RFL
Kigali

Ev Manasseh Eric Muvandimwe yambikanye impeta na Ganza umukobwa wa Apotre Simeon Mukwiza-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:29/05/2017 9:34
6


Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2017 ni bwo Manasseh Eric Muvandimwe yarushinganye na Ganza Celestine, umukobwa wa Apotre Simeon Mukwiza uyobora itorero Wells Salvation church ku isi rifite icyicaro ku mugabane wa Amerika muri Canada.



Manasseh Eric Muvandimwe ni umuvugabutumwa ukunzwe cyane n’urubyiruko by’umwihariko mu mashuri makuru na kaminuza dore ko igihe kinini yamaze yiga muri kaminuza (KHI) yari umuyobozi wa GBU (Groupe Biblique Universitaire du Rwanda) ndetse kuri ubu akaba ari umwe mu bayobozi ba UGBR ihuza za GBU zose zo mu Rwanda.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Gicurasi 2017 ahagana isaa munani z’amanywa ni bwo Ev Manasseh Muvandimwe n’umukunzi we Ganza Celestine basezeranye imbere y’Imana n’imbere y’abakristo mu muhango wabereye i Nyamirambo mu itorero Assemblies of God, itorero Ev Manasseh Muvandimwe abarizwamo.

Nyuma yo kwambikana impeta no gusezerana imbere y’Imana, ibirori byakomereje kuri Centre Recreatif de Kagarama mu karere ka Kicukiro. Muri ibi birori hari abantu benshi cyane baturutse mu bihugu binyuranye. Ibirori byo kwiyakira (Reception) byari bimeze nk’igitaramo dore ko hari higanjemo umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana. Ni ibirori byitabiriwe n'abapasiteri babarizwa mu matorero atandukanye.

Ev Eric Manasseh

Bambikanye impeta basezerana kubana akaramata ubuzima bwabo bwose

Ev Eric Muvandimwe n'umukunzi we Ganza bagabiwe inka nyinshi ndetse abatari bacye babasabira kuzabyara hungu na kobwa. Basabiwe kandi umugisha wo kuzakomeza kubaha Imana no kuyikorera nkuko babikoze mu busore bwabo. Umuhanzi Janvier Muhoza wamenyekaniye mu ndirimbo 'Izabikora' yaririmbiye abageni indirimbo nshya yabahimbiye, abageni kimwe n'abandi batashye ubu bukwe barizihirwa cyane. 

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2016 ni bwo bwa mbere Eric Muvandimwe yagaragaye ari kumwe n’umukunzi we Ganza Celestine,bakaba barifotoreje muri Canada. Mu mafoto yagiye hanze icyo gihe Manasseh na Ganza bagaragaye bari mu munyenga w’urukundo. Nyuma y’aho gato, haje kuba imihango yo gusaba no gukwa, ibirori bibera muri Canada mu mpera za 2016. 

Ev Eric Manasseh

Apotre Mukwiza (uwa kabiri uhereye ibumoso) ni umwe mu bitabiriye ubukwe bwa Ev Muvandimwe na Ganza

Ev Eric ManassehEv Eric Manasseh

Ev Eric Manasseh yambika impeta umukunzi we

Ganza Celestine

Ganza Celestine na we yambitse impeta umukunzi we Ev Manasseh Muvandimwe

Ev Eric Manasseh

Abakozi b'Imana basabiye umugisha Manasseh na Ganza

Ganza Celestine

Ev Eric Manasseh

Ev Manasseh na Ganza ibyishimo byari byabarenze

Manasseh

Ev Eric Manasseh

Bishop Douglas Kigabo (wambaye amadarubindi)  wo muri Wells Salvation church ni umwe mu bari bambariye abageni

Ev Eric ManassehEv Eric ManassehEv Eric Manasseh

Manasseh

Ev Manasseh hamwe n'umukunzi we Ganza

 

Manasseh Eric Muvandimwe

Hano ni muri Canada ubwo Manasseh yari yagiye gusura umukunzi we Ganza, akamusaba ndetse akanamukwa

AMAFOTO: Rugwiro Pictures






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • INSHUTI6 years ago
    ntubonase, uyu mukobwa yambaye neza rwose; abereye Manasseh koko. iyi 'robe" ndayikeneye nanny
  • Claire6 years ago
    Urugo ruhire,Imigisha Uwiteka atanga ibe mu rugo rwanyu. Muri beza
  • INSHUTI6 years ago
    ntubonase, uyu mukobwa yambaye neza rwose; abereye Manasseh koko. iyi 'robe" ndayikeneye nanny
  • jc6 years ago
    Celestine niwe mukobwa natangaho ubuhamya. Kubona umukobwa muri Canada ucyubaha kandi utinya Imana biragoye. Ni intangarugero pe. Nkimumenya nahise mukunda nuko nyine gukunda umunyamurengekazi utariwe ni ukwikoza ubusa. Gusa afite ubu muntu pe. uwo Musore abonye umugore mwiza twese twifuje
  • alcantara6 years ago
    ihangange jc bibaho ubwo imana izaguha uwawe. naho nange ibyo byambayeho byo gukunda umukobwa wumunyamurenge utariwe ni nko gutunga urutoki isi. ntago mwabana ngo bishoboke
  • Desire6 years ago
    Imana ihe umugisha uyu muryango. Ubu bukwe bwarimo Imana kandi izahorana namwe.





Inyarwanda BACKGROUND