RFL
Kigali

Bamwe mu bahanzi bifatanyije na Tonzi mu muhango wo gushyingura mama we-Amafoto

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:23/11/2015 16:36
4


Abagize umuryango wa Tonzi babashije gushyingura umubyeyi wabo nyuma y’imyaka 21 bari bamaze bashakisha umubiri w’uyu mubyeyi ngo bawushyingure mu cyubahiro.



Kuri uyu wa gatanu w’icyumweru  tariki 20 Ugushyingo 2015 mu Karere ka Nyabihu nibwo  habereye umuhango wo gushyingura Munyana Ruth akaba mama w’umuhanzikazi  Tonzi  uzwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana.Ni umuhango watangiye ku isaha ya saa tanu za mugitondo,utangizwa n’isengesho ryayobowe na Archbishop Emmanuel Kolini, nyuma hakurikiraho umunota wo kwibuka Munyana Ruth n’abandi bose bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Korali Patmos iririmbamo n’umwe mu bahungu ba Munyana Ruth, nayo yaririmbye indirimbo zinyuranye zo kwihanganisha abagize umuryango wa Munyana Ruth, inshuti n’abavandimwe. Dr Michel, musaza wa Munyana yanyuriyemo abari bitabiriye uyu muhango amwe mu mateka ya mushiki we . Dr Michel yavuze ko nubwo umuryango we ubabaye ariko ushimishijwe no kubasha gushyingura umuvandimwe wabo mu buryo bw’icyubahiro nyuma y’imyaka 21. Dr. Michel yavuze ko mu myaka 21 yose ishize ntako batagize ngo bashake umubiri wa Munyana   bafatanyije n’ubuyobozi ariko bikananirana kubera ko abatuye muri ako gace batababwizaga ukuri.

Aimable Niyonzima ,imfura ya Munyana Ruth nawe yunze mu rya Dr. Michel . Yavuze ko mu kwezi kwa Nyakanga aribwo bari babarangiye aho bagombaga gusanga umubiri we ariko nabwo ntibamubona kandi umuryango wose wari waturutse i Kigali bizeye kumubona, aza kuboneka mu kwezi kwa Nzeli 2015 bamweretswe n’abakobwa 3 bahingaga amaterasi y’indinganire. Aimable yakomeje avuga ko u Rwanda rwagushije ishyano kuko bitangaje kubona umuntu agwa  iwabo ku manywa y’ihangu ariko hagashira imyaka 21 ntanumwe urerekana aho yaguye . Yaboneyeho gushimira abakobwa babafashije kubereka umubiri wa mama wabo bakamumenyera ku myenda ye.

Umugabo wa Munyana Ruth niwe wakurikiyeho aha ubuhamya burambuye bw’uburyo umugore we yavuye i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali aho bari batuye , ajyanwe n’umusore wari umusirikare amuhungishije amushyiriye ababyeyi be bari  i Goma  muri Congo ariko akaza kurasirwa iwabo i Nyabihu atarabona uko yambuka ngo asange umuryango we. Gusa yavuze ko badakwiriye kubabara nk’abatazi Imana. Yakomeje avuga ko mbere y’uko yitaba Imana, umugore we yari yamwandikiye urwandiko amubwira ko akurikije ibyo yagiye abona mu nzira, yagiye aririmba ndetse asaba Imana kumujya imbere.

Ku isaha ya saa munani nibwo hatangiye umuhango wo gushyingura mu cyubahiro umubiri wa Munyana Ruth mu cyubahiro ku rwibutso rwo ku Nanga. Nubwo imvura yari iri kugwa ariko, abagize umuryango wa Munyana Ruth, ndetse n’abari baje kubafata mu mugongo bakomeje kuyihanganira kugera umuhango urangiye.

MU MAFOTO:UKO UYU MUHANGO WAGENZE

Ijoro ryo kwbuka

Umuhango wo gushyingura wari wabanjirijwe n'ijoro ryo kwibuka Munyana Ruth

Emmanuel Collin

Archbishop Emmanuel Kolini atangiza isengesho

Umunota wo kwibuka

Hafashwe umunota wo kwibuka Munyana Ruth

Abaturage

Abaturage  bo muri ka gace bari baje kwifatanya n'uyu muryango

Bamwe mu bagize MaMaranatha

Bamwe mu baririmbanye na Tonzi muri Maranatha Choir bari baje kumufata mu mugongo

Patmos

Korali Patmos bati " ...Twifitiye amazu meza hakurya ya rwa ruzi, twateguriwe na Yesu..."

Dr. Michel

Dr. Michel avuga amwe mu mateka ya mushiki we Munyana

Pastor Mbuguje abwiriza

Pasiteri Mbuguje abwiriza ijambo ry'Imana ryibanze kukwihanganisha uyu muryango ndetse no kwibutsa abari aho ko nyuma y'urupfu hari ubuzima

Umuhango wo gushyingura

Alpha

Gatarayiha Alpha umugabo wa Tonzi

Tonzi

Agahinda kari kose kuri Tonzi mu ishyungurwa ry'umubyeyi we

Agahinda kari kose kuri Tonzi mu ishyingurwa ry'umubyeyi we

Abana

Uretse Alpha ufashe umutaka, abandi ni abana ba Munyana Ruth. Ufashe microphone ni Aimable akaba ari na we mfura y'uyu muryango. Aimbale yavuze ko ubuhanzi babukomora kuri mama wabo, ko ndetse Tonzi impano ye ayikomora ku mubyeyi wabo waririmbaga ijwi rya Arto.

Aimable Niyonzima

Aimable Niyonzima yerekana abakobwa baberetse umubiri wa mama wabo. Yabashimiye mu ruhame ndetse abemerera ishimwe ry'umuryango

Patmos

Patmos

Patmos bati"... Iyi si irashaje..."

Maria Yohana

Maria Yohana yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze zijyanye n'uyu muhango

Abahanzi

Maria Yohana, Ezra Joas, Patient Bizimana, Tonzi na Aline Gahongayire bafatanyirije hamwe kuririmba indirimbo'Muririmbire Uwiteka'

Visi Meya

Nyuma y'uko bakoresheje imbaraga zishoboka nk'ubuyobozi ariko bikananirana,Visi Meya na we yunze muryabandi  ashimira Imana yatumye babona umubiri wa Munyana Ruth

Papa wa Tonzi

Papa wa Tonzi yatanze ubuhamya bw'ibihe bikomeye umugore we yanyuzemo mbere y'uko yicwa

Bajya gushyingura

Bajya gushyingura

ayoboye abandi

Umwe muri basaza ba Tonzi niwe wari utwaye ifoto y'umubyeyi wabo

ku rwibutso

ku rwibutso

Bururutsa umubiri

Tonzi

Tonzi yari yacitse intege ku buryo bugaragara

bashyira indabo ku mva

bihanganiye imvura

Bihanganiye imvura yagwaga ari nyinshi baherekeza mucyubahiro Munyana Ruth

Tonzi na Alpha

Tonzi na Alpha

Tonzi n'umugabo we bashyiraho indabo

end







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kiiza bosco8 years ago
    nyakwigendera imana Imuhe iruhu ko ridashira
  • Nicole8 years ago
    Tonzi burya uravanze so numuhutu nabasaza bawe nsabona aruko. Mama wawe naruhukire mumahoro
  • rurangirwa ghislain 8 years ago
    imana imwakire mu nayo knd nk 'intero yacu twese tuvuga twese ko ibyago igihugu cyacu cyahuye nabyo ko bitazasubira ukundi.
  • Innocent 8 years ago
    Tonze : Pole sana. Kukwihanganisha nibyo byonyine nshoboye muraka kanya. Sinashoboye kuba mpari ... Ngo duherekeze umubyeyi. Dushimire I Mana yatumye haba closure ... Nibura umenye aho ashyinguwe ejo nejobundi wahatera akarabo. Komera.





Inyarwanda BACKGROUND