RFL
Kigali

Gakenke: Itorero AEBR ryatanze amabati 1050 ku miryango 35 yasizwe iheruheru n’ibiza

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:30/08/2016 9:15
0


Nyuma y’ibiza by’imvura nyinshi, inkangu byibasiriye agace ka Gakenke bigahitana abantu 34 ndetse bigasenya amazu 1425, ibiraro bigacika ,imihanda igafungwa, amatungo agapfa, AEBR yatanze inkunga ku miryango yasizwe iheruheru n’ibyo biza.



Ihuriro y’amatorero y’ababatisita mu Rwanda rifatanije n’abaterankunga  bo mu gihugu cya Denmark bakusanyije inkunga yo kunganira imiryango 35 yasizwe iheruheru n’iyi mvura, ribaha amabati 30 n’imisumari kuri buri muryango mu gikorwa bakoze mu mpera z'iki cyumweru duteye umugongo.

N’ubwo kandi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage  muri Gakenke Madamu Uwimana Catherine aterura neza ngo avuge ikibazo cy’inzara  ariko yemeza ko hari abaturage  babeshejwe  n’imfashanyo Leta y’u Rwanda  itanga ku  miryango ibayeho nabi.

Uwimana Catherine

Visi Meya Uwimana Catherine

Kubona impano nk’iyi, umukecuru witwa Ntaneza Rusiya, avuga ko ari umugisha w’Imana. Yagize ati:“Twishimiye iyi nkunga duhawe n’iri torero kandi pe ntitubazi nabo ntibatuzi. Njyewe mfite abana 8 nagiye ncumbikisha  mu miryango itandukanye  kubera inzu yacu  yasenywe n’ibiza. Sinjye uzarota iyi nzu yuzuye ngo aba bana banjye batahe. Turashima kandi  Perezida wa Repubulika waduhaye ibyo kurya."

Umuvugizi  w’itorero ry’AEBR mu Rwanda  Rev Dr Munyamasoko GATO Corneille uherutse no guhabwa igihembo mpuzamahanga cyo guharanira amahoro no gukumira amakimbirane ku isi,yashimiye abaturage ba Gakenke aho bageze biyubaka  nyuma  y’ibyago bahuye nabyo anabasaba gukomeza kwishakamo ibisubizo. Agize ati “Buri wese ni urugingo rwa mugenzi we kandi buri wese  ni amahirwe y’undi. Turi imirimo y’Imana ku isi, itorero rya AEBR  ryabageneye iyi nkunga ngo ibafashe."

Rev Dr Gato Munyamasoko

Rev Dr Gato Munyamasoko umuvugizi mukuru wa AEBR

Itorero rya AEBR ryatangiye mu mwaka 1967 rizanywe mu Rwanda n’abamisiyoneri bari baturutse mu cyahoze ari Gisenyi, kuri ubu rikaba ribarizwa  hose mu gihugu cy’u Rwanda. Rev. Pasteur Sibomana Andre ari nawe ufite  kurwanya ibiza mu nshingano ze arasaba andi matorero yose kumenya ko gufasha  abababaye, Gufasha  abatishoboye, gutabara abari mu kaga ,kwegera abashavuye ,kubaka Amahoro  ari ukuzuza inshingano Yesu Kristo yasigiye itorero. 

Si itorero rya AEBR gusa kuko ngo ku ikubitiro Leta y’u Rwanda ibinyujije muri  Ministeri ishinzwe Ibiza no gucyura impunzi n’izindi ministeri zirebwa n’iki kibazo, zakusanyije inkunga yo kubakira abaturage no kubaha ibyo kurya bitandukanye nyuma yo gusenyerwa n’imvura yangije byinshi igahitana ubuzima bw’abatari bacye.

AEBR

Hatanzwe ibiro 200 by'imisumari

AEBR

Hatanzwe amabari 1050

AEBRAEBR

 

                                                                                                                                                                        

Ibiza Gakenke

Ibiza byangije byinshi muri Gakenke                    

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND