RFL
Kigali

BREAKING:Bishop Sibomana uyobora ADEPR na we yatawe muri yombi na Polisi

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:27/05/2017 20:45
14


Ku mugoroba w'uyu wa Gatandatu tariki 27 Gicurasi 2017 ni bwo Polisi y'u Rwanda yataye muri yombi Bishop Sibomana Jean uyobora ADEPR ku rwego rw'igihugu akaba akurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo wa ADEPR.



Amakuru y'itabwa muri yombi rya Bishop Sibomana Jean yemejwe n'umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda ACP Theos Badege mu kiganiro yagiranye n'umunyamakuru wa Inyarwanda.com. Yagize ati: "Ni byo (Sibomana) yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha byo kunyereza umutungo wa ADEPR". Bishop Sibomana atawe muri yombi nyuma ya benshi mu bakristo ba ADEPR n'abandi banyuranye bahoraga bibaza impamvu Sibomana na we adatabwa muri yombi kandi ari we muyobozi mukuru w'iri torero rya ADEPR. 

Amakuru agera ku Inyarwanda.com ni uko Bishop Sibomana Jean yatawe muri yombi ahagana isaa Moya z'umugoroba kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Gicurasi 2017, akaba akurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo w'itorero ADEPR. Tubibutse ko Bishop Sibomana asanze mu gihome bagenzi be 6 b'abayobozi muri ADEPR bashinjwa icyaha cyo kunyereza umutungo wa ADEPR ndetse bakaba baherutse kuburana bagakatirwa igifungo cy'iminsi 30 y'agateganyo. Umutungo wa ADEPR aba bayobozi bashinjwa kunyereza uragera hafi kuri Miliyari eshatu z'amanyarwanda. 

Image result for Bishop Sibomana inyarwanda

Bishop Sibomana Jean  umuvugizi mukuru wa ADEPR ari mu maboko ya Polisi

Kugeza ubu abayobozi ba ADEPR bari mu gihome ni Bishop Sibomana Jean umuvugizi mukuru wa ADEPR, Bishop Tom Rwagasana umuvugizi wungirije wa ADEPR, Mutuyemariya Christine wari ufite imari ya ADEPR mu nshingano ze, Gasana Valens, Sebagabo Leonard, Sindayigaya Theophile na Niyitanga Salton. Magingo aya abayobozi bose bagize komite nyobozi ya ADEPR bari mu gihome ukuyemo umuyobozi umwe ari we Rev Nkuranga Aimable, umujyanama wihariye mu by’ubukungu n’imali muri ADEPR. Rev Nkuranga bivugwa ko nta byemezo yigeze afata ku mutungo wa ADEPR cyangwa ngo awunyereze dore ko mu nshingano ze, harimo gutanga ibitekerezo gusa. 

Ku wa Gatatu tariki ya 3 Gicurasi 2017 ni bwo Polisi y'u Rwanda yemeje ko yataye muri yombi abayobozi batatu bo muri ADEPR ari bo:Eng. Sindayigaya Theophile wari ushinjwe kubakisha Dove Hotel, Gasana Valens umuyobozi Mukuru ushinzwe Imari n’uwitwa Mutuyemariya Christine ushinzwe ubutegetsi n’imari muri ADEPR. Tariki ya 5 Gicurasi 2017 ni bwo Polisi y'u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi Bishop Tom Rwagasana, umuvugizi wungurije wa ADEPR. Nyuma y'aho hari abandi bayobozi ba ADEPR batawe muri yombi, kugeza n'uyu munsi hari abandi bashobora gutabwa muri yombi kuko hagishakwa ibimenyetso mu rubanza aba bose baregwamo.

Abayobozi bo muri ADEPR bavuga ko nta mafaranga bigeze banyereza

Ku wa Mbere tariki 22 Gicurasi 2017 ni bwo Bishop Tom Rwagasana na bagenzi be batanu bitabye urukiko rwisumbuye rwa Gasabo baburana ku byaha bashinjwa byo kunyereza hafi miliyari eshatu z'amanyarwanda. Aba bayobozi ariko bo barabihakana bakavuga ko nta mafaranga bigeze banyereza. Bishop Tom Rwagasana wabimburiye abandi mu kwiregura, yabwiye urukiko ko arengana ndetse asaba kurekurwa kuko ngo yari arwaye ndetse akaba afite n'impapuro za muganga, ariko birangira urukiko rutesheje agaciro ubusabe bwe. Yagize ati: “Nta mafaranga yigeze anyerezwa, dufite amabwiriza atugenga, tugira internal audit na external audit".

Mu rubanza rwabaye kuwa 22 Gicurasi 2017, ubushinjacyaha bwavuze ko abayobozi ba ADEPR bakusanyije amafaranga y’u Rwanda 3 592 465 324 ariko ntiyishyurwe ahubwo aba bayobozi bakayarya mu byiciro. Ubushinjacyaha bwagaragarije urukiko ko aya mafaranga yagiye ahabwa abantu batandukanye basinyirwaga Sheki n’aba bayobozi, ariko abayabikuje bagahindukira bakayabasubiza, ubundi abayobozi ba ADEPR bakayakoresha mu nyungu zabo bwite.

Bose uko bareganwa bitabye urukiko muri iki gitondo.

Hano Bishop Tom na bagenzi be bari bahagaze imbere y'urukiko kuwa 22 Gicurasi 2017

Image result for Bishop Sibomana inyarwanda

Bishop Tom Rwagasana amaze iminsi ari mu gihome






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Uniongoze6 years ago
    Icyo mwashatse mukigezeho ngaho nimwishime
  • james6 years ago
    birababaje abari abakozi b'Imana baguye mumutego wa sekibi
  • Bienvenue6 years ago
    Uwakoze nabi wese akwiye kubihanirwa niyo mpamvu dukwiye gukorera Imana tudaharanira indamu zacu bwite ahubwo dukorere Imana twubaha abo tuyobora kdi dukiranuka kugato no kukanini
  • Isirikoreye6 years ago
    Sha simba muli ADEPR ariko niho nakirijwe nabayemo...rero!!!Gusa icyambabaje cyane nukuntu ubu buyobozi uwabuvugaga bwahitaga buvuga ngo akorana numwanzi na FDRL na RNC!!! Ndibuka Bavugamo imfura Bihagwa Janvier nkibuka Umubyeyi Sammuel Usabwimana!!!Ariko Mana ahaaaa icyo nkundira Igihugu kimaze gushishoza gisanga abaturageb'ADEPR bararuhiye agatsi!!!Imana iyo ivuze itasohoza ibyaba bagabo reka bijye kukabarore.
  • Mmgt6 years ago
    Imbwa yiganye inka kunya mu rugo bayica umugongo ,ubwo Sibomana abimenye ko ariko bimeze niba yari yarabyibagiwe.
  • NDACYAYISENGA ERIC6 years ago
    Ewana buriya Nyamara Imana irahana ni uko idahaniraho gusa nibaramukabaham we nibyobyaha bazahanwe byintangarugero kuko usanga banatwihenuraho wamubaza uti Bishop njye ndasaba umuganda wokuntsanira nkumwe mubagize isengero uyobora bakakubwiza inani na rimwe
  • uwase josiane6 years ago
    Sibomana, banagukurure amatwi! ukuntu wishongoye ku bakristu mu binyamakuru, none ngo urihe!? ibyo wavugiye kuri TV one, wibwiraga se KO bitababaje Imana? wishongora, wihenura, wigize uwacyane. Bagukanire urugukwiye ako gasuzuguro kagushiremo. Imana irebera imbwa ntihumbya koko!
  • Sam6 years ago
    #isirikoreye we byashoboka ko aba bagabo batari bagikwiye kwitwa abakozi b'Imana ariko ntubagereranye nuriya sekibi witwaga samuel kuko ibi bibazo byose byatewe nawe azana umwuka mubi mwitorero ngaho amacakubiri kwirukana abakozi b'Imana benshi abahora ubusa nibindi byinshi naho janvier we uwamubaza amafrw amaze gutakaza yishura ibinyamakuru ngo bisebye ubuyobozi buriho nawe ubwe ntiyayibuka bitewe nubwinshi bwayo none ngo nimfura?? Nibaza nimpamvu adacibwa mwitorero ahubwo Imana yo yonyine ica impanza zitabera idufashe itabare itorero ryayo kd yiyimikire abafite imitima imeze nkuko ishaka
  • Luke6 years ago
    Nibabazwe umutungo watanzwe n'abakene hanyuma bakawumarira mu midigi yabo. Bahanwe nkabagome bose, ntaho bataniye no kugambanira igihugu. Si intore, ntibakunda u Rwanda n'abanyarwanda.
  • Edika6 years ago
    Ariko se nkawe wiyise Sam ukubahuka umusaza Samuel uramuzi tubaze twe abakuru iyaba ariwe ukiyobora nibi ntibiba bibaye ahubwo abamuhiritse bagaragaje icyo barwaniraga have kuvuga uriya musaza nabi Imana itamukuziza kandi bantu mwandika mureke gutukana nizindi mvugo nyandagazi kuko wasanga bamwe mwitwa nabakristo ba so batazazira ko bigurije ibitariibyabo mukazira ko mwatunze urutoki uw,Imana yasize mwibuke ko nubwo Sauli yashaka Kwica Dawidi.Mu bisazi bya Sauli ntabwo Dawidi yigeze yamukoraho kuko yavugaga ko yasizwe
  • Sinivuze6 years ago
    Ariko Se Aba bayobozi ko batwigishije guca bugufi tukihana iyo twakoze icyaha baretse kurushya urukiko bakemera icyaha bagasaba Imana imbabazi bafatiye kukwihana kwa Dawidi ko aribyo byamuhesheje kwitwa inshuti y.Imana.Niba ayo mafaramga yarabuze niberekane aho yagiye kuburana nkabatigeze kumenya Ilana? Niba baraguye nibabyuke batange urugero rwiza hari nabishe batuye barihana nkaswe abigurije.
  • Isirikoreye6 years ago
    @Sam we hoya biraboneka ko ibyo uvuga utabizi!!! Usabyimana sammuel ntamacakubiri yazanye mutorero!!! Ibyo uvuga aba bafunzwe niyo turufu barishije bamukuraho nawe urayoboka!!! Samuel umuhungu wa Njyamubiri uzabaririze amateka ye!!! Ntamacakubiri agira pe!!! Iyo turufu bayikoresheje ngo.bamukureho none biragaragaye!!!
  • Desile6 years ago
    Umugabo mbwa aseka imbohe. Uwo ni umugani wa kinyarwanda. Nta numwe nshyigikiye sinkeneye no kumenya ukuri kw ibyo bakoze ariko kubera bari mugihome. Ndabasabiye mw ijwi riranguruye ngo Imana ibagirire impuhwe. Maze ugushaka kwayo kwigaragaze kw itorero ryayo.
  • Vincent6 years ago
    Mr Sam, ihangane ugire ubumuntu. Ngo Sekibi Samuel! My God. Imana ikubabarire, uri kure y'ubwami bw'Imana. Ukeneye agakiza.





Inyarwanda BACKGROUND