RFL
Kigali

Aritayari na Bosebabireba batewe ubwoba n’intambara zugarije amatorero batabaza Umwuka Wera-VIDEO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:28/04/2016 20:59
1


Umuhanzi Nsaguye Amiel uzwi nka Aritayari yakoranye indirimbo na Bosebabireba batabaza Umwuka Wera kugira ngo agenderere ubwoko bw’Imana kuko bwugarijwe n’ibicantege byinshi bituma benshi banamuka mu gakiza.



Muri iyi ndirimbo bise TABARA, Bosebabireba na Aritayari abahanzi babarizwa mu itorero rya ADEPR, bumvikana batakambira Imana ko yakohereza Umwuka Wera akarwanirira abakristo mu ntambara ikomeye barimo kurwana aho batukwa n’ab’isi bakabwirwa amagambo abaca intege. Hari aho bagera bakaririmba bagira bati:

Tumaze iminsi ku rugamba turasana n’umwanzi twahuriyemo n’ibibazo dukeneye ubufasha bw’Umwuka Wera. Amagambo ni menshi, ibivugwa ni byinshi dukeneye ubufasha bumwe wahaye Gidiyoni. Suka Umwuka Wera ku matorero, abashumba abapasiteri, intama, abahanzi, barasaba ubufasha bw’Umwuka Wera. Wibuke bwa bufasha wahaye Abisirayeri bageze ku nyanja bayambuka neza, natwe udufashe Mana twambuke inyanja neza. Tabara Ubwoko bwawe,turarushye turananiwe.

Tabara by Aritayari Ft Bosebabireba

Umuhanzi Aritayari mu gutabariza abakristo bari mu ntambara

Umuhanzi Aritayali yanditse iyi ndirimbo ye TABARA MANA nyuma y’aho umuhanzi Alex Dusabe ashyize indirimbo y’uyu muhanzi yitwa Ari Tayali ku rutonde rw’izidafite/zidaherekejwe n’Umwuka Wera abitangariza imbere y’abakristo ibihumbi muri ADEPR Nyarugenge. Aritayari yabwiye Inyarwanda.com ko iyi ndirimbo TABARA nta muntu ku giti cye yahimbiye ahubwo ko yayanditse atabariza abantu bose muri rusange kugirango bahabwe Umwuka Wera abayobore mu byo bakora byose.

Tabara by Aritayari Ft BosebabirebaTabara by Aritayari Ft Bosebabireba

REBA HANO TABARA INDIRIMBO YA ARITAYARI NA BOSEBABIREBA







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Manzi7 years ago
    Ahahaahaha sha nge ndabipinze kabisa amagambo arimwo nimeza rwose ariko iyi mibyinire siyo gutakamba niyabahaze baguwe neza ntiwaba urushye ugowe ngo ubyine gutya





Inyarwanda BACKGROUND