RFL
Kigali

Ese koko handitse ko Imana yakoresheje Inama yo gucungura umuntu habura n'umwe uretse Yesu?- Ev Ernest Rutagungira

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:24/01/2018 14:13
11


Ijambo ry’Imana ni itabaza ry’ibirenge byacu, n’umucyo umurikira inzira zacu (Zaburi119 :105), niyo mpamvu ari ngombwa ko turyiga neza kugira ngo tubaturwe naryo, ndetse tuzabashe kwigisha abandi mu gihe cyacu.



Mpora nshima Imana kandi nkashimira n’abagize uruhare mu kutwigisha inkuru nziza y’agakiza kuko batumye dusobanukirwa ko Yesu ari umucunguzi wacu kandi ko byanyuze mu rupfu rwo ku musaraba ndetse ko igihe kizagera akajyana itorero yacunguje amaraso ye.

Inyigisho yo gucungurwa kwacu ni ukuri ndetse abatabyizera gutya bakwiye kurushaho gusobanuza, gusa bitewe n’ubumenyi bucye cyangwa kwigishwa nabi hari amakosa yagiye akoreshwa n’abigisha bamwe na bamwe mu kuyisobanura. Natanga nk’urugero aho benshi bakunda gukoresha ijambo dusanga mu Ibyahishuwe 5: 1-5  Handitse ngo:

Mbonana Iyicaye kuri ya ntebe igitabo mu kuboko kw'iburyo cyanditswe imbere n'inyuma, kandi gifatanishijwe ibimenyetso birindwi by'ubushishi. Mbona Marayika ukomeye abaririza n'ijwi rirenga ati "Ni nde ukwiriye kubumbura kiriya gitabo no kumena ibimenyetso bigifatanije?" Ntihagira uwo mu ijuru cyangwa uwo mu isi cyangwa uw'ikuzimu, ubasha kubumbura icyo gitabo cyangwa kukireba. Nuko ndizwa cyane n'uko hatabonetse ukwiriye kubumbura icyo gitabo, habe no kukireba. Umwe muri ba bakuru arambwira ati “Wirira dore Intare yo mu muryango wa Yuda n'Igishyitsi cya Dawidi aranesheje, ngo abumbure igitabo amene ibimenyetso birindwi bigifatanije.

Abigisha benshi bakunze kuvuga ko mu ijuru inama yateranye ikiga ku gucungura umuntu, bityo hakabura n’umwe wakwitanga ariko Yesu agahaguruka akabumbura igitabo cyari gikubiyemo imibabaro azahura nayo mu isi irimo gutotezwa na Herode, kwangwa no kwicwa, nyamara n’ubwo koko Yesu yaje mu isi akanababazwa ku bwacu, ntaho Bibiliya yerekana ko mu ijuru habaye inama. Nagira ngo niba nawe ujya wigisha abantu wifafishije iyi mirongo nkubwire ko Ibi bisobanuro benshi batanga atari byo, iyi nama ntaho yanditse. Ikindi iki gitabo gifatanije ibimenyetso birindwi benshi bagisobanura nabi.

Kuki iyi Iri Yerekwa ridasobanura kuvuka kwa Yesu no kuducungurira ku musaraba?

Yohana uyu weretswe ibi ni umwe mu ntumwa cumi n’ebyiri zabanye na Yesu, ni mwene Zebedayo nk’uko tubibona muri Matayo 4:2, ari ku kirwa cya Patmos akerekwa mu ijuru, byabaye nyuma y’uko Yesu asubira mu ijuru, aha rero wakwibaza ngo Imana yari kwereka Yohana Ubuhanuzi bwamaze gusohora? Igisubizo ni Oya kuko butari kuba bukiri ubuhanuzi.

Kuvuka kwa Yesu kwahanuwe kuva cyera mbere y’uko aza mu isi, Dufashe urugero Yesaya 7:14 Handitse ngo "Ni cyo kizatuma Uwiteka ubwe ari we uzabihera ikimenyetso. Dore Umwari azasama inda, azabyara umwana w'umuhungu amwite izina Imanweli. Akomeza “Yesaya 9: 5 -6” Yarahanuye ati “Nuko umwana yatuvukiye duhawe umwana w'umuhungu, ubutware buzaba ku bitugu bye. Azitwa Igitangaza, umujyanama, Imana ikomeye, Data wa twese Uhoraho, Umwami w'amahoro.  Gutegeka kwe n'amahoro bizagwirira ku ntebe ya Dawidi n'ubwami bwe, bitagira iherezo kugira ngo bibukomeze, bibushyigikize guca imanza zitabera no gukiranuka, uhereye none ukageza iteka ryose. Ibyo ngibyo Uwiteka Nyiringabo azabisohoresha umwete we.

Yesaya yakomeje ahanura iby’umubabaro wa Yesu n’urupfu rwe Yesaya 53: 4-5 "Ni ukuri intimba zacu ni zo yishyizeho, imibabaro yacu ni yo yikoreye, ariko twebweho twamutekereje nk'uwakubiswe n'Imana agacumitwa na yo, agahetamishwa n'imibabaro. Nyamara ibicumuro byacu ni byo yacumitiwe, yashenjaguriwe gukiranirwa kwacu, igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi imibyimba ye ni yo adukirisha."

Si Yesaya gusa kuko ingero zivuga ku ubuhanuzi bwa Yesu mu isezerano rya cyera ni bwinshi. Urebyo mu Itangiriro 3:15 hari ubuhanuzi buvuga kuri Yesu bujya gusa n’ubwo dusanga mu Abaroma 16:20 (…urubyaro rw’umugore ruzagukomeretsa umutwe nawe uzarukomeretsa agatsinsino”), Umwami Dawidi nawe ubwe yamuvuzeho Zaburi 110:1 ubuhanuzi bujya gusa n’ubwo muri Luka 20:41.

Ikindi wagenderaho usobanukirwa ko Ubu buhanuzi Yohana yabuhawe butavugaga Kuvuka no kwitanga kwa Yesu ku musaraba ni uko iyo ukomeje gusoma kiriya gitabo cy'Ibyahishuwe 5:9-10 usanga amagambo avuga ngo “ …Nuko baririmba indirimbo nshya bati “Ni wowe ukwiriye kwenda igitabo no kumena ibimenyetso bigifatanije, kuko watambwe ugacungurira Imana abo mu miryango yose no mu ndimi zose, no mu moko yose no mu mahanga yose ubacunguje amaraso yawe, ukabahindurira Imana yacu kuba abami n'abatambyi, kandi bazīma mu isi.

Byumvikane ko yari yari amaze gucunguza itorero amaraso ye. Nongere mbabwire nti Yesu ni umwami wacu (Yohana 18:36-37), ariko Inama abantu bakunze kuvuga ko yateranye ntaho byanditse. Yaritanze kandi umubabaro yagize byari ukugira ngo njye nawe tubone agakiza bityo ibyamuhanuweho bisohore, maze, utamwizera amaze kuricirwaho kuko atizeye izina ry'Umwana w'Imana w'ikinege. (Yohana 3:18 ) Kandi igihe kidatinze azagaruka aje kujyana umugeni yakoye.

Ernest RUTAGUNGIRA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ev Mahoro6 years ago
    Uziko nanjye najyaga mbifata nk'ukuri numvaga ariko handitse, Yesu aguhe umugisha. Uzi ukuntu umuntu yajyaga yumva ari Story iryoshye Manaa wee .
  • munyaneza6 years ago
    Murakoze kubw'ibi bisobanuro, Mudusobanurire ibikubiye muri Kiriya Gitabo
  • Jean 6 years ago
    Ndasobanukiwe..Gusa dukeneye kumenya iby'icyo gitabo Ese nicyo Gitabo cy'ubugingo
  • Chrs M6 years ago
    Uku ni ukuri kuzuye. Nibwo nkibimenya Be blessed for you Commitment Mr Ernest
  • Jovis6 years ago
    I agreed with you about this scripture. Some time we add more
  • Jean Claude6 years ago
    Yesu ashimwe. Mbashimiye kuri iyi nyigisho ariko ni byiza ko mudusobanurira 1. Yohana yarizwaga n’iki ? 2 Igitabo gikubiyemo iki? 3.Aho bavuga ko Lusofero yirukanwe mwijuru twiga ko hari habaye inama ntiyatumirwamo none iyo nama yari iy’iki ? Ese Yesu mbere y’uko aza mu isi ntabwo byabanje kwigwaho hakabura n’umwe ubyemera ?? Murakoze
  • Wow6 years ago
    Ehhh ko bikaze dukeneye umwuka wera ngo ajye adusobanurira kuyobora ubwoko bwayo kuko ntitwabishobora pe
  • Mutesi Albertine6 years ago
    Murakoze cyane , Nanjye ndushijeho gusobanukirwa, naho Yohana yeretswe intebe y'ubucamanza kandi Yesu Niwe uzaza kuducira Imanza
  • Miburo6 years ago
    Iyi nama yarabaye n'ubwo ubyanga. Soma Zaburi 40: 6-8, uzagira ico wibgira. Wenda iri jambo ngo inama y'agakiza niryo rikugora. Ariko, iyo usomye Ivyahishuwe 13: 8, ugasoma n'ivyabaye ku musi urugo rwo muri Edeni rwacumura (Itangiriro 3: 8, 9, 21), wabona ko habaye umugambi mu ijuru wo kwihutira gukura umuntu mu kaga. Si rimwe si kabiri haba inama mu ijuru. Soma Itangiriro 18: 20 na 19: 12, haragaragaza ko mw'ijuru hakorwa inama hagafatwa n'ibyemezo."Bombi bazahuza inama zizana amahoro.’ (Zakariya 6: 13).
  • Miburo6 years ago
    Indi nama igaragara neza mw'irema ry'umuntu,"Imana iravuga iti “Tureme umuntu agire ishusho yacu ase natwe, batware amafi yo mu nyanja, n'inyoni n'ibisiga byo mu kirere, n'amatungo n'isi yose, n'igikururuka hasi cyose.” Imana irema umuntu ngo agire ishusho yayo, afite ishusho y'Imana ni ko yamuremye, umugabo n'umugore ni ko yabaremye" (Itangiriro 1: 26)
  • Emmanuel 1 year ago
    Yohana ntiyeretswe ibyo hanyuma ya Yesu amaze gusubira mu ijuru gusa, ahubwo yeretswe ni by mbere yaho. Urugero ni Ibyahishuwe 12:7-13. Intambara satani yasoje mu ijuru ntabwo yabayeho Yesu amaze kujya mu ijuru. Birumvikana rero ko ubusesenguzi bwawe nabwo butafatwa nk'aho ari ko kuri. Murakoze





Inyarwanda BACKGROUND