RFL
Kigali

Diana Kamugisha yahumurije abakobwa b’i Siyoni abasaba kwitera hejuru bakazamura ibendera rya Yesu-VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:4/11/2016 11:19
5


Umuhanzikazi Diana Kamugisha ubarizwa mu itorero rya New Life Bible church, akaba umwe mu bahanzi bakunzwe mu Rwanda mu muziki wa Gospel, yatanze ubutumwa buhumuriza abakobwa b’i Siyoni ababwira ko Umwami w’abami Yesu Kristo abibutse akaba yiteguye kubatsindishiriza na cyane ko ari we ntwari ku rugamba.



Ni mu butumwa bukubiye mu ndirimbo ‘Ibendera’yanditswe na Issa Noel Karinijabo ikaririmbwa na Diana Kamugisha. Kuri ubu amashusho y’iyi ndirimbo, yamaze kugera hanze. Muri aya mashusho harimo Diana Kamugisha na bagenzi be babana mu itsinda yatangije ryitwa Women of Faith hakiyongeramo Tonzi, Alice Tonny n’abandi batandukanye. Bagaragara bari mu byishimo bishimiye ko bazwi na Yesu Kristo.

 

Diana Kamugisha

Umuhanzikazi Diana Kamugisha

"Ibendera rya Yesu rizamurwe izina ry’uwo mwami rikwire hose, zamura zamura iryo bendera. Dore ibirenge by’uzanye inkuru y’inkomezi avuga ko intare ya Yuda agira neza, mukobwa w’i Siyoni itere hejuru umwami arakwibutse, uri muri njye arakwibutsa ko ari we ntwari ku rugamba. Ibendera rya Yesu nkubwira nshuti, ni umutima wawe n’imirimo myiza ukora, maze Yesu yamamare, inkuru ya Yesu yamamare mu gihugu hose, umwami araganje." Ayo ni amwe mu magambo agize iyi ndirimbo

Ibendera by Diana

Bitereye hejuru bazamura ibendera rya Yesu Kristo

Ese Abakobwa b’i Siyoni bavugwa muri iyi ndirimbo ni bantu ki?

Issa Noel Karinijabo usanzwe ari umunyamakuru kuri Authentic Radio akaba ari we wanditse iyi ndirimbo ‘Ibendera’ yabwiye Inyarwanda.com ko abakobwa b’i Siyoni yavugaga ari abantu bose bazwi na Yesu Kristo, mu buryo bw’ubuhanuzi abakobwa bakaba bagereranywa n’itorero. Ibendera ngo ni imirimo myiza, imitekerereze igaragazwa n’umuntu wamenye Yesu Kristo. Yagize ati:

Ubundi umukobwa mu byo bita ubuhanuzi bisobanuye itorero, abantu bazwi n’Imana, abantu bazwi na Kristo. Ubundi umukobwa cyangwa umugore mu buryo bw’ubuhanuzi ni itorero. Itorero rero hari icyo bita Eglise Visible na Eglise invisible. Eglise visible ni icyo bita ama churches aya madini tubamo; ADEPR EAR, Zion,..Itorero rero ni abantu bari muri Angilikani, ADEPR n’ahandi ariko bazwi na Kristo, bakora ibyo Kristo ashaka. Umukobwa w’i Siyoni ni wa muntu uzwi na Kristo, ni bo navugaga ko umwami abibutse. (…)

Image result for Issa Noel Karinijabo amakuru

Issa Noel Karinijabo wanditse indirimbo 'Ibendera' ya Diana Kamugisha

REBA HANO 'IBENDERA' YA DIANA KAMUGISHA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nadine7 years ago
    yewe cyakora muzahura n'ibibazo izi nkunguzi c zambaye ubusa zizamura ibendera rya YESU gute?bayobye inzira ahubwo bazigire gukina pronographie
  • austin7 years ago
    ndeberasha uko abagore ba vision bahimbaza biterera hejuru imyendayose ikazamuka!!!!! kumwekwa dawudi mbese????? nibenawe yarumugabo niyo igishura cyavaho ntakibazo none mwebwerwose ubusa bulibuli kugasozi, nzabandiora amadiniyubu
  • dodos7 years ago
    bazabona ishyano abakobwa b isiyoni babibone bagenda baca imigara....
  • Inema7 years ago
    Ameeenn indirimbo ni nziza gusa harimo umuntu umwe uwo munini yambaye uko bidakwiye bijyanye n'uko ari kuririmba indirimbo y'Imana elle est trop sexy plz abantu bakwiye bamenya kwambara bijyanye n'ibyo barimo birababaje!!!
  • Brooklyn7 years ago
    Ni byiza ko baririmba ark njyewe mfite ikibazo.Kuki abahanzi bubu basigaye baririmba indirimba zo gushima Imana cg guhumuriza abantu gusa ngo Imana iri kumwe nabo ngo izabarinda nizindi zo kwibyinira gusa?nyamara iki nicyo cyari igihe cyiza cyo kuririmba kuri Christ no kuburira abantu kuva mubyaha kuririmba experience za presence ya Christ mu buzima bwabo cg bwumuntu uri saved.Kuko ubu bararirimba gushima Imana cg indirimbo zijyanye nibitangaza kdi mu byukuri ntibabyumva nabo ubwabo.Igitangaza cya mbere mu buzima bw'umuntu nukuba saved nukugira Christ mu buzima bwumuntu.Nabanyamadini nuko birirwa bavuga ngo Imana irabatabaye ibintu nkibyo ark ntibabwira abantu Yesu ngo bamuhindukirire bave mu byaha.Iyo niyo message ikomeye dukeneye kumva nizindi zirakomeye ark ijambo riravuga ngo dushake ubwami bw'Imana ibindi byose ninyongera.Abahanzi nabanyamatorero bubu bari guha abantu ibijyanye nibyo imitima yabo ishaka kuko ntawucyeneye kumva bamubwira ngo va mu byaha.Usanga abo bahanzi rwose batanasoma bible bazisoma aruko bashakamo inspiration.OH COME TO THE ALTAR THE FATHERS ARMS ARE OPEN WIDE,FORGIVENESS WAS BOUGHT WITH THE PRECIOUS BLOOD OF JESUS CHRIST!





Inyarwanda BACKGROUND