yarashishikarije abishe abantu gusaba imbabazi n'abaciwe nabo bagashishikarizwa gutanga imbabazi ariko nta mpamvu yo kugoreka amateka
  • roro8 years ago
    Umuhanuzi ni Nyirabiyoro, agakurikirwa na Magayane naho abandi bose ni abatekamutwe baba bacyatsa. UBWO SE UWO NGO NI MESHAKI AVUZE IKI?
  • roro8 years ago
    Umuhanuzi ni Nyirabiyoro, agakurikirwa na Magayane naho abandi bose ni abatekamutwe baba bacyatsa. UBWO SE UWO NGO NI MESHAKI AVUZE IKI?
  • Anita8 years ago
    As you all are busy mugaya iyo nkuru, for me Am busy receiving my Double portion !! May God Richly bless Rwanda and all Rwandans!!
  • ITEKA KIZWA8 years ago
    Imana icyo ikeneye n'imitima itunganye, uyu rero uhanura ubukire ndumva ari amarangamutima ye. njye nemera ko Imana ishobora byose mais gukira k'umuntu ntakiranukire Imana bimaze iki ? ubu bukire avuga hari abandi bahanuzi nakwita abi binyoma bagiye bahanura. Abahanuzi b'ibinyoma usanga bahanurira abantu ibi bikurikira: ku bona VISA, kubona akazi abagafite bahanurirwa kuzamurwa mu ntera, ababuze urubyaro kubona urubyaro, ababuze abagabo cg abagore kubona urushako, ubukire n'ibindi byinshi. Uyu muhanuzi ngo yeretswe Jenoside birashoboka aha ndagirango ngire icyo mvuga si nari muto pe ariko kuva 1990 Abana b'u Rwanda batera kuko bari barahejwe iwabo Abatutsi bari mu Rwanda byagaragaraga ko bagomba kwicwa hitwaje ko bene wabo basabye baharaniye ku garuka mu rwababyaye yewe na Discours zavugwaga byavugwaga ko abatutsi bazicwa, nanjye ubwanjye kw'ishuri bahoraga batubwira ko abatutsi twese tuzicwa ntihagire numwe inkotanyi zizasanga ariko ndashima Imana ko ndi muri bake zashoboye gukiza tutaricwa. Uyu muhanuzi hari aho avuze ko yabonye abadayimoni bazamukana ibikoresho by'ubwicanyi aha ndibaza nti abo badayimoni babaga bazi abahutu n'abatutsi kuburyo binjiraga mubahutu kugirango babashe gutsemba abatutsi ?
  • 8 years ago
    biremew
  • Rudakemwa Alphonse8 years ago
    UWO MUGABO ARAKAZEPE!UMUNT'UVUGANA N'IMANA NIBYIZA CYANE
  • cyusa8 years ago
    hahahahahaha nihatari kabisa bamwe barahanura intambara abandi ngo amahoro murwanda !!!! ubwose twemere ubuhe buhanuzi ??? amahoro naganze murwagasabo itekaryose amen
  • CLAUDE8 years ago
    Hari ubwo Imana ivuga bakabitambutsa igihe kikagera bigahagarara!!!!! Niba ari Imana koko yabuze, Izatubabarire ubwo bukire n'amahoro bitazahagararira mu nzira bitatugezeho.
  • vivian8 years ago
    Ubwambere I accept them.Ariko ubwari gutanga buravangiwe pee!!!!!!





Inyarwanda BACKGROUND