RFL
Kigali

Jean Marie uzwi nka RASTA yakiriye agakiza abatizwa mu mazi menshi anahishura uko yapfuye akazuka-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:30/04/2017 15:21
8


Kuri iki Cyumweru tariki 30 Mata 2017 ni bwo Jean Marie uzwi nka RASTA yahamije ko yakiriye Yesu Kristo nk’Umwami n’Umukiza we ndetse ahita abatizwa mu mazi menshi, abatirizwa muri pisine yo kwa Rubangura i Kimihurura.



Jean Marie uzwi nka RASTA ni umugabo w'imyaka 48 y'amavuko washoye imari ye mu byuma birangurura amajwi, akaba ari na we washinze kompanyi yitwa Sound promotion and Creation. Mu bitaramo bikomeye bya hano mu Rwanda no mu karere, Sound promotion and Creation ya Jean Marie yifashishwa na benshi na cyane ko ibyuma bye bitanga umuziki mwiza, amatara, stage n’ibindi.

Ku isaha ya saa Saba n’igice z’amanywa z’iki Cyumweru tariki 30 Mata 2017 ni bwo Jean Marie ari we RASTA yabatijwe mu mazi menshi abatizwa na Rev Pastor Gataha Straton uyobora itorero rya Vivante mu Rwanda, ari na ryo torero Jean Marie arimo gusengeramo ubu nyuma yo kwakira agakiza. Rev Gataha wabatije RASTA ni we wamusengeye ubwo Jean Marie yari arwaye.

Jean Marie aka Rasta

Jean Marie yateye ikirenge mu cya Yesu abatizwa mu mazi menshi

Jean Marie yabatijwe nyuma y’amasaha macye avuye mu rusengero rwa Vivante i Kimihurura gutanga ubuhamya bw’ukuntu Imana yamukoreye ibikomeye ikamuzura ubwo yari arwaye akaremba akajya mu bapfumu ariko akahaburira igisubizo. Muri icyo gihe cy’uburwayi bwe, Jean Marie avuga ko yatemberejwe n'Imana ikuzimu dore ko yihamiriza ko yapfuye akajyanwa ikuzimu, hanyuma yaho akazuka akagaruka ku isi.

Jean Marie yasabye abajyaga bamwita RASTA kujya bamwita RASTA wa Yesu

Ibyo yanyuzemo mu burwayi bwe ngo ni byo byatumwe afata umwanzuro wo kwakira agakiza, asaba Rev Gataha kumusengera. Kuri iki Cyumweru ni bwo RASTA yahamirije imbere y’iteraniro ko yatangiye urugendo rujya mu ijuru, nuko baramusengera. Abakristo ba Eglise Vivante i Kimihurura kimwe n'abo mu muryango we bishimiye bikomeye intambwe yateye yo kwakira agakiza. Jean Marie na we yabwiye Inyarwanda.com ko ubu yabaye mushya ndetse akaba yiteguye kurwana na satani.Yaboneyeho gusaba abajyaga bamwita RASTA ko bajya bamwita RASTA wa Yesu kuko yamaze guhinduka. Yabajijwe n'icyamuteye kujya mu itorero Vivante. Yagize ati:

Nitwa Nsanzubukire Jean Marie Mushya, uyu mwanzuro (wo kwakira agakiza no kubatizwa) nawufashe Saa Sita z’ijoro igihe nari maze igihe mu byaha abandi babatizwa ndeba ariko hari ahantu Yesu yanshakiriye kuko ku Cyumweru gishize tariki 23 Mata 2017 naje guhura n’ibibazo bikomeye, nijoro Umwuka aransanga arambwira ati Ese wowe wumva uri tayari? Mpitamo rero kwakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza wanjye. Njye ubundi muri Vivante ni abantu banjye ni ahantu najyaga nsengera mfite umwanya ndetse na Rev Straton ni inshuti yanjye, mpafite inshuti nyinshi zirimo Janvier Kivuye mpafite abantu benshi cyaneee, abantu bose banyiyumvamo ariko ntabwo nari nagakizwa ngo nature neza mbisoze ariko ubu ni bwo Yesu yangiriye ubuntu ubu ndi umukrisito kandi ndamwera Yesu nk’Umwami n’Umukiza wanjye, namuhaye n’ubugingo bwanjye bwose.

Nyuma yo gukizwa akanabatizwa mu mazi menshi, Jean Marie yavuze ko ubu akinguye umuryango winjira mu Mana, akaba agiye guhangana ku rugamba na shitani. Yavuze kandi ko agiye kwiga gusenga ndetse ngo agiye gukora ibikorwa by’abakozi b’Imana. Kuba agakiza hari abagafata nk’ak’abantu baciriritse, Jean Marie yavuze ko na we ari ko yajyaga abitekereza kera atarakizwa, gusa ngo nyuma yo gupfa akazuka, yabashije gusobanukirwa byinshi ku gakiza asanga Yesu ari mwiza.

Njyewe naje kugira ingorane zituma mfa,Imana iranzura ndakira ariko nza kwibuka ko nari mfuye ndi mu byaha, ndavuga rero nti kuva uno munsi ngiye kuba umuntu ushaka Imana, ushaka ijuru, hehe n’ibyaha. Ubu nitwa RASTA wa Yesu, kunyita gutyo ntacyo byaba bitwaye, kuko ibintu byose bituriho ku mubiri ni ibihimbaza Imana, uzambona akanyita RASTA azajye yongeraho ngo RASTA wa Yesu.

REBA AMAFOTO UBWO RASTA YATANGAGA NDETSE AKABATIZWA NO MU MAZI MENSHI

Jean Marie aka Rasta

Jean Marie aka Rasta

Jean Marie ubwo yatangaga ubuhamya muri Eglise Vivante ku Kimihurura

Jean Marie aka Rasta

Jean MarieJean Marie aka RastaJean Marie aka Rasta

Nyuma yo gutanga ubuhamya RASTA hamwe n'umuryango we basengewe n'abakuru b'itorero

Jean Marie aka Rasta

Kwa Rubangura i Kimihurura ni ho RASTA yabatirijwe

Jean Marie aka Rasta

Mu kubatizwa kwe hari abakristo benshi n'abo mu muryango we

Jean Marie aka Rasta

Rev Straton yigisha ijambo ry'Imana mbere yo kubatiza Jean Marie

Jean Marie aka Rasta

Jean Marie ajya mu mazi

Jean Marie aka RastaJean Marie aka RastaJean Marie aka Rasta

Jean Marie acubizwa mu mazi menshi

Jean Marie aka Rasta

Nyuma yo kubatizwa mu mazi menshi

Jean Marie aka Rasta

Mu matsiko menshi RASTA yari agiye kureba impano yahawe n'umuvandimwi we/Ifoto: Gideon

Jean Marie aka RastaJean Marie aka Rasta

Yahawe impano yanditseho ngo 'Ibidashobokera abantu bishobokera Imana' /Ifoto: Gideon

Jean Marie aka Rasta

Hano RASTA yari kumwe n'abakobwa be babiri (iburyo bwe n'ibumoso bwe) berekeza ku modoka zibajyana iwabo mu rugo /Ifoto: Gideon

Jean Marie aka Rasta

RASTA akingura umuryango w'imodoka imujyana iwe imuvanye kwa Rubangura/Ifoto: Gideon

AMAFOTO: Mugisha Corneille @MCK Photographs






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 6 years ago
    oohh mbega byiza.Yezu azabazana n'abari Kure bose
  • Byiringiro6 years ago
    Nibiza kbsa, niyo nkuru nziza ishimishije kuruta ibindi, nukumenyako ibyisi ari ubusa,ibyo dukora byose byaba ari ubusa tudatunze Chris to
  • chals 6 years ago
    nakizwe yogoshe Iyo misatsi avanemo niryo herena nabishobora azaba ateye intambwe nziza
  • IRAMBONA Lashford6 years ago
    rwose uyu mwene data wemeye guhindukirira nawe akaba yemeye kuragirwa na kristo Imana imukomereze mukwizera RASTA wa yesu amen burya IMANA ikora ibikomeye naho itakura umuntu akomereze aho rwose! amen amen!!
  • Rwema6 years ago
    Amadini aragwira! Uru rusatsi, amaherena, ngo yakiriye agakiza? Soma: 1 Abatesaloniki 5:23
  • peter6 years ago
    Ese bazi icyo bita guhinduka?ibyo uvuga buriwese yabivuga christo ntago ari mugenzi wanyu n'Imana iteye ubwoba ariko hari byinshi ukeneye kwiga nutabikora nubundi uzajya aho wangaga mugabo.ibyo bisatsi c uzirika iki? Ugomba kugaragaza itandukaniro nabo mwasaga bitaribyo uracyambabaza
  • 6 years ago
    Hallo?mbega byizaaaa!nukuri yahisemoneza.arko haracyabura akantu gato agomba guhindura.ijambo ry'Imana riravugango ntidukwiye kwitwara nkuko abisi bitwara.nawe nakureho ayomaherena,niyo misatsi ubundi agaragazeko yahindutse byukuri.noneseko bibiliya ivuga ngo muzabamenyera kumbuto zabo? ubwotwamutandukanyirizahe. nawawundi wakera
  • peace6 years ago
    Birashimishije ariko nasaba aba nyamadini kuba hafi yaba bastar bari gukizwa muriyi minsi bakababa hafi bitabaye ibyo tuzababazwa bakabaha umurongo kuko baciye muri byinshi bakabigisha gusenga cyane no gusoma ijambo ry IMANA kuko nibaza nka Rasta byamufasha agasobanukira icyo IMANA IVUGA KUBAGABO yahita akuraho izo drede nayo maherena naho bitabaye ibyo tuzasanga bakijijwe nka Pendo babatije bakaba bamwinjije mu murimo bidateye kabiri akamamaza ubusambanyi.





Inyarwanda BACKGROUND