RFL
Kigali

Bishop Rugagi yagurishije abayoboke be udutabo tuzabahesha abagabo, akazi, gukira indwara n’ibindi

Yanditswe na: UDAHOGORA Vanessa Peace
Taliki:25/09/2018 13:12
9


Bishop Rugagi Innocent, umuyobozi wa Redeemed Gospel Church kuri ubu usigaye uteranira n’itorero rye muri Kigali Serena Hotel nyuma y’uko urusengero rwe rufunzwe kubera kutuzuza ibyangombwa leta isaba, yagurishije kuri iki cyumweru udutabo yizeza abayoboke be ko tuzabahindurira ubuzima.



Mu nkuru dukesha Ibyishimo.com, kuri iki cyumweru tariki 23/09/2018 Rugagi yagurishije udutabo tuzafasha abayoboke be kuva mu cyiciro kimwe bakajya mu kindi nyuma y’amezi 3 gusa. Aka gatabo ngo kukagura ni ukubiba mu buhanuzi bwa Bishop Rugagi ndetse ngo umuntu azasarura bitewe n’ibyo yabibye n’ubwo nta wemerewe kubiba munsi y’ibihumbi 10.

Utu dutabo Rugagi yakoreye abayoboke be ngo tuzabahindurira ubuzima mu mezi 3 gusa

Umuntu uzajya agura aka gatabo azajya atanga amafaranga runaka bitewe n’icyiciro ashaka kwimukiramo, kakaba kanditsweho ngo ‘Ubuhanuzi bwo kuva mu kwa Cyenda kugeza tariki 31 Ukuboza.” Rugagi yijeje abakristo be ko aka gatabo uzakagura wese hazashira amezi 3 akinjira mu kindi cyiciro. Bimwe mu byo aka gatabo gashobora guhindura, Rugagi yagize ati:

 “Niba ari ugukira indwara biri hano (mu gatabo), niba ari ukubona akazi biri hano inyuma (kuri paji y’inyuma), niba ari ugukira diyabete, niba ari kansenseri n’indi ndwara iyo ari yo yose biri hano, niba ari ukurongorwa na byo mwa bakobwa mwe biri hano!…Muri aya mezi atatu kugeza tariki 31 Ukuboza,…hari ikindi cyiciro ugiye kujyamo.”

Bishop Innocent, umuyobozi wa Redeemed Gospel Church (Abacunguwe) mu Rwanda

Rugagi akomeza avuga ko aka gatabo kadashobora gutangirwa ubuntu ngo kuko kukanyuza mu icapiro byari bihenze. Yagize ati “Imana ibahe umugisha mwebwe mwifuza iby’ubuntu, murabizi ko nta nzu isohora ibitabo ngira, ninyigira nzajya mbaha iby’ubuntu ariko nonaha ubu ni ubuhanuzi, nta by’ubuntu! Simvuga igiciro kuko sincuruza ariko ni uguhera ku bihumbi icumi kuzamura, uko umwuka akuyobora, bitewe n’aho ushaka kugana ubibe mu buhanuzi mu izina rya Yesu. Niba udafite amafaranga nonaha, hariho nimero ya telephone yanjye…”

Rugagi n'abayoboke be basigaye bateranira muri Kigali Serena Hotel

Bishop Rugagi yahamije ko abantu bose baguze utwo dutabo bazajya mu giterane gisoza umwaka ku itariki 31 Ukuboza uyu mwaka baramaze kugera mu kindi cyiciro cy’ubuzima. Si ubwa mbere Rugagi atanze amasezerano yo kugera ku bintu bikomeye ku bayoboke be, kuko hari ikindi gihe yigeze gusaba abantu gutura hanyuma bakazabona Range Rovers na V8  mu mezi 3 gusa.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kalinda5 years ago
    Iri ni sihyano koko, ariko se abantu barwaye iki, kugirwa injiji bene aka kageni, bakabyemera? Birababaje, biteye agahinda, aba bantu ni abo gutabarwa.
  • Kimenyi5 years ago
    What the fuck man, what the fuck
  • ukuri5 years ago
    hahahahahahhhhhhhhhh ndumiwe yandege kombona iribubakoreho nukuyashaka kububi nokubwiza
  • kalisa5 years ago
    mbega rugagi ikiryabarezi Gusa bariya bantu nabi ninjiji ziteyubwoba
  • Brown5 years ago
    Ariko se Rugagi yumva ari muzima koko? Ark ndamurenganya da abamukurikira bo bumva bakurikiye Imana bwoko ki koko? Nukuri u Rwanda ruracyarimo abantu b'injiji rwose kdi disi harimo abo ubona barize, ari abasirimu rwose ntiwarora. Abantu bataye imitwe sinzi amaherezo rwose. Gusa Rugagi business ye azayihemberwa vuba cg kera
  • the rampage5 years ago
    hari umukobwa uri single wakaguze se ngo ntangire muterete abone ko inzozi ze zigiye kuba impamo?
  • Ralph5 years ago
    Aba batype leta ikwiye kujya ibata muri yombi kabisa. Uku ni ukurengera.
  • ALIDI5 years ago
    Mujye mureka guca Imanza kuko namwe urwo muriho ntiruboroheye, abo mwita injiji ubwo namwe murizo kuko injiji imenenya indi. *WeforBishopRugagiInnocent*
  • JPK5 years ago
    Nkuyu utuka Umukozi w'Imana koko! Ngo f...nta soni.Cunga yako!?! Birakwiye kwirinda amagambo asesereza,Abariyo kd babikora bazi impamvu yabyo nicyo bahasarura cg bahakuye. Respect! Kimenyi rwoseeee...wikosore ntibigukwiriye!





Inyarwanda BACKGROUND