RFL
Kigali

Apotre Dr Paul Gitwaza ahamya ko abantu badatanga icyacumi n'amaturo bazisanga ari ‘Mayibobo’ mu ijuru

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:11/08/2018 11:39
13


Apotre Dr Paul Gitwaza uyobora itorero Zion Temple ku isi yibukije abakristo ko gutanga kimwe mu cumi (1/10) n'amaturo ari ingenzi cyane ku buzima bw'umukristo nyawe. Yababwiye ko umuntu udatanga icyacumi n'amaturo azisanga ari mayibobo mu ijuru.



Apotre Dr Gitwaza yatangaje ibi mu minsi ishize ubwo yabwirizaga mu rusengero rwa Zion Temple mu Gatenga. Yabikomoje ku bapasiteri bari kwigisha 'ubuntu' bakavuga ko nta mpamvu yo gusaba Imana imbabazi z'ibyaha kuko ngo Yesu yatanze imbabazi z'iteka ryose ubwo yari ku musaraba. Apotre Gitwaza yahereye aha avuga ko hari bamwe mu bapasiteri b'abanyabuntu bigisha ko gutanga amaturo atari ngombwa. 

Mu magambo y'impanuro yavuganye agahinda kenshi, Apotre Dr Gitwaza yatangaje ko kubuza umuntu gutanga kimwe mu icumi n'amaturo ari ukumuhemukira bikomeye. Yavuze ko umuntu udatanga amaturo n'icyacumi, azagera mu ijuru akisanga ari mayibobo mu gihe abatanga amaturo n'icyacumi cy'ibyo bunguka, bazaba banezerewe bikomeye mu Bwami bwo mu Ijuru. Apotre Dr Gitwaza yagize ati:

Kubuza umuntu gutura, kubuza umuntu gutanga icyacumi, ndababwiza ukuri ni ukumuhemukira bikomeye kuko azagera mu ijuru niba arigezemo asange ari umumayibobo. Abantu twese mu ijuru tuzaba tunezerewe ariko hazaba hari agahinda eternelle umuntu azaba afite n’ubwo ari mu ijuru kuko atakoreye Imana akiri ku isi.…Abantu benshi bazababazwa cyane n’uko batahawe chance (amahirwe) yo gukorera Imana. Kubuza umuntu gutangira Imana, gutanga icyacumi, gukorera Imana ni ikintu kibi cyane.

Mu Isezerano rya Kera rya Bibiliya havuga ko abantu bakwiriye gutanga icyacumi n'amaturo bishyitse ndetse ngo hari imigisha myinshi ihabwa abibitanga neza. Imana ishinja abantu kuyima ibyayo, aha iba ivuga abadatanga icyacumi n'amaturo. Mu gitabo cya Malaki 3: 8-10 haragira hati: "Mbese umuntu yakwima Imana ibyayo? Ariko mwebwe mwarabinyimye. Nyamara murabaza muti ‘Twakwimye iki?’ Mwanyimye imigabane ya kimwe mu icumi n’amaturo. Muvumwa wa muvumo kuko ishyanga ryose uko mungana mwanyimye ibyanjye. Nimuzane imigabane ya kimwe mu icumi ishyitse mubishyire mu bubiko, inzu yanjye ibemo ibyo kurya. Ngaho nimubingeragereshe, ni ko Uwiteka Nyiringabo avuga, murebe ko ntazabagomororera imigomero yo mu ijuru, nkabasukaho umugisha mukabura aho muwukwiza."

Mu isezerano rishya ubwo Yesu yari ku isi, naho dusanga abantu baratanganga amaturo ndetse Yesu ubwe yashimye uwatuye bike yari afite kuruta abakire batanze byinshi ariko bakabitanga bitangira itama. Icyakora kuri ubu hari abakristo benshi bavuga ko gutanga amaturo n'icyacumi atari bibi, ahubwo ngo impamvu bamwe batabitanga uko bikwiriye, ngo ni uko ibyo batanze biribwa n'abapasiteri mu gihe kera amaturo n'icyacumi byabaga ari iby'abatambyi n'abandi babaga mu nzu y'Imana nta kandi kazi bafite, mu gihe kuri ubu usanga abapasiteri benshi ari abacuruzi bakomeye, abandi ugasanga bafite akazi gakomeye babangikanya no kuyobora itorero.

Hari n'abakristo kandi banga gutanga icyacumi n'amaturo kubera kubihatirwa cyane n'abapasiteri ndetse hari n'abatonekwa cyane n'abapasiteri bababwira ko gutura ibiceri ari bibi kuko ngo bisakuriza Imana. Ni mu gihe Bibiliya yo isaba abantu gutanga amaturo uko bahatwa n'umutima nama wabo kandi bagatanga ibishyitse. Hari n'abakristo bavuga ko nyuma y'urupfu rwa Yesu Kristo, gutura bitakiri ngombwa kuko ngo Yesu yarangije byose, hano bashingira ku ijambo Yesu yavuze ari ku musaraba ati "Byose birarangiye". Apotre Paul Gitwaza atewe agahinda gakomeye n'abigisha ko gutura atari ngombwa muri iki gihe. Yavuze ko barimo guhemukira cyane abayoboke babo kuko bazagera mu ijuru bakisanga ari Mayibobo. Yavuze ko abigisha izo nyigisho ari 'abanyabuntu', izo nyigisho zabo akaba ari ubuyobe gusa.

Image result for Apotre Gitwaza

Apotre Gitwaza atewe agahinda n'ababuza abantu gutanga amaturo n'icyacumi,...abatabitanga ngo mu ijuru bazaba ari za 'mayibobo'

UMVA HANO APOTRE GITWAZA AVUGA KO HARI ABAZISANGA MU IJURU ARI MAYIBOBO







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Xxx5 years ago
    Hhhhh nbega gitwaza weeee ubwo kweri mayibobo zizaba mwijuru nazoziba zifite akantu ahubwo wowe urikuyashaka kungufu bakomeze bayakwime icyakumi namaturo kweri ubwo nturanyurwa?ubundise konunva mukanywa kawe hiberamo amafrang? Ijanbo ryimana ribahe ntibyoroshye
  • Uwamahoro5 years ago
    Agahinda eternelle umuntu azaba afite nubwo ari mu ijuru!!! Koko se!!! Indi nyigisho nshyashya ikaba iravutse!!! Nyamara ntago ijuru tuzaryinjiranamo impagarara zo mu mitima yacu rwose. Niba isi yaradutwikirije umwijima wayo, ijuru ryo riracyari paradizo!!!
  • athanase5 years ago
    Ntabwo icyacumi kiruta umutima wawe uretse kwirirwa gitunga bamwebwe mukirirwa mugendera muri V8 intama muyoboye zirirwa zirira .... Yezu nta V8 yagendagamo yacaga bugufi kurusha intama ze kandi nta teka yaciragaho abantu.
  • Rugaba5 years ago
    Shame on you Gitwaza!!!!!! ngo mwijuru hazabayo mayibobo, ibyo wabisomye he? muri iyo Biblia wirirwa wigisha? Ese amaturo yabaye makeya? shaka ukundi wayaka aho kubeshya? Ko uvuga ngo nturya amaturo n'ibyacumi, watubwira Salary ukorera mu mirimo isanzwe haba muri Leta cyangwa International Organisation. Iryo Juru uvuga rizabamo mayibobo si iry'Imana ubwo n'iryawe n'abemera ibyo uvuga!!!
  • yeweeee5 years ago
    ibintu byi bigabo bitungwa no kurya utwabandi koko
  • Paul Ineza5 years ago
    Inda nini muyime amayira, iguteranya n'inshuti ukaba umugaragu w' inda
  • scott5 years ago
    reka reka nagabanye imwiryo aho... niwe se uzagenera abantu ibyiciro....we se azaba nneho mayor cg president????
  • hahahaha5 years ago
    ubundi se kwavugako umuntu udatanga icyacumi azarimbuka.azaba mayibobo gute atagezeyo.njyewe numva iyo mvugo atariyo wenda atubwire icyo agamije naho ubundi ndumva nta mbobo mwijuru
  • Umugabo5 years ago
    Gitwaza mfite ibibazo 3 nshaka ku kubaza 1)ari abo wakijije, nabo waririye amafaranga, abenshi ni abahe? 2) nonese Gitwa,..ari amafaranga, cg abakristu bawe ukunda iki? urugero : umukristu utura 20.000rwf na wawundi utura 200rwf ubakunda kimwe? 3) ese icya cumi wowe utanga uba wagikuye mu bya cumi byabandi? warangiza uti utagitanga azaba imbobo, hanyuma se utanga mubyabandi batanze we nzaba ari igisambo?!
  • Sébastien kayisire 5 years ago
    bakristu bavandimwe bene data muzaze mwirinda guchira aba Apôtre urubanza kuko IMANA yonyine niyo ifite ijambo ryanyuma kubuzima bw'umuntu buri wese afite umusaraba we muzaze mwitondera kuvuga nabi abakozi b'IMANA
  • RUTSOBE JOSEPH5 years ago
    kuvugango abadatanga amaturo nibagera mwijuru bazaba mayibobo, ibyo nibitekerezo bye nkumuntu kuko ntaho byanditse muri bibiriya, icyonzi cyo nkurikije ibyanditwe muri bibiriya, abizera igitambo cya yesu bose, yesu yabahaye kwitwa abana bimana, kandi kubuntu ntacyo batanze.
  • joe5 years ago
    Uyumugabo niba iyi mvugo ariye, siwe mfiteho ikibazo; ukibazo nakigirana nuwagizwe imbata nubu bujiji asakaza muri rubanda. " amafaranga yogatsindrwa yokabyaraaa" Imana ibere u Rwanda.
  • Xxxx5 years ago
    Ariko kweri uravugango baciriye urubanza abakozi bimana.ntibagikorera imana wapi ahubwo bitwa abakunzi bi Frank ngewe binbabaza iyo bitwaza Bible wababona ukagirango n'abapaster byahese muzunva to





Inyarwanda BACKGROUND