RFL
Kigali

BIRAVUGWA: Umuririmbyi wa Shekinah yo mu itorero rya Apotre Masasu yahagaritswe azira kwambikwa impeta y'urukundo

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:22/03/2017 18:07
11


Musabwamana Viviane uririmba muri Shekinah worship team yo mu itorero Restoration church ry’i Masoro, biri kuvugwa ko yahagaritswe mu itorero azira impeta y'urukundo yambitswe n’umukunzi we ku munsi wo gusoza kaminuza ‘Graduation’.



Tariki 9 Werurwe 2017 ni bwo Viviane Musabwamana wigaga muri IPRC Kigali yakoze ibirori byo gusoza kaminuza. Muri ibyo birori byabereye kuri Alink Hotel, Viviane yatunguwe n’umukunzi we w’umuzungu witwa Serge wateye avi akamusaba ko bazarushingana nk'uko bitangazwa na Agakiza.com.

Viviane

Viviane bivugwa ko yahagaritswe muri Shekinah worship team

Serge watunguye Viviane akamwambika impeta, kuri uwo munsi yatangaje ko hashize imyaka irenga 4 aziranye na Viviane, muri iyo myaka akaba yarasanze Viviane ngo ari umukobwa mwiza atabona uko abisobanura ndetse atangaza ko nta yindi mpano yabona yamuha uretse kumusaba ko yazamubera umugore. Yahise akuramo impeta yari yitwaje atera ivi hasi asaba Viviane ko bazarushingana, nuko na we aramwemerera. Viviane ni umukobwa wakoze kuri Sana Radio aho yavuye ajya gutangiza urubuga rwandika amakuru y'imyidagaduro. Kwambikwa impeta bikaba byaramutunguye dore ko ngo batari babivuganye, gusa bakaba bakundana nk'uko abyihamiriza.

Viviane

Viviane yagize ibyishimo bivanze n'amarira nyuma yo kwambikwa impeta y'urukundo

Kuri ubu amakuru ariho ni uko uyu mukobwa Viviane yahagaritswe muri worship team y'itorero rya Restoration church Masoro ndetse agahagarikwa no mu itorero azira impeta y'urukundo yambitswe n'umukunzi we mu birori byo gusoza amashuri ye ya kaminuza.Intandaro yo guhagarikwa kwe, ngo ni uko yambitswe impeta n'umuntu udakijijwe.

Umwe mu bantu bitabiriye ibi birori yatangarije Inyarwanda.com ko guhagarikwa kw’uyu muririmbyi wa Shekinah worship team bitamutungura na cyane ko ngo ku munsi wa Graduation ya Viviane, umuyobozi wa Shekinah ya Masoro atishimiye impeta y'urukundo Viviane yambitswe, akaba yarahise atangaza ko agomba kumuhagarika. Uwaduhaye aya makuru wari wibereye muri ibyo birori ndetse akumva uyu muyobozi afata uwo mwanzuro, yagize ati "Kuwa Gatanu (Viviane) baramuhagaritse bamuziza impeta yambitswe n'umukunzi we, itangazo barisomeye muri Repetition”

Viviane

Viviane ahoberana n'umukunzi we Serge nyuma yo kwambikwa impeta amutunguye

Mu kiganiro na Inyarwanda.com Musabwamana Viviane yabajijijwe niba koko yarahagaritswe mu itorero azira kwambikwa impeta n’umukunzi we Serge, amara amasegonda agera ku 10 agitekereza icyo asubiza. Nyuma yaje kubaza umunyamakuru iki kibazo “Harya wambwiye ko ukora he?”. Nyuma yo gusobanurirwa bwa kabiri ko umunyamakuru bari kuvugana yandikira Inyarwanda.com, Viviane yasubije ibyo yabajijwe mbere muri aya magambo “Impeta barayinyambitse ni byo pe ariko ayo makuru yandi (yo guhagarikwa) ntabwo arangeraho, ntabwo barayatangaza pe”

Inyarwanda.com yashatse kuvugana na Pastor Marcelin Kamanzi umuyobozi wa Shekinah worship team Masoro ari na we ku ikubitiro ngo wavuze ko agomba guhagarika Viviane, gusa ntibyadukira kuko atitabye terefone ye igendanwa inshuro zigera kuri ebyiri. Inyarwanda.com twashatse kuvugana na Rev Pastor Seruhuko Alphonse wungirije Apotre Masasu ku buyobozi bwa Restoration church, ngo tumubaze niba guhagarika Viviane nta karengane uyu mukobwa yaba yahuye na ko na cyane ko hari abavuga ko kwambikwa impeta atari ikintu cyatuma umuntu ahagarikwa, gusa ntibyadukundiye kuko tutabashije kumubona kuri terefone ye igendanwa kuko ubwo twakoraga iyi nkuru, telefone ye itari ku murongo.

Nubwo tutahamya ko Viviane yazize impeta yambitswe n'umukunzi we na cyane ngo nta kintu yari yatangarizwa n'ubuyobozi bwa Restoration church, amakuru agera ku Inyarwanda.com avuga ko muri Restoration church,kwambikana impeta y'urukundo mbere y'ubukwe ari ibintu bitemewe. Hari andi makuru avuga ko iyo ufite umukunzi mufitanye gahunda yo gukora ubukwe, biba byiza iyo umweretse umuyobozi w’itorero akakugira inama ndetse akanagusengera mbere yo kwemeranya kubana.

Viviane

Viviane

Viviane hamwe n'inshuti ze ku munsi wa Graduation ye

Viviane

Umwe mu bayobozi ba Shekinah worship team Masoro

Shekinah worship team

Nyuma yo kwambikwa impeta, ibirori byarakomeje bisozwa no kwiyakira

AMAFOTO: Byishimo Espoir






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Protais 7 years ago
    iyi nkuru ntakintu kirimo pe none se pasiteri bivugwa ko yamuhagaritse niba nta view ye mufite ubu mutubwiye iki kweli , Gedeon wisubireho kbsa
  • Olivier niyigena7 years ago
    Masasu ararushyanubusa ahobwo agiyeguhomba intama Kuko umukobwa wabonye umugabo noneho Wumuzungu kuruhu nahoyaba gaburiyeri ntiyamumutesha
  • JEsheni7 years ago
    viviane bakureke urye isi sha! uzajye nahandi ntaho badasenga congz rata nanjye nara gupreferaga urakana keza p@@
  • hhahahah7 years ago
    Ifatire umugabo ureke abo barezi ...bazaguhagarika amarasose?
  • nidanger7 years ago
    alikubundi uriyamuzungu numuzungu nyabaki utagira romantisme? ese numusilikare kondeba abikorana ingufunyinshi, ntanaka affection umubonamo? dore na boite ya bague ayitung'umukobwa ayiyerekejeho ahokuyerekeza kumukunziwe?????
  • nidanger7 years ago
    alikwamadini yubu yeeee, umwana arasubijwe yiboney'umugabo yarabivunikiye arasenga ariyiliza arara mubyumba byamasengesho kanyarira nomubutayu nomubuvumo ajyamuli korari arayihimbaza none pasiteri arabizanye ngongwiki, shantazi kwabagabo banabuze. wowumva ibyo Imana YAkuvuzeho umugisha YAguhaye ntuwukerense urekibya pasiteri, uzazemuli gatulika tubashingire cg ushake babapasitori babazunguzayi wamugani wa mpyisi babahezagire, ubuse ubona knowless na clement batarwubatse ra? ntubumwana sha nyuma utazaririra mumyotsi ngwimboga zibonabana
  • harriete umutoni7 years ago
    Yegokooo...!birakaze amahame yidini abuza gukundwa no gukunda abaho?! Ikemezo cyanyuma ni cyawe.
  • 7 years ago
    Njye mundangire uriya wambaye ubururu nipantalo ya kaki nanjye nzaze nditere rwoze
  • 7 years ago
    ubuse asanze uyu musaza mu biki? sha ntibazababeshye ko bafite amafaranga ntayo pe,ikindi kuki witesha umwirabura ugasanga rutuku? nta mwiza wandutira umwirabura,nabaye mu bihugu by abazungu ariko nasanze ntakwitesha umwirabura.
  • Wa P7 years ago
    Akateye ..Mana yanjye!Siryo torero siki cyera...! Cyakoze Imana imufashe kibe kitonda naho ubundi ibya bazungu bubu nugusunikiriza .
  • Angel umutesi7 years ago
    Kuki abantu bakunda gucritika batazi n'impamvu y'ibintu... Umunyamakuru wese yandika inkuru uko abishaka bitewe n'icyo agambiriye cg uwamusabye gutanga amakuru, rero ntekereza ko iriya eglise nabo batekereza, ahubwo hari indi realité cachée twe tutazi, ntabwo kuba yaramwambitse impeta byatuma bamuhagarika... Cyane ko uwanditse iyi Nakuru ntacyo yavuganye n'abo kuri eglise, ushobora gusanga wenda umukobwa yabanaga n'uyu muzungu... Njye nkumva umuntu wese ajya muri eglise azi amategeko yayo yagombye kuyubahiriza yakumva atabishoboye akajya ahandi ashaka, kuki tujya muri za bial shower tukumvikana icyo tuzaza twambaye tukagihuriraho, kdi tukabyubahiriza kuko twabyumvikanye, kuki umuntu we yajya muri eglise kuruhanya n'abantu?





Inyarwanda BACKGROUND